Wednesday, October 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

radiotv10by radiotv10
29/10/2025
in MU RWANDA
0
Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko hagaragaye umwana ufite ubumuga akina umupira w’amaguru na bagenzi be batabufite akagaragaza impano idasanzwe, bigakora benshi ku mutima, Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yizeje ko agiye guhabwa ubufasha bwatuma akora neza siporo kandi akarushaho gukuza impano ye.

Ni nyuma yuko ku mbuga nkoranyambaga hagaragaye amashusho y’uyu mwana witwa Nizeyimana Theonetse wiga mu Rwunge rw’Amashuri (GS) rwa Kiramuruzi mu Karere ka Gatsibo.

Umwe mu bakoresha urubuga nkoranyambaga rwa X, wasangije abantu aya mashusho, yavuze ko nubwo umuntu yagira ubumuga ariko aba ashoboye, ati “Uyu mwana yatanze ibye byose n’umutima we ku byo akunda. Mureke dusakaze aya mashusho ku Isi hose, hari ikigiye kumukorerwa.”

Ni amashusho yakoze benshi ku mutima, kubera uburyo uyu mwana agaragaza ishyaka mu guconga ruhago nubwo afite ubumuga, kuko hari aho ajya gutera umupira akabanza gushyira hasi akagura kamugaye, anagaragaza impano yihariye.

Nizeyimana Theonetse yagaragaje impano mu guconga ruhago

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire asubiza ubu butumwa, yavuze ko bamenye amakuru y’uyu mwana wiga muri GS Kiramuruzi “ukunda siporo kandi uyikorana ishyaka n’ubwitange.”

Yakomeje agira ati “Turi gufatanya na Amputee Rwanda (Ubuyobozi bwa Shampiyona y’Umupira w’Amaguru w’Abafite Ubumuga) ndetse n’Akarere ka Gatsibo kumuha ubufasha bwatuma abasha gukora siporo neza kurushaho agakuza n’impano imurimo.”

Ubuyobozi bwa Rwanda Amputee Football Amateur, na bwo bwatangaje ko hari ikigiye gukorerwa uyu mwana kugira ngo abashe gukina neza umupira w’amaguru yagaragaje ko akunze.

Ubuyobozi bwa Rwanda Amputee Football Amateur na bwo mu butumwa bwabwo, bwagize buti “Ku bufatanye na Minisiteri ya Siporo, kuri uyu wa Gatanu RAFA izasura umunyempano Nizeyimana Theonetse wagaragaje impano idasanzwe mu guconga ruhago kugira ngo harebwe uburyo burambye bwamufasha mu gukora siporo.”

Mu mikino y’abafite ubumuga mu Rwanda, hagiye hagaragara impano zikomeye, ndetse Ikipe y’Igihugu yari yitabiriye Igikombe cya Afurika cy’Abafite ubumuga (African Para Games) muri 2023 mu mupira w’amaguru cyari cyabereye muri Ghana, yegukanye umwanya wa gatanu.

Minisitiri Nelly Mukazayire yizeje ko uyu mwana agiye gufashwa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − nine =

Previous Post

Minisitiri w’Intebe yagaragarije muri America ibanga u Rwanda rwakoresheje mu kubungabunga ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi

Next Post

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Related Posts

Minisitiri w’Intebe yagaragarije muri America ibanga u Rwanda rwakoresheje mu kubungabunga ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi

Minisitiri w’Intebe yagaragarije muri America ibanga u Rwanda rwakoresheje mu kubungabunga ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi

by radiotv10
29/10/2025
0

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva witabiriye Inama muri Leta Zunze Ubumwe za America, yagaragaje ko mu kubungabunga ibidukikije...

Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda

Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda

by radiotv10
29/10/2025
0

Impuguke mu buzima n’imiyoborere, ziravuga ko imyitwarire y’ubusinzi ikomeje kugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda ihangayikishije, zigasaba Leta kugira icyo ikora...

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Ibyavugiwe mu ibazwa ry’umusore ukurikiranyweho kwica umubyeyi we barimo basangira

by radiotv10
29/10/2025
0

Umusore w’imyaka 33 y’amavuko wo mu Murenge wa Kibirizi mu Karere ka Nyanza, akurikiranyweho kwica nyina babanaga, amuziza kuba yaranze...

Nyamagabe: Uruganda rw’abashinwa rwashyize mu kaga ubuzima bwe none arasaba ubuyobozi kubyinjiramo

Nyamagabe: Uruganda rw’abashinwa rwashyize mu kaga ubuzima bwe none arasaba ubuyobozi kubyinjiramo

by radiotv10
29/10/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Nyamagabe, aravuga ko atakibasha kubonera ibitotsi mu nzu ye yiyubakiye nyuma...

Technology & job displacement: Are young workers in Rwanda ready for the AI/Automation Shift?

Technology & job displacement: Are young workers in Rwanda ready for the AI/Automation Shift?

by radiotv10
29/10/2025
0

As technology keeps advancing, conversations about Artificial Intelligence (AI) and automation are no longer just for tech experts, they now...

IZIHERUKA

Ukuri mpamo ku modoka y’umutamenwa yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi
AMAHANGA

Ukuri mpamo ku modoka y’umutamenwa yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
29/10/2025
0

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

29/10/2025
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

29/10/2025
Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

29/10/2025
Minisitiri w’Intebe yagaragarije muri America ibanga u Rwanda rwakoresheje mu kubungabunga ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi

Minisitiri w’Intebe yagaragarije muri America ibanga u Rwanda rwakoresheje mu kubungabunga ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi

29/10/2025
Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda

Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda

29/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ukuri mpamo ku modoka y’umutamenwa yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.