• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abamwifurija isabukuru nziza y’amavuko

radiotv10by radiotv10
24/10/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abamwifurija isabukuru nziza y’amavuko
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashimiye abamwifurije isabukuru nziza y’amavuko, ababwira ko na we byamushimishije, anabifuriza umugisha.

Kuri uyu wa Kane tariki 23 Ukwakira, Abanyarwanda ndetse n’abandi benshi mu nguni zose z’Isi, bifurije Perezida Paul Kagame isabukuru nziza y’amavuko, aho yujuje imyaka 68.

Mu butumwa bwongera kwibutsa ibigwi n’ubutwari byaranze Perezida Paul Kagame, abantu benshi bagiye banyura ku mbuga nkoranyambaga, bakamwifuriza ibyiza mu mwaka mushya yinjiyemo.

Umukuru w’u Rwanda, na we mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga, yashimiye abantu bose bafashe umwanya wabo bakamwifuriza isabukuru nziza.

Yagize ati “Ku nshuti nyinshi, abayobozi ndetse n’abandi bose banyifurije ibyiza ntabashije kumenya buri wese, ndifuza kubashimira byimazeyo ku bwo kunyifuriza isabukuru nziza. Muhabwe umugisha.”

Perezida Paul Kagame yavutse tariki 23 Ukwakira 1957, avukira mu Karere ka Ruhango mu Ntara y’Amajyepfo, mu muryango wa Deogratias Rutagambwa na Asteria Bisinda.

Kubera amateka mabi y’ubutegetsi bubi bwariho muri icyo gihe, Perezida Kagame yakuriye mu buhunzi muri Uganda, akurana ubwenge n’ubushishozi bihambaye, aho kuva ku myaka 15 ari mu batekerezaga kure bibaza uko Abanyarwanda bari barambuwe uburenganzira bwo kuba mu Gihugu cyabo, bazongera kububona.

We na bagenzi be, mu kubyiruka kwabo, bakomeje gutekereza icyakorwa, ndetse bajyenda begeranya ibitekerezo n’imbaraga, kugeza mu 1990 ubwo hatangizwaga urugamba rwo kwibohora, yagizemo uruhare, dore ko ari we waruyoboye.

Uretse ibigwi byo kuyobora urugamba rwo Kwibohora no guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi, Perezida Paul Kagame yanabaye indorerwamo ya benshi kubera imiyoborere ye ihanitse mu bushishozi, no kongera kubaka Igihugu cy’u Rwanda cyari cyamaze kuba umuyonga, ariko ubu kikaba ari intangarugero mu ruhando mpuzamahanga, byose bishinze imizi ku miyoborere myiza ya Perezida Paul Kagame.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 4 =

Previous Post

Are workplaces in Rwanda becoming more Gender-Inclusive?

Next Post

Friday Debate: Should weekends be longer?

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Friday Debate: Should weekends be longer?

Friday Debate: Should weekends be longer?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.