Monday, November 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ukuri mpamo ku modoka y’umutamenwa yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi

radiotv10by radiotv10
29/10/2025
in AMAHANGA
0
Ukuri mpamo ku modoka y’umutamenwa yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi
Share on FacebookShare on Twitter

Ifoto y’imodoka yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi bivugwa ko ari umutamenwa, yasakaye ku mbuga nkoranyambaga, ni iyo ingabo z’iki Gihugu zamurikiye Minisitiri w’Ingabo, Chantal Nijimbere uherutse kuba umugore wa mbere uhawe kuyobora iyi Minisiteri muri kiriya Gihugu.

Iyi foto yagiye isakazwa ku mbuga nkoranyambaga na bamwe mu bazikoresha, igaragaza imodoka iriho ibirango bishushanyije by’igisirikare cy’u Burundi (FDNB/ Force de Défense Nationale du Burundi).

Amakuru dukesha Radio na Televiziyo by’Igihugu mu Burundi (RTNB), ni uko iyi modoka yamurikiwe Minisitiri w’Ingabo ku wa Mbere tariki 27 Ukwakira 2025.

Iyi modoka yamuritswe n’igisirikare cy’u Burundi, ubwo Chantal Nijimbere yagiriraga uruzinduko mu bikorwa binyuranye by’Ingabo z’iki Gihugu, aherekejwe n’Umugaba Mukuru wazo.

Mu kumurika iyi modoka, igisirikare cy’u Burundi, cyavuze ko ari iya mbere ikorewe muri iki Gihugu kandi ikaba idashobora gutoborwa n’isasu.

Minisitiri Chantal Nijimbere kandi yasuye imitwe inyuranye y’igisirikare cy’u Burundi, irimo Igisirikare kirwanira ku butaka, icyo mu mazi ndetse n’icyo mu kirere.

Yanasuye kandi inzego z’ubucamanza bwa gisirikare, ndetse n’ubushinjacyaha bwacyo, yibutsa abayoboye izi nzego ko zifatiye runini ubutabera bwa gisirikare.

Chantal Nijimbere yavuze ko intego nyamukuru y’uru ruzinduko, ari uguhura n’Abagaba Bakuru b’Ingabo, ndetse n’inzego bakuriye, ndetse no kuganira uburyo barushaho kunoza kugera ku nshingano zabo.

Yagize ati “Nabonye ko buri wese ndetse n’inzego ayobora bakora ibishoboka byose kugira ngo basohoze inshingano zabo uko bikwiye bubahirije amahame n’amabwiriza y’umwuga.”

Nanone kandi iki gitangazamakuru cy’Igihugu, kivuga ko Minisitiri Nijimbere, icyamushimishije kurusha ibindi, ari ukuntu yabonye inzego za gisirikare zikorana bya hafi no guhuza imbaraga.

Minisitiri Chantal Nijimbere yagendereye igisirikare cy’u Burundi
Yanagiranye ibiganiro n’abayobozi mu ngabo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + eighteen =

Previous Post

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

Next Post

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Related Posts

Kimwe mu bikorwa by’ishoramari rya Kabila wabaye Perezida wa Congo kizwi cyane cyafunze imiryango

Kimwe mu bikorwa by’ishoramari rya Kabila wabaye Perezida wa Congo kizwi cyane cyafunze imiryango

by radiotv10
10/11/2025
0

Pariki yo mu Kibaya cya N’Sele izwi cyane i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, isanzwe ari iya Joseph...

Abari mu myigaragambyo muri Tanzania akabo kashobotse

Abari mu myigaragambyo muri Tanzania akabo kashobotse

by radiotv10
10/11/2025
0

Leta ya Tanzania yagejeje mu nkiko abantu amagana ibarega icyaha cya gucura umugambi wo kugambanira Igihugu, nyuma y’imyigaragambyo yabaye mu...

Umukoloneri uri mu bafasha ubutegetsi bwa Congo kurwanya M23 ari mu mazi abira

Umukoloneri uri mu bafasha ubutegetsi bwa Congo kurwanya M23 ari mu mazi abira

by radiotv10
10/11/2025
0

Colonel Fureko usanzwe akomoka mu Banyamulenge ukorana n’Umutwe wa Wazalendo na FARDC guhangana na AFC/M23, yatawe muri yombi anakorerwa iyicarubozo...

Umusirikare mu gisirikare cya Congo yishwe nyuma yo gushaka kwivugana komanda we

Umusirikare mu gisirikare cya Congo yishwe nyuma yo gushaka kwivugana komanda we

by radiotv10
10/11/2025
0

Umusirikare mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bivugwa ko yari yasinze, yishwe nyuma yo gushaka kwivugana umukuriye,...

Imyitwarire y’Igisirikare cy’u Burundi ikomeje guteza impungenge ku Banyamulenge muri Congo

Imyitwarire y’Igisirikare cy’u Burundi ikomeje guteza impungenge ku Banyamulenge muri Congo

by radiotv10
10/11/2025
0

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kohereza abandi basirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byumwihariko muri Kivu y’Epfo, aho bivugwa ko...

IZIHERUKA

Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?
SIPORO

Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?

by radiotv10
10/11/2025
0

Kimwe mu bikorwa by’ishoramari rya Kabila wabaye Perezida wa Congo kizwi cyane cyafunze imiryango

Kimwe mu bikorwa by’ishoramari rya Kabila wabaye Perezida wa Congo kizwi cyane cyafunze imiryango

10/11/2025
Abari mu myigaragambyo muri Tanzania akabo kashobotse

Abari mu myigaragambyo muri Tanzania akabo kashobotse

10/11/2025
Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

10/11/2025
Umukoloneri uri mu bafasha ubutegetsi bwa Congo kurwanya M23 ari mu mazi abira

Umukoloneri uri mu bafasha ubutegetsi bwa Congo kurwanya M23 ari mu mazi abira

10/11/2025
Umusaza wakoraga akazi ko gucukura imva bamusanze yapfuye

Umusaza wakoraga akazi ko gucukura imva bamusanze yapfuye

10/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z'INGENZI Z'IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?

Kimwe mu bikorwa by’ishoramari rya Kabila wabaye Perezida wa Congo kizwi cyane cyafunze imiryango

Abari mu myigaragambyo muri Tanzania akabo kashobotse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.