• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

radiotv10by radiotv10
17/10/2025
in MU RWANDA
0
Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye
Share on FacebookShare on Twitter

Inzego z’umutekano n’iz’ibanze ziri gushakisha umusore wo mu Murenge wa Munyiginya mu Karere ka Rwamagana, watorotse nyuma yo gukekwaho gutera icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye, akitaba Imana.

Ubu bugizi bwa nabi bukekwa kuri uyu musore witwa Bizumuremyi Faustin bakunze kwita Kidumu uri mu kigero cy’imyaka 30 y’amavuko, bwabaye mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatanu tariki 17 Ukwakira 2025 ahagana saa cyenda z’igicuku.

Ni ubwicanyi bwabereye mu Mudugudu wa Kabasha, Akagari ka Nyarubuye mu Murenge wa Munyiginya aho uyu mukobwa witwa Emelyne w’imyaka 18 yari yaraye aho uyu musore acumbitse.

Abaturage bo muri aka gace, bavuga ko muri icyo gicuku bumvise induru, bakihutira gutabara bajyanye n’irondo, ari na bwo uwo musore yabumvaga agahita atoroka nyuma yo gutera icyuma uwo mukobwa agasiga atarashiramo umwuka.

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Rwamagana ushinzwe Iterambere ry’ubukungu, Kagabo Richards Rwamunono yemereye RADIOTV10 ko ubu bugizi bwakozwe saa munani na mirongo ine n’itatu (02:43’) zo mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatanu.

Uyu muyobozi yavuze ko ibi byabaye “ubwo victim (nyakwigendera) yari yaraye kwa suspect (ukekwa). Uwakomerekejwe yavugije induru abanyerondo bahageze ukekwa ariruka, bahageze basanga icyuma kiri ku buriri huzuye n’amaraso.”

Uyu muyobozi avuga ko nyakwigendera yabaje kujyanwa kwa muganga n’imbangukiragutabara mu Bitaro bya Rwamagana, agezeyo ahita yitaba Imana.

Kugeza ubu ntiharamenyekana icyatumye uyu Bizumuremyi Faustin atera icyuma uyu mukobwa bivugwa ko yari umukunzi we, ndetse amakuru akavuga ko nyakwigendera yahise ashyingurwa mu cyubahiro.

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × five =

Previous Post

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

Next Post

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.