Friday, December 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ifatwa ry’undi murwanyi kabuhariwe wa FDLR uvugwaho ubugome ndengakamere riratanga butumwa ki?

radiotv10by radiotv10
27/10/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ifatwa ry’undi murwanyi kabuhariwe wa FDLR uvugwaho ubugome ndengakamere riratanga butumwa ki?
Share on FacebookShare on Twitter

Umusesenguzi mu bya politiki, avuga ko ifatwa ry’umurwanyi wa FDLR uzwi nka Tokyo, ari gihamya ko uyu mutwe w’iterabwoba ari ikibazo ku Rwanda nk’uko rwamye rubivuga, ndetse n’akarere ruherereyemo muri rusange.

Ntampuhwe ubusanzwe amazina ye bivugwa ko yitwa Yoweri akaba azwi cyane ku izina rya Tokyo, akaba yaravukiye mu yahoze ari Komini Kivuye ubu ni mu Karere ka Burera mu Ntara y’Amajyaruguru.

Ifatwa ryatangiye kuvugwa mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, ryemejwe na Visi Guverineri w’Intara ya Kivu ya Ruhuru mu buyobozi bwa AFC/M23, Manzi Willy mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X.

Mu butumwa bwe, Manzi yagize ati “Undi murwanyi kabuhariwe yafashwe, bikaba ari ikindi gihombo kuri Leta ya Kinshasa. Tokyo ni umugabo w’umugome.”

Manzi yakomeje avuga amarorerwa yakozwe na Ntampuhwe, aho yagize ati “Afatanyije n’abandi barimo Jean-Marie wo mu mutwe wa Nyatura, Tiger na Ignace Dunia, uyu mugabo yakoze ibyaha biteye ubwoba birimo gufata ku ngufu, ubwicanyi, no gutwika inzu zitagira ingano.”

Eric Ndushabandi, umusesenguzi mu bya politiki, yavuze ko ifatwa ry’uyu murwanyi wa FDLR, rije rikurikirana n’ifatwa ry’abandi bakomeye muri uyu mutwe urwanya u Rwanda.

Ati “Hari abandi bayobozi ba FDLR b’abasirikare bakomeye cyane bagiye bafatwa ndetse bari banazwi mu Gihugu mu gihe cya Jenoside n’ibindi. Ufashe amazina akomeye y’abayobozi ba FDLR, ririya ryaje ntari nsanzwe ndyumva ‘Tokyo’, ariko ni ikikwereka ko ubuyobozi bwayo bugenda buhindura amazina, ni ukuvuga ngo n’ejo n’ejobundi tuzabona n’abandi ba Tokyo n’abandi.”

Ndushabandi avuga ko ifatwa ry’uyu murwanyi n’abandi bamubanjirije, ari ubutumwa bukwiye kugira icyo bubwira abakunze gushidikanya ku byo u Rwanda rwavuze kuva cyera ko uyu mutwe wa FDLR uriho kandi ukorana n’ubutegetsi bwa Kinshasa.

Ati “Buriya ni ubutumwa buvuga ubwabwo ibyo Leta y’u Rwanda isanzwe ivuga ko umutwe wa FDLR ari ikibazo mu karere, ari ikibazo ku Banyekongo ubwabo, uko bakiriye abantu bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi muri iki Gihugu, bimakaza ayo matwara, bimakaza izo ngengabitekerezo, barazikwirakwiza ndetse bazigisha n’Abanyekongo bahakomoka bakavuka [Abahutu b’Abanyekongo].”

Yavuze ko uretse gucengezamo abantu iriya ngengabitekerezo ya Jenoside, uyu mutwe wa FDLR wanatumye havuka indi mitwe nk’uwa Mai-Mai na Nyatura, na yo yakomeje kurangwa n’ibikorwa by’ubugome ndengakamere bukorerwa Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi.

Mu ntangiro za Werurwe uyu mwaka, undi wari ukomeye muri FDLR, ari we Brig Gen Gakwerere Jean Baptiste, wari Umunyamabanga Mukuru w’uyu mutwe w’Iterabwoba, yashyikirijwe u Rwanda, aho yari kumwe n’abandi barwanyi 13 b’uyu mutwe.

Amasezerano y’Amahoro yasinywe hagati ya Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, y’i Washington DC muri Leta Zunze Ubumwe za America, ateganya ko uyu mutwe wa FDLR ugomba gusenywa burundu, ariko kugeza ubu, ubutegetsi bwa Kinshasa bukaba bukomeje kubyirengagiza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + nineteen =

Previous Post

Umusore ufungiye gukubita fiyanse we bitegura gukorana ubukwe havuzwe icyo yamuhoye

Next Post

Uwari Minisitiri w’Intebe muri Mali yakatiwe imyaka ibiri kubera ibyo yanditse ku mbuga nkoranyambaga

Related Posts

Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

by radiotv10
11/12/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ubwo u Burundi bwari bukomeje kongera umubare w’Ingabo muri DRC, ndetse zimwe zijya gushinga ibirindiro...

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

by radiotv10
11/12/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abakomeje kwikoreza u Rwanda ibibazo bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bakwiye kwibuka ko atari...

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

by radiotv10
11/12/2025
0

Umukozi ushinzwe imyirwarire y’abanyeshuri mu ishuri rya Saint Trinité de Ruhango riherereye mu Karere ka Ruhango, yatawe muri yombi n’Urwego...

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

by radiotv10
11/12/2025
0

The President of the Republic, Paul Kagame, said that the fighting that has been taking place in parts of South...

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

by radiotv10
11/12/2025
0

Abantu 15 barimo abaganga, n’abanyamuryango b’Ikigo cya Gisirikare cy’Ubwishingizi ku Ndwara (MMI), bakuriranyweho kunyereza amafaranga y’iki Kigo, aho batahuwe ubwo...

IZIHERUKA

Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi
MU RWANDA

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

by radiotv10
11/12/2025
0

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

11/12/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

11/12/2025
President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

11/12/2025
Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

11/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwari Minisitiri w’Intebe muri Mali yakatiwe imyaka ibiri kubera ibyo yanditse ku mbuga nkoranyambaga

Uwari Minisitiri w’Intebe muri Mali yakatiwe imyaka ibiri kubera ibyo yanditse ku mbuga nkoranyambaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.