Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

radiotv10by radiotv10
25/10/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye
Share on FacebookShare on Twitter

Mu biganiro nyunguranabitekerezo mu Karere ka Kicukiro, Hon. Edda Mukabagwiza wo mu Muryango Unity Club Intwararumuri, yibukije ko kugira ngo harandurwe amacakubiri n’ingengabitekerezo ya Jenoside, hakwiye kongerwa imbaraga muri gahunda zisanzwe zihuza Abanyarwanda nka ‘Ndi Umunyarwanda’.

Muri ibi biganiro, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Kicukiro, Mutsinzi Antoine, avuga ko muri aka karere hagite imbogamizi zitandukanye zikibangamiye ubumwe n’ubudaheranwa by’abatuye ako karere.

Aragira ati: “Haracyari ingengabitekerezo ya Jenoside aho bigaragarira mu magambo asesereza mu gihe cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Muri uyu mwaka habonetse cases 10 z’ingengabitekerezo ya Jenoside, naho muri 2024 haboneka 19. Ntabwo byumvikana kandi ugasanga hari na cases tubonye mu rubyiruko. Aha rero bigaragaza ko tutaragera aho twifuza kugera, ko tugifite urugendo.”

Umuyobozi wa Prison Fellowship Rwanda, Bwana Ngaruyinka Celestin, avuga ko bakomeje gukora ubukangurambaga mu baturage kugira ngo barusheho kwimakaza ubumwe n’ubwiyunge.

Aragira ati: “Nk’abafatanyabikorwa, dufatanye mu kureba uburyo izo mbogamizi zose zarandurwa, haba mu bukangurambaga bukorwa mu bigo by’amashuri, mu rubyiruko, mu nama nk’izi z’ubumwe n’ubudaheranwa ku rwego rw’akarere, aho haba hatumiwemo inzego zitandukanye. Tugakomeza kuganira ku ngamba zatuma dushyira imbaraga mu gukomeza kubaka ubumwe bw’Abanyarwanda ndetse no kwimakaza Ndi Umunyarwanda nk’igisubizo kirambye cyo guca amacakubiri.”

Madamu Edda Mukabagwiza wari uhagarariye Unity Club Intwararumuri arasaba abaturage kurandura amacakubiri n’ingengabitekerezo ya Jenoside n’indi myumvire ishobora gutanya Abanyarwanda.

Aragira ati: “Gushimangira gahunda zireba abaturage ni ukuvuga umuganda duhuriramo kenshi, gukomeza gahunda ya Ndi Umunyarwanda n’izindi nyinshi duhuriramo nk’Abanyarwanda. Ni byiza ko dukomeza kuzishimangira. Birumvikana ko kugira ngo twimakaze ubumwe n’ubudaheranwa, tugomba kurandura amacakubiri, ingengabitekerezo ya Jenoside ndetse n’indi myumvire ishobora kudutanya.”

Kugeza ubu, Akarere ka Kicukiro gakomeje urugamba rwo kuzamura imibereho myiza y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, n’ubwo hakiri imbogamizi z’abatarubakirwa n’abandi ngo basanirwe amazu.

Imibare igaragaza ko mu mazu yabaruwe mu mwaka wa 2023 akenewe gusanwa ari 260, hamaze gusanwamo angana na 200.

Kugeza ubu, abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi batishoboye bamaze kubakirwa amazu yo kubamo muri Akarere ka Kicukiro ni 761, mu gihe hakiri n’abandi bagera kuri 200 batarubakirwa amazu yo kubamo.

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + 18 =

Previous Post

Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

Next Post

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

Related Posts

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.