Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hagaragajwe ibibazo bikiri muri za Poste de Santé birimo igituma hari aho uwibwe n’umurwayi bisanga hamwe

radiotv10by radiotv10
16/10/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hagaragajwe ibibazo bikiri muri za Poste de Santé birimo igituma hari aho uwibwe n’umurwayi bisanga hamwe
Share on FacebookShare on Twitter

Abasenateri bagaragaje ibibazo bikigaragara mu mikorere y’Amavuriro y’Ibanze (Poste de Santé), birimo kuba hari akora iminsi itatu gusa mu cyumweru n’akorera mu Biro by’Utugari, batanga urugero rw’aho basanze hari abaje kurega ababibye bari kumwe n’abaje kwivuza.

Byagarutsweho kuri uyu wa Gatatu tariki ya 15 Ukwakira 2025, ubwo Minisiteri y’Ubuzima yatangaga ibisobanuro mu magambo ku ngamba ziteganyijwe zo gukuraho imbogamizi zigaragara mu mikorere y’amavuriro y’ibanze.

Amavuriro y’Ibanze yashyizweho mu rwego rwo kwegereza abaturage serivise zoroshye ndetse Minisiteri y’Ubuzima igaragaza ko 90% by’Abanyarwanda babona serivise z’ubuzima ku rwego rw’Amavuriro y’Ibanze n’Ibigo Nderabuzima no mu Bajyanama b’Ubuzima.

Umubare w’abakenera izo serivise mu Mavuriro y’Ibanze wavuye ku baturage 71 212 muri 2017 ugera ku baturage miliyoni 3 963 545 muri 2024.

Ubwo abasenateri bari mu gikorwa cyo gusura abaturage harebwa ibikorwa mu guteza imbere ayo mavuriro, basanze harimo ibibazo byo kuba hari adafite abaganga, umuriro, amazi ndetse n’ibindi.

Senateri Umuhire Adrie yagize ati “Twasanze Amavuriro y’Ibanze angana na 50 ku ijana acungwa n’Ibigo Nderabuzima. Ayo mavuriro akora hagati y’iminsi ibiri n’itatu mu cyumweru, bityo kudakora iminsi yose bikaba bibangamiye abaturage kuko baza kwivuza bakabura ababavura bigatuma ivuriro abaturage baritakariza icyizere cyangwa bagahitamo kurwarira mu rugo, ikindi usanga umuganga umwe ari we ukurikirana indwara zose.”

Senateri Nyinawamwiza Laétitia na we yagize ati “Hari aho ugera ugasanga abaturage ni benshi baririrwa batonze imirongo bari mu Kagari ahatangirwa serivise zindi z’Akagari, ugasanga uwaje kurega abamwibye n’uwaje kwivuza bose bari hamwe.”

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima, Dr. Yvan Butera yavuze ko ibyo bibazo biri gushakirwa ibisubizo.

Ati “Ikibazo cy’abaganga bacye ntabwo kiri mu Mavuriro y’Ibanze gusa, ni no mu Bigo Nderabuzima no mu Bitaro, dufite abaganga bacye muri rusange mu Gihugu. Dufite ingamba yuko mu myaka itatu iri imbere abaganga bazaba bariyongereye bikazakemura ibibazo byose tubona mu rwego rw’ubuvuzi muri rusange harimo n’amavuriro y’ibanze.

Ku kijyanye n’amavuriro akorera mu Biro by’Utugari dufite gahunda yo kongera inyubako amavuriro akava kuri 80% akagera ku 100% ku buryo amavuriro y’ibanze yose akorera ahantu habugenewe hateganyijwe serivise z’ubuvuzi kandi tuzabigeraho kuko ubu turi gushaka ubushobozi kugira ngo tubashe kubigeraho.” 

Amavuriro y’Ibanze yavuye kuri 670 muri 2017 ubu akaba ageze ku 1 294. Biteganyijwe ko mu myaka itanu iri imbere hazubakwa Amavuriro y’Ibanze kandi agezweho 100, mu gihe 420 azavugururwa. U Rwanda rufite intego ko nibura 95% by’abagana ibigo by’ubuvuzi bajya bivuriza mu Mavuriro y’Ibanze n’Ibigo Nderabuzima.

Emelyne MBABAZI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × one =

Previous Post

Nyuma yuko Amavubi yongeye gutenguha Abanyarwanda harakurikiraho iki?

Next Post

Amakuru agezweho mu Ikipe iyoboye Shampiyona y’u Rwanda

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru agezweho mu Ikipe iyoboye Shampiyona y’u Rwanda

Amakuru agezweho mu Ikipe iyoboye Shampiyona y’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.