• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

radiotv10by radiotv10
25/10/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye
Share on FacebookShare on Twitter

Mu biganiro nyunguranabitekerezo mu Karere ka Kicukiro, Hon. Edda Mukabagwiza wo mu Muryango Unity Club Intwararumuri, yibukije ko kugira ngo harandurwe amacakubiri n’ingengabitekerezo ya Jenoside, hakwiye kongerwa imbaraga muri gahunda zisanzwe zihuza Abanyarwanda nka ‘Ndi Umunyarwanda’.

Muri ibi biganiro, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Kicukiro, Mutsinzi Antoine, avuga ko muri aka karere hagite imbogamizi zitandukanye zikibangamiye ubumwe n’ubudaheranwa by’abatuye ako karere.

Aragira ati: “Haracyari ingengabitekerezo ya Jenoside aho bigaragarira mu magambo asesereza mu gihe cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Muri uyu mwaka habonetse cases 10 z’ingengabitekerezo ya Jenoside, naho muri 2024 haboneka 19. Ntabwo byumvikana kandi ugasanga hari na cases tubonye mu rubyiruko. Aha rero bigaragaza ko tutaragera aho twifuza kugera, ko tugifite urugendo.”

Umuyobozi wa Prison Fellowship Rwanda, Bwana Ngaruyinka Celestin, avuga ko bakomeje gukora ubukangurambaga mu baturage kugira ngo barusheho kwimakaza ubumwe n’ubwiyunge.

Aragira ati: “Nk’abafatanyabikorwa, dufatanye mu kureba uburyo izo mbogamizi zose zarandurwa, haba mu bukangurambaga bukorwa mu bigo by’amashuri, mu rubyiruko, mu nama nk’izi z’ubumwe n’ubudaheranwa ku rwego rw’akarere, aho haba hatumiwemo inzego zitandukanye. Tugakomeza kuganira ku ngamba zatuma dushyira imbaraga mu gukomeza kubaka ubumwe bw’Abanyarwanda ndetse no kwimakaza Ndi Umunyarwanda nk’igisubizo kirambye cyo guca amacakubiri.”

Madamu Edda Mukabagwiza wari uhagarariye Unity Club Intwararumuri arasaba abaturage kurandura amacakubiri n’ingengabitekerezo ya Jenoside n’indi myumvire ishobora gutanya Abanyarwanda.

Aragira ati: “Gushimangira gahunda zireba abaturage ni ukuvuga umuganda duhuriramo kenshi, gukomeza gahunda ya Ndi Umunyarwanda n’izindi nyinshi duhuriramo nk’Abanyarwanda. Ni byiza ko dukomeza kuzishimangira. Birumvikana ko kugira ngo twimakaze ubumwe n’ubudaheranwa, tugomba kurandura amacakubiri, ingengabitekerezo ya Jenoside ndetse n’indi myumvire ishobora kudutanya.”

Kugeza ubu, Akarere ka Kicukiro gakomeje urugamba rwo kuzamura imibereho myiza y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, n’ubwo hakiri imbogamizi z’abatarubakirwa n’abandi ngo basanirwe amazu.

Imibare igaragaza ko mu mazu yabaruwe mu mwaka wa 2023 akenewe gusanwa ari 260, hamaze gusanwamo angana na 200.

Kugeza ubu, abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi batishoboye bamaze kubakirwa amazu yo kubamo muri Akarere ka Kicukiro ni 761, mu gihe hakiri n’abandi bagera kuri 200 batarubakirwa amazu yo kubamo.

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + 2 =

Previous Post

Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

Next Post

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.