Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umuti uzarandura ikibazo cy’imisifurire kiri mu bizambya ruhago nyarwanda uri mu nzira

radiotv10by radiotv10
24/10/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Umuti uzarandura ikibazo cy’imisifurire kiri mu bizambya ruhago nyarwanda uri mu nzira
Share on FacebookShare on Twitter

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko riri mu biganiro na FIFA kugira ngo shampiyona yo mu Rwanda itangire gukoreshwamo ikoranabuhanga rya VAR ryitezweho kurandura ibibazo by’imisifurire bimaze igihe byijujutirwa.

Byatangajwe na Visi Perezida akaba n’Umunyamabanga Mukuru wa FERWAFA, Mugisha Richard, wanaboneyeho kwihanangiriza abasifuzi bakora amakosa nkana, anizeza Abanyarwanda ko hashyizweho ingamba nshya zigamije gutuma imisifurire igenda neza kurushaho.

Mugisha yavuze ko kimwe mu bibazo bikigaragara mu basifuzi, ari icy’imyitozo ngororamubiri, aho benshi batsindwa n’ibizamini bya “test physique” bitewe n’imyitwarire yabo idahwitse.

Yagize ati “Dufite ikibazo ko mu bibazo byose tugira by’abasifuzi, aho batsindwa igeragezwa abenshi ikibatsinda ni ubushobozi bw’umubiri. Kandi kuyitsinda bisaba ikinyabupfura, kuko hari abahora batsindwa. Ikibazo gikomeye ni uko uwatsinzwe uyu munsi ejo tukamwohereza muri Kenya agatsinda, ariko iyo mitekerereze n’iyo migirire yawe ejo iraguhinduka ikibazo mu mikino ya shampiyona aho abakinnyi bagendera ku muvuduko uri hejuru.”

Mu rwego rwo gukemura ibibazo by’imisifurire, Mugisha yatangaje ko FERWAFA iri mu biganiro bigeze kure na FIFA kugira ngo mu Rwanda hazanwe ikoranabuhanga rya VAR (Video Assistant Referee) binyuze muri gahunda ya FIFA Forward.

Ati “Turimo kuganira na FIFA muri gahunda ya FIFA Forward. Amavugurura ari kugenda neza, kandi turifuza ko twahabwa ikoranabuhanga rya VAR ryavumbuwe vuba. Nibiba byemejwe ndetse ubushobozi bukaboneka, ni ikintu twifuza ko cyaza vuba cyane, kuko turebye imikino yacu iva ku wa Gatanu kugeza ku Cyumweru, VAR enye zadufasha kandi bishoboka ko twabitangira umwaka utaha.”

Yanagarutse ku kibazo cya ruswa mu misifurire, avuga ko FERWAFA iri hafi kugirana amasezerano n’inzego zishinzwe iperereza, harimo RIB, mu rwego rwo kurwanya ibikorwa bibi byose bijyanye n’umupira w’amaguru.

Ati “Hari amasezerano tumaze gukora, ayo Perezida azayasinyana na RIB. Ndabivuga si imisifurire gusa, ndavuga ibyaha byose bikorwa n’abakinnyi cyangwa abandi bari mu mupira. Hari ibiboneka bigoranye, keretse inzego zibifitiye ubushobozi zigufashije.”

Mugisha Richard avuga ko amategeko agenga imisifurire azavugururwa bitarenze uyu mwaka, kugira ngo akazi k’abasifuzi karusheho gukorwa neza no mu mucyo.

Aime Augustin
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 3 =

Previous Post

Impanuka ikomeye yatewe n’ipikipiki yatumye benshi bitaba Imana mu Buhindi

Next Post

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Related Posts

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
06/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports y'abagore (WFC) yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya 2025-2026, kiba icya gatatu itwaye yikurikiranya, cyaje giherekejwe na...

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

by radiotv10
03/04/2026
0

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye...

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

by radiotv10
02/04/2026
0

Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Joseph-Antoine Bell, yagiriye inama mugenzi we Andre Onana yo kudasubira mu ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester...

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

by radiotv10
01/04/2026
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze umunsi w’ikiruhuko rusange, nyuma yuko ikipe y’iki Gihugu ‘Léopards’ itsinze iya Jamaica...

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

by radiotv10
31/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko umutoza Haringingo Francis yongeye kugaruka muri iyi kipe nk’Umutoza Mukuru nyuma y'iminsi irenga 1...

IZIHERUKA

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23
AMAHANGA

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

08/04/2026
Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.