• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umwana w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda yitabye Imana

radiotv10by radiotv10
28/10/2025
in MU RWANDA
0
Umwana w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda yitabye Imana
Share on FacebookShare on Twitter

Igikomangomakazi Spéciose Mukabayojo, umukobwa w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda hagati y’ 1896 n’ 1931, yitabiye Imana muri Kenya ari na ho yari atuye.

Urupfu rwa Spéciose Mukabayojo rwemejwe n’umuryango we, aho watangaje ko yatabarukiye mu Bitaro by’i Nairobi mu Gihugu cya Kenya, ari na ho yari atuye.

Nyakwigendera Spéciose Mukabayojo, ni mushiki w’Umwami Kigeli V Ndahindurwa watanze muri 2017, ndetse akaba yari yaje no mu muhango wo kumutabariza wabereye i Mwima ya Nyanza mu Majyepfo y’u Rwanda ahatabarizwaga Abami.

Amakuru avuga ko nyakwigendera Mukabayojo yitabye Imana mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere tariki 27 Ukwakira 2025, azize urw’ikirago n’izabukuru, dore ko yatabarutse ku myaka 93.

Spéciose Mukabayojo, ni umwana w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda hagati y’ 1896 n’ 1931 aho yaje gukorerwa mu ngata n’Umuhungu we Mutara III Rudahigwa, nyuma yuko yacirirwaga muri Congo, ari na ho yatangiye.

Mutara III Rudahigwa na we ubwo yari amaze gutanga, yasimbuwe n’umuvandimwe we Kigeli V Ndahindurwa, watanze muri 2017, aguye muri Leta Zunze Ubumwe za America, aho yari atuye.

Mushiki wabo Mukabayojo wari usigaye ari muzima mu bana ba Yuhi V Musinga, yaherukaga kugaragara mu ruhame ubwo yari yagiye gutabariza musaza we Kigeli V Ndahindurwa, akaba asize abana batandatu.

Spéciose Mukabayojo yari atuye muri Kenya
Muri 2017 yari yaje gutabariza musaza we

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − eleven =

Previous Post

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

Next Post

Technology & job displacement: Are young workers in Rwanda ready for the AI/Automation Shift?

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Technology & job displacement: Are young workers in Rwanda ready for the AI/Automation Shift?

Technology & job displacement: Are young workers in Rwanda ready for the AI/Automation Shift?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.