Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

radiotv10by radiotv10
29/10/2025
in MU RWANDA
0
Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko hagaragaye umwana ufite ubumuga akina umupira w’amaguru na bagenzi be batabufite akagaragaza impano idasanzwe, bigakora benshi ku mutima, Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yizeje ko agiye guhabwa ubufasha bwatuma akora neza siporo kandi akarushaho gukuza impano ye.

Ni nyuma yuko ku mbuga nkoranyambaga hagaragaye amashusho y’uyu mwana witwa Nizeyimana Theonetse wiga mu Rwunge rw’Amashuri (GS) rwa Kiramuruzi mu Karere ka Gatsibo.

Umwe mu bakoresha urubuga nkoranyambaga rwa X, wasangije abantu aya mashusho, yavuze ko nubwo umuntu yagira ubumuga ariko aba ashoboye, ati “Uyu mwana yatanze ibye byose n’umutima we ku byo akunda. Mureke dusakaze aya mashusho ku Isi hose, hari ikigiye kumukorerwa.”

Ni amashusho yakoze benshi ku mutima, kubera uburyo uyu mwana agaragaza ishyaka mu guconga ruhago nubwo afite ubumuga, kuko hari aho ajya gutera umupira akabanza gushyira hasi akagura kamugaye, anagaragaza impano yihariye.

Nizeyimana Theonetse yagaragaje impano mu guconga ruhago

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire asubiza ubu butumwa, yavuze ko bamenye amakuru y’uyu mwana wiga muri GS Kiramuruzi “ukunda siporo kandi uyikorana ishyaka n’ubwitange.”

Yakomeje agira ati “Turi gufatanya na Amputee Rwanda (Ubuyobozi bwa Shampiyona y’Umupira w’Amaguru w’Abafite Ubumuga) ndetse n’Akarere ka Gatsibo kumuha ubufasha bwatuma abasha gukora siporo neza kurushaho agakuza n’impano imurimo.”

Ubuyobozi bwa Rwanda Amputee Football Amateur, na bwo bwatangaje ko hari ikigiye gukorerwa uyu mwana kugira ngo abashe gukina neza umupira w’amaguru yagaragaje ko akunze.

Ubuyobozi bwa Rwanda Amputee Football Amateur na bwo mu butumwa bwabwo, bwagize buti “Ku bufatanye na Minisiteri ya Siporo, kuri uyu wa Gatanu RAFA izasura umunyempano Nizeyimana Theonetse wagaragaje impano idasanzwe mu guconga ruhago kugira ngo harebwe uburyo burambye bwamufasha mu gukora siporo.”

Mu mikino y’abafite ubumuga mu Rwanda, hagiye hagaragara impano zikomeye, ndetse Ikipe y’Igihugu yari yitabiriye Igikombe cya Afurika cy’Abafite ubumuga (African Para Games) muri 2023 mu mupira w’amaguru cyari cyabereye muri Ghana, yegukanye umwanya wa gatanu.

Minisitiri Nelly Mukazayire yizeje ko uyu mwana agiye gufashwa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + fourteen =

Previous Post

Minisitiri w’Intebe yagaragarije muri America ibanga u Rwanda rwakoresheje mu kubungabunga ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi

Next Post

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Related Posts

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

IZIHERUKA

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi
MU RWANDA

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.