Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Rayon imazemo iminsi ibibazo ubu iravugwamo inkuru nziza yashimisha abafana

radiotv10by radiotv10
17/10/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Rayon imazemo iminsi ibibazo ubu iravugwamo inkuru nziza yashimisha abafana
Share on FacebookShare on Twitter

Rutahizamu Fall Ngagne wa Rayon Sports wayifashije mu mwaka w’imikino ushize agashimisha abafana bayo, wari umaze amezi 10 mu mvune, na Ndikumana Asman wari umaze ibyumweru bitatu, basubukuye imyitozo, ndetse barizeza abakunzi b’iyi kipe ko bazabaha ibyishimo.

Tariki 11 Mutarama 2025 ni bwo Rutahizamu Fall Ngagne yagize ikibazo cy’umutsi ubwo Rayon Sports yatsindwaga na Mukura ibitego 2-1, mu gihe Ndikumana Asman we yavunitse tariki 29 Nzeri 2025 ubwo Rayon yatsindwaga na Singida yo muri Tanzania mu marushanwa Nyafurika.

Mu kanyamuneza, Ndikumana Asman na Fall Ngagne basubukuye imyitozo bakoranye na bagenzi babo mu Nzove. Bakoze imyitozo yoroheje yo gukora ku mipira ndetse bahabwa iminota mike mu myitozo rusange.

Mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10, Ndikumana Asman yavuze ko yagarutse mu myitozo kuko iminsi yari yahawe n’abaganga yarangiye.

Ati “Natangiye imyitozo kuko ibyumweru bitatu nari nahawe na muganga kuko ikibazo nagize mu kuboko kw’ibumoso byarangiye. Ndumva niteguye umutoza aramutse angiriye icyizere nakina.”

Rutahizamu Fall Ngagne umaze igihe kirekire adakina we yagize ati “Ntibaba byoroshye kumara amezi menshi udakina, uhora wifuza kuba mu kibuga gufasha ikipe yawe, ariko nanone ugomba kumvira abaganga. Ndumva narakize neza, meze neza mu myitozo, gusa ntegereje uruhushya rwa nyuma rwa muhanga kugira ngo nongere kugaruka mu kibuga.”

Yakomeje avuga ko intego ye ari ukugaruka mu bihe bya vuba no gufasha Rayon Sports gukomeza kwitwara neza mu mikino iri imbere.

Ati “Nifuza kugaruka nshyize imbaraga nyinshi mu ikipe. Niteguye gutanga ibyo nshoboye byose kugira ngo dutsinde kandi dushimishe n’abafana bacu.”

Rayon Sports idafite umutoza mukuru wayo wahagaritswe mu gihe cy’ukwezi, irakira Rutsiro FC kuri uyu wa Gatandatu tariki 18 Ukwakira 2025 kuri Kigali Pele Stadium.

Fall Ngagne yari akumbuwe n’abafana
Ndikumana yasubukuye imyitozo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 5 =

Previous Post

Ikibazo cyavuzwe hagati y’abashumba n’abahinzi muri Rubavu gikomeje kuba agatereranzamba

Next Post

Ubutumwa bwa Kapiteni w’Ikipe y’u Rwanda nyuma y’umusaruro utarishimiwe

Related Posts

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

by radiotv10
22/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo n'Imyidagaduro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Didier Budimbu, yashyikirije igihembo cy’imodoka nshyashya yo mu bwoko bwa...

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

by radiotv10
21/01/2026
0

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah yahumurije abakunzi b’iyi kipe bamaze kwiheba ko batakiri mu makipe ahatanira igikombe cya...

Menya ibihembo bitubutse byahawe abakinnyi ba Senegal nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika

Menya ibihembo bitubutse byahawe abakinnyi ba Senegal nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Perezida wa Senegal, Bassirou Diomaye yakiriye ikipe y’iki Gihugu nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika, ayigenera ibihembo binyuranye, birimo agashimwe...

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

by radiotv10
20/01/2026
0

Umukinnyi wa Real Madrid n'Ikipe y'Igihugu ya Maroc, Brahim Diaz wahushije penalitiki ku mukino wa nyuma w'Igikombe cya Afurika, yanditse...

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

by radiotv10
20/01/2026
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryemeje ko igitego cyanzwe cya APR FC mu mukino wayihuje na El Merrikh SC,...

IZIHERUKA

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yamazeho igihe
MU RWANDA

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yamazeho igihe

by radiotv10
22/01/2026
0

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi

Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi

22/01/2026
Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubutumwa bwa Kapiteni w’Ikipe y’u Rwanda nyuma y’umusaruro utarishimiwe

Ubutumwa bwa Kapiteni w’Ikipe y’u Rwanda nyuma y’umusaruro utarishimiwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yamazeho igihe

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.