Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Rayon imazemo iminsi ibibazo ubu iravugwamo inkuru nziza yashimisha abafana

radiotv10by radiotv10
17/10/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Rayon imazemo iminsi ibibazo ubu iravugwamo inkuru nziza yashimisha abafana
Share on FacebookShare on Twitter

Rutahizamu Fall Ngagne wa Rayon Sports wayifashije mu mwaka w’imikino ushize agashimisha abafana bayo, wari umaze amezi 10 mu mvune, na Ndikumana Asman wari umaze ibyumweru bitatu, basubukuye imyitozo, ndetse barizeza abakunzi b’iyi kipe ko bazabaha ibyishimo.

Tariki 11 Mutarama 2025 ni bwo Rutahizamu Fall Ngagne yagize ikibazo cy’umutsi ubwo Rayon Sports yatsindwaga na Mukura ibitego 2-1, mu gihe Ndikumana Asman we yavunitse tariki 29 Nzeri 2025 ubwo Rayon yatsindwaga na Singida yo muri Tanzania mu marushanwa Nyafurika.

Mu kanyamuneza, Ndikumana Asman na Fall Ngagne basubukuye imyitozo bakoranye na bagenzi babo mu Nzove. Bakoze imyitozo yoroheje yo gukora ku mipira ndetse bahabwa iminota mike mu myitozo rusange.

Mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10, Ndikumana Asman yavuze ko yagarutse mu myitozo kuko iminsi yari yahawe n’abaganga yarangiye.

Ati “Natangiye imyitozo kuko ibyumweru bitatu nari nahawe na muganga kuko ikibazo nagize mu kuboko kw’ibumoso byarangiye. Ndumva niteguye umutoza aramutse angiriye icyizere nakina.”

Rutahizamu Fall Ngagne umaze igihe kirekire adakina we yagize ati “Ntibaba byoroshye kumara amezi menshi udakina, uhora wifuza kuba mu kibuga gufasha ikipe yawe, ariko nanone ugomba kumvira abaganga. Ndumva narakize neza, meze neza mu myitozo, gusa ntegereje uruhushya rwa nyuma rwa muhanga kugira ngo nongere kugaruka mu kibuga.”

Yakomeje avuga ko intego ye ari ukugaruka mu bihe bya vuba no gufasha Rayon Sports gukomeza kwitwara neza mu mikino iri imbere.

Ati “Nifuza kugaruka nshyize imbaraga nyinshi mu ikipe. Niteguye gutanga ibyo nshoboye byose kugira ngo dutsinde kandi dushimishe n’abafana bacu.”

Rayon Sports idafite umutoza mukuru wayo wahagaritswe mu gihe cy’ukwezi, irakira Rutsiro FC kuri uyu wa Gatandatu tariki 18 Ukwakira 2025 kuri Kigali Pele Stadium.

Fall Ngagne yari akumbuwe n’abafana
Ndikumana yasubukuye imyitozo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + 2 =

Previous Post

Ikibazo cyavuzwe hagati y’abashumba n’abahinzi muri Rubavu gikomeje kuba agatereranzamba

Next Post

Ubutumwa bwa Kapiteni w’Ikipe y’u Rwanda nyuma y’umusaruro utarishimiwe

Related Posts

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

by radiotv10
29/01/2026
0

Nubwo Umuyobozi wa APR FC Brig Gen Deo Rusanganwa abihakana, amakuru ava imbere mu ikipe ya Al Hilal aremeza ko...

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

by radiotv10
29/01/2026
0

Impuzamashyihamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika CAF, yatangaje ibihano byafashwe ku mpande zombi kuri Maroc na Senegal, kubera imvururu zabaye ku...

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Ikipe ya APR FC yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Ubutwari cya 2026 nyuma yo gutsinda As Kigali ibitego 3-0...

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

by radiotv10
28/01/2026
0

Nyuma y'iminsi ari mu biruhuko iwabo mu Gihugu cya Cameroun yagiyemo nyuma y'imvune, Aziz Bassané Koulagna yagarutse mu ikipe ye...

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

by radiotv10
26/01/2026
0

Rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, uheruka gutandukana n’ikipe ya Rayon Sports, yerekeje mu ikipe ya AS Kigali, aho yasinye amasezerano y’amezi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubutumwa bwa Kapiteni w’Ikipe y’u Rwanda nyuma y’umusaruro utarishimiwe

Ubutumwa bwa Kapiteni w’Ikipe y’u Rwanda nyuma y’umusaruro utarishimiwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.