Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ukuri mpamo ku modoka y’umutamenwa yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi

radiotv10by radiotv10
29/10/2025
in AMAHANGA
0
Ukuri mpamo ku modoka y’umutamenwa yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi
Share on FacebookShare on Twitter

Ifoto y’imodoka yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi bivugwa ko ari umutamenwa, yasakaye ku mbuga nkoranyambaga, ni iyo ingabo z’iki Gihugu zamurikiye Minisitiri w’Ingabo, Chantal Nijimbere uherutse kuba umugore wa mbere uhawe kuyobora iyi Minisiteri muri kiriya Gihugu.

Iyi foto yagiye isakazwa ku mbuga nkoranyambaga na bamwe mu bazikoresha, igaragaza imodoka iriho ibirango bishushanyije by’igisirikare cy’u Burundi (FDNB/ Force de Défense Nationale du Burundi).

Amakuru dukesha Radio na Televiziyo by’Igihugu mu Burundi (RTNB), ni uko iyi modoka yamurikiwe Minisitiri w’Ingabo ku wa Mbere tariki 27 Ukwakira 2025.

Iyi modoka yamuritswe n’igisirikare cy’u Burundi, ubwo Chantal Nijimbere yagiriraga uruzinduko mu bikorwa binyuranye by’Ingabo z’iki Gihugu, aherekejwe n’Umugaba Mukuru wazo.

Mu kumurika iyi modoka, igisirikare cy’u Burundi, cyavuze ko ari iya mbere ikorewe muri iki Gihugu kandi ikaba idashobora gutoborwa n’isasu.

Minisitiri Chantal Nijimbere kandi yasuye imitwe inyuranye y’igisirikare cy’u Burundi, irimo Igisirikare kirwanira ku butaka, icyo mu mazi ndetse n’icyo mu kirere.

Yanasuye kandi inzego z’ubucamanza bwa gisirikare, ndetse n’ubushinjacyaha bwacyo, yibutsa abayoboye izi nzego ko zifatiye runini ubutabera bwa gisirikare.

Chantal Nijimbere yavuze ko intego nyamukuru y’uru ruzinduko, ari uguhura n’Abagaba Bakuru b’Ingabo, ndetse n’inzego bakuriye, ndetse no kuganira uburyo barushaho kunoza kugera ku nshingano zabo.

Yagize ati “Nabonye ko buri wese ndetse n’inzego ayobora bakora ibishoboka byose kugira ngo basohoze inshingano zabo uko bikwiye bubahirije amahame n’amabwiriza y’umwuga.”

Nanone kandi iki gitangazamakuru cy’Igihugu, kivuga ko Minisitiri Nijimbere, icyamushimishije kurusha ibindi, ari ukuntu yabonye inzego za gisirikare zikorana bya hafi no guhuza imbaraga.

Minisitiri Chantal Nijimbere yagendereye igisirikare cy’u Burundi
Yanagiranye ibiganiro n’abayobozi mu ngabo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × three =

Previous Post

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

Next Post

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce
MU RWANDA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

30/01/2026
Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z'INGENZI Z'IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.