Wednesday, December 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umuti uzarandura ikibazo cy’imisifurire kiri mu bizambya ruhago nyarwanda uri mu nzira

radiotv10by radiotv10
24/10/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Umuti uzarandura ikibazo cy’imisifurire kiri mu bizambya ruhago nyarwanda uri mu nzira
Share on FacebookShare on Twitter

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko riri mu biganiro na FIFA kugira ngo shampiyona yo mu Rwanda itangire gukoreshwamo ikoranabuhanga rya VAR ryitezweho kurandura ibibazo by’imisifurire bimaze igihe byijujutirwa.

Byatangajwe na Visi Perezida akaba n’Umunyamabanga Mukuru wa FERWAFA, Mugisha Richard, wanaboneyeho kwihanangiriza abasifuzi bakora amakosa nkana, anizeza Abanyarwanda ko hashyizweho ingamba nshya zigamije gutuma imisifurire igenda neza kurushaho.

Mugisha yavuze ko kimwe mu bibazo bikigaragara mu basifuzi, ari icy’imyitozo ngororamubiri, aho benshi batsindwa n’ibizamini bya “test physique” bitewe n’imyitwarire yabo idahwitse.

Yagize ati “Dufite ikibazo ko mu bibazo byose tugira by’abasifuzi, aho batsindwa igeragezwa abenshi ikibatsinda ni ubushobozi bw’umubiri. Kandi kuyitsinda bisaba ikinyabupfura, kuko hari abahora batsindwa. Ikibazo gikomeye ni uko uwatsinzwe uyu munsi ejo tukamwohereza muri Kenya agatsinda, ariko iyo mitekerereze n’iyo migirire yawe ejo iraguhinduka ikibazo mu mikino ya shampiyona aho abakinnyi bagendera ku muvuduko uri hejuru.”

Mu rwego rwo gukemura ibibazo by’imisifurire, Mugisha yatangaje ko FERWAFA iri mu biganiro bigeze kure na FIFA kugira ngo mu Rwanda hazanwe ikoranabuhanga rya VAR (Video Assistant Referee) binyuze muri gahunda ya FIFA Forward.

Ati “Turimo kuganira na FIFA muri gahunda ya FIFA Forward. Amavugurura ari kugenda neza, kandi turifuza ko twahabwa ikoranabuhanga rya VAR ryavumbuwe vuba. Nibiba byemejwe ndetse ubushobozi bukaboneka, ni ikintu twifuza ko cyaza vuba cyane, kuko turebye imikino yacu iva ku wa Gatanu kugeza ku Cyumweru, VAR enye zadufasha kandi bishoboka ko twabitangira umwaka utaha.”

Yanagarutse ku kibazo cya ruswa mu misifurire, avuga ko FERWAFA iri hafi kugirana amasezerano n’inzego zishinzwe iperereza, harimo RIB, mu rwego rwo kurwanya ibikorwa bibi byose bijyanye n’umupira w’amaguru.

Ati “Hari amasezerano tumaze gukora, ayo Perezida azayasinyana na RIB. Ndabivuga si imisifurire gusa, ndavuga ibyaha byose bikorwa n’abakinnyi cyangwa abandi bari mu mupira. Hari ibiboneka bigoranye, keretse inzego zibifitiye ubushobozi zigufashije.”

Mugisha Richard avuga ko amategeko agenga imisifurire azavugururwa bitarenze uyu mwaka, kugira ngo akazi k’abasifuzi karusheho gukorwa neza no mu mucyo.

Aime Augustin
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + 6 =

Previous Post

Impanuka ikomeye yatewe n’ipikipiki yatumye benshi bitaba Imana mu Buhindi

Next Post

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Related Posts

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

by radiotv10
09/12/2025
0

Uwari Umuyobozi w’ikipe ya APR FC, Brigadier General Déo RUSANGANWA, ntakiri kuri uyu mwanya kubera izindi nshingano z’akazi ke ka...

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

by radiotv10
09/12/2025
0

Rutahizamu wa Police FC n’Ikipe y’Igihugu Amavubi, Byiringiro Lague yifurije umugore we isabukuru nziza y’imyaka ine bamaze bakoze ubukwe bemeranyijwe...

Umunsi Rayon na APR zizongera gukiniraho wamenyekanye noneho uzasiga imwe yegukanye igikombe

Umunsi Rayon na APR zizongera gukiniraho wamenyekanye noneho uzasiga imwe yegukanye igikombe

by radiotv10
09/12/2025
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje itariki izakinirwaho umukino wa Super Cup uzahuza ikipe ya APR FC na Rayon...

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

by radiotv10
07/12/2025
0

Ikipe ya Police FC yanganyije na APR FC 0-0 mu mukino wari uryoheye ijisho w’umunsi wa 10 wa Shampiyona y’Icyiciro...

Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,…-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by’uko bayisanze

Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,…-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by’uko bayisanze

by radiotv10
05/12/2025
0

Nyuma y’ihererekanyabubasha, Perezida wa Komite y'Inzibacyuho ya Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yatangaje ko bahawe ikipe ifite amadeni arenga miliyoni 260...

IZIHERUKA

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu
FOOTBALL

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

by radiotv10
09/12/2025
0

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

09/12/2025
Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

09/12/2025
AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

09/12/2025
Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

09/12/2025
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

09/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.