Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Rayon imazemo iminsi ibibazo ubu iravugwamo inkuru nziza yashimisha abafana

radiotv10by radiotv10
17/10/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Rayon imazemo iminsi ibibazo ubu iravugwamo inkuru nziza yashimisha abafana
Share on FacebookShare on Twitter

Rutahizamu Fall Ngagne wa Rayon Sports wayifashije mu mwaka w’imikino ushize agashimisha abafana bayo, wari umaze amezi 10 mu mvune, na Ndikumana Asman wari umaze ibyumweru bitatu, basubukuye imyitozo, ndetse barizeza abakunzi b’iyi kipe ko bazabaha ibyishimo.

Tariki 11 Mutarama 2025 ni bwo Rutahizamu Fall Ngagne yagize ikibazo cy’umutsi ubwo Rayon Sports yatsindwaga na Mukura ibitego 2-1, mu gihe Ndikumana Asman we yavunitse tariki 29 Nzeri 2025 ubwo Rayon yatsindwaga na Singida yo muri Tanzania mu marushanwa Nyafurika.

Mu kanyamuneza, Ndikumana Asman na Fall Ngagne basubukuye imyitozo bakoranye na bagenzi babo mu Nzove. Bakoze imyitozo yoroheje yo gukora ku mipira ndetse bahabwa iminota mike mu myitozo rusange.

Mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10, Ndikumana Asman yavuze ko yagarutse mu myitozo kuko iminsi yari yahawe n’abaganga yarangiye.

Ati “Natangiye imyitozo kuko ibyumweru bitatu nari nahawe na muganga kuko ikibazo nagize mu kuboko kw’ibumoso byarangiye. Ndumva niteguye umutoza aramutse angiriye icyizere nakina.”

Rutahizamu Fall Ngagne umaze igihe kirekire adakina we yagize ati “Ntibaba byoroshye kumara amezi menshi udakina, uhora wifuza kuba mu kibuga gufasha ikipe yawe, ariko nanone ugomba kumvira abaganga. Ndumva narakize neza, meze neza mu myitozo, gusa ntegereje uruhushya rwa nyuma rwa muhanga kugira ngo nongere kugaruka mu kibuga.”

Yakomeje avuga ko intego ye ari ukugaruka mu bihe bya vuba no gufasha Rayon Sports gukomeza kwitwara neza mu mikino iri imbere.

Ati “Nifuza kugaruka nshyize imbaraga nyinshi mu ikipe. Niteguye gutanga ibyo nshoboye byose kugira ngo dutsinde kandi dushimishe n’abafana bacu.”

Rayon Sports idafite umutoza mukuru wayo wahagaritswe mu gihe cy’ukwezi, irakira Rutsiro FC kuri uyu wa Gatandatu tariki 18 Ukwakira 2025 kuri Kigali Pele Stadium.

Fall Ngagne yari akumbuwe n’abafana
Ndikumana yasubukuye imyitozo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − 4 =

Previous Post

Ikibazo cyavuzwe hagati y’abashumba n’abahinzi muri Rubavu gikomeje kuba agatereranzamba

Next Post

Ubutumwa bwa Kapiteni w’Ikipe y’u Rwanda nyuma y’umusaruro utarishimiwe

Related Posts

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
06/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports y'abagore (WFC) yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya 2025-2026, kiba icya gatatu itwaye yikurikiranya, cyaje giherekejwe na...

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

by radiotv10
03/04/2026
0

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye...

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

by radiotv10
02/04/2026
0

Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Joseph-Antoine Bell, yagiriye inama mugenzi we Andre Onana yo kudasubira mu ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester...

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

by radiotv10
01/04/2026
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze umunsi w’ikiruhuko rusange, nyuma yuko ikipe y’iki Gihugu ‘Léopards’ itsinze iya Jamaica...

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

by radiotv10
31/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko umutoza Haringingo Francis yongeye kugaruka muri iyi kipe nk’Umutoza Mukuru nyuma y'iminsi irenga 1...

IZIHERUKA

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje
MU RWANDA

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

by radiotv10
10/04/2026
0

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

09/04/2026
Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubutumwa bwa Kapiteni w’Ikipe y’u Rwanda nyuma y’umusaruro utarishimiwe

Ubutumwa bwa Kapiteni w’Ikipe y’u Rwanda nyuma y’umusaruro utarishimiwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.