Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abamwifurija isabukuru nziza y’amavuko

radiotv10by radiotv10
24/10/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abamwifurija isabukuru nziza y’amavuko
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashimiye abamwifurije isabukuru nziza y’amavuko, ababwira ko na we byamushimishije, anabifuriza umugisha.

Kuri uyu wa Kane tariki 23 Ukwakira, Abanyarwanda ndetse n’abandi benshi mu nguni zose z’Isi, bifurije Perezida Paul Kagame isabukuru nziza y’amavuko, aho yujuje imyaka 68.

Mu butumwa bwongera kwibutsa ibigwi n’ubutwari byaranze Perezida Paul Kagame, abantu benshi bagiye banyura ku mbuga nkoranyambaga, bakamwifuriza ibyiza mu mwaka mushya yinjiyemo.

Umukuru w’u Rwanda, na we mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga, yashimiye abantu bose bafashe umwanya wabo bakamwifuriza isabukuru nziza.

Yagize ati “Ku nshuti nyinshi, abayobozi ndetse n’abandi bose banyifurije ibyiza ntabashije kumenya buri wese, ndifuza kubashimira byimazeyo ku bwo kunyifuriza isabukuru nziza. Muhabwe umugisha.”

Perezida Paul Kagame yavutse tariki 23 Ukwakira 1957, avukira mu Karere ka Ruhango mu Ntara y’Amajyepfo, mu muryango wa Deogratias Rutagambwa na Asteria Bisinda.

Kubera amateka mabi y’ubutegetsi bubi bwariho muri icyo gihe, Perezida Kagame yakuriye mu buhunzi muri Uganda, akurana ubwenge n’ubushishozi bihambaye, aho kuva ku myaka 15 ari mu batekerezaga kure bibaza uko Abanyarwanda bari barambuwe uburenganzira bwo kuba mu Gihugu cyabo, bazongera kububona.

We na bagenzi be, mu kubyiruka kwabo, bakomeje gutekereza icyakorwa, ndetse bajyenda begeranya ibitekerezo n’imbaraga, kugeza mu 1990 ubwo hatangizwaga urugamba rwo kwibohora, yagizemo uruhare, dore ko ari we waruyoboye.

Uretse ibigwi byo kuyobora urugamba rwo Kwibohora no guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi, Perezida Paul Kagame yanabaye indorerwamo ya benshi kubera imiyoborere ye ihanitse mu bushishozi, no kongera kubaka Igihugu cy’u Rwanda cyari cyamaze kuba umuyonga, ariko ubu kikaba ari intangarugero mu ruhando mpuzamahanga, byose bishinze imizi ku miyoborere myiza ya Perezida Paul Kagame.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × four =

Previous Post

Are workplaces in Rwanda becoming more Gender-Inclusive?

Next Post

Friday Debate: Should weekends be longer?

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Friday Debate: Should weekends be longer?

Friday Debate: Should weekends be longer?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.