Wednesday, December 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

radiotv10by radiotv10
25/10/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye
Share on FacebookShare on Twitter

Mu biganiro nyunguranabitekerezo mu Karere ka Kicukiro, Hon. Edda Mukabagwiza wo mu Muryango Unity Club Intwararumuri, yibukije ko kugira ngo harandurwe amacakubiri n’ingengabitekerezo ya Jenoside, hakwiye kongerwa imbaraga muri gahunda zisanzwe zihuza Abanyarwanda nka ‘Ndi Umunyarwanda’.

Muri ibi biganiro, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Kicukiro, Mutsinzi Antoine, avuga ko muri aka karere hagite imbogamizi zitandukanye zikibangamiye ubumwe n’ubudaheranwa by’abatuye ako karere.

Aragira ati: “Haracyari ingengabitekerezo ya Jenoside aho bigaragarira mu magambo asesereza mu gihe cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Muri uyu mwaka habonetse cases 10 z’ingengabitekerezo ya Jenoside, naho muri 2024 haboneka 19. Ntabwo byumvikana kandi ugasanga hari na cases tubonye mu rubyiruko. Aha rero bigaragaza ko tutaragera aho twifuza kugera, ko tugifite urugendo.”

Umuyobozi wa Prison Fellowship Rwanda, Bwana Ngaruyinka Celestin, avuga ko bakomeje gukora ubukangurambaga mu baturage kugira ngo barusheho kwimakaza ubumwe n’ubwiyunge.

Aragira ati: “Nk’abafatanyabikorwa, dufatanye mu kureba uburyo izo mbogamizi zose zarandurwa, haba mu bukangurambaga bukorwa mu bigo by’amashuri, mu rubyiruko, mu nama nk’izi z’ubumwe n’ubudaheranwa ku rwego rw’akarere, aho haba hatumiwemo inzego zitandukanye. Tugakomeza kuganira ku ngamba zatuma dushyira imbaraga mu gukomeza kubaka ubumwe bw’Abanyarwanda ndetse no kwimakaza Ndi Umunyarwanda nk’igisubizo kirambye cyo guca amacakubiri.”

Madamu Edda Mukabagwiza wari uhagarariye Unity Club Intwararumuri arasaba abaturage kurandura amacakubiri n’ingengabitekerezo ya Jenoside n’indi myumvire ishobora gutanya Abanyarwanda.

Aragira ati: “Gushimangira gahunda zireba abaturage ni ukuvuga umuganda duhuriramo kenshi, gukomeza gahunda ya Ndi Umunyarwanda n’izindi nyinshi duhuriramo nk’Abanyarwanda. Ni byiza ko dukomeza kuzishimangira. Birumvikana ko kugira ngo twimakaze ubumwe n’ubudaheranwa, tugomba kurandura amacakubiri, ingengabitekerezo ya Jenoside ndetse n’indi myumvire ishobora kudutanya.”

Kugeza ubu, Akarere ka Kicukiro gakomeje urugamba rwo kuzamura imibereho myiza y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, n’ubwo hakiri imbogamizi z’abatarubakirwa n’abandi ngo basanirwe amazu.

Imibare igaragaza ko mu mazu yabaruwe mu mwaka wa 2023 akenewe gusanwa ari 260, hamaze gusanwamo angana na 200.

Kugeza ubu, abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi batishoboye bamaze kubakirwa amazu yo kubamo muri Akarere ka Kicukiro ni 761, mu gihe hakiri n’abandi bagera kuri 200 batarubakirwa amazu yo kubamo.

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + eight =

Previous Post

Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

Next Post

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

Related Posts

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

by radiotv10
10/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo idakwiye kwegeka ku Rwanda ibikorwa byo kurenga ku gahenge, nyuma...

Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko igihe kigeze ngo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihagarike ibinyoma byayo,...

Bagaragaje amakosa yabayeho batunga agatoki kuba ntandaro yo gushyira ubuzima bwabo mu kaga

Bagaragaje amakosa yabayeho batunga agatoki kuba ntandaro yo gushyira ubuzima bwabo mu kaga

by radiotv10
10/12/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu, bavuga ko umuhanda utagira rigore utuma amazi awuturukamo aruhukira...

Volunteering, Activism and Youth Engagement in Rwanda: Who’s Involved and Why

Volunteering, Activism and Youth Engagement in Rwanda: Who’s Involved and Why

by radiotv10
10/12/2025
0

Across Rwanda, a new wave of young people is shaping the future through volunteering, activism, and community engagement. From environmental...

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

by radiotv10
09/12/2025
0

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva wahagarariye Perezida wa Repubulika Paul Kagame mu muhango w’irahira rya Perezida wa Côte...

IZIHERUKA

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho
MU RWANDA

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

by radiotv10
10/12/2025
0

Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

10/12/2025
AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
Bagaragaje amakosa yabayeho batunga agatoki kuba ntandaro yo gushyira ubuzima bwabo mu kaga

Bagaragaje amakosa yabayeho batunga agatoki kuba ntandaro yo gushyira ubuzima bwabo mu kaga

10/12/2025
Volunteering, Activism and Youth Engagement in Rwanda: Who’s Involved and Why

Volunteering, Activism and Youth Engagement in Rwanda: Who’s Involved and Why

10/12/2025
Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

09/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.