Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya umubare w’abarwanyi bose bahoze muri FDLR bamaze gutahuka mu Rwanda bavuye muri Congo

radiotv10by radiotv10
30/10/2025
in MU RWANDA
0
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye
Share on FacebookShare on Twitter

Komisiyo ishinzwe Gusezerera no Gusubiza mu buzima busanzwe abahoze ari Abasirikare, yatangaje ko mu myaka 24 (kuva muri 2001), abahoze ari abarwanyi b’umutwe wa FDLR barenga ibihumbi 12 bamaze gutahuka mu Rwanda bavuye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Byatangajwe n’iyi Komisiyo ishinzwe Gusezerera no Gusubiza mu buzima busanzwe abahoze ari Abasirikare (Rwanda Demobilization and Reintegration Commission-RDRC) kuri uyu wa Kane tariki 30 Ukwakira 2025.

Ni mu gihe n’ubundi uyu munsi hateganyijwe umuhango wo gusezerera no gusubiza mu buzima busanzwe abahoze ari abarwanyi ba FDLR bari bamaze igihe bari mu kigo cya Mutobo, aho iki gikorwa kibaye ku nshuro yacyo ya 75.

Iyi Komisiyo, ivuga ko abantu 12 602 bahoze ari abarwanyi ba FDLR “batahuse bavuye mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bagasubira mu muryango mugari w’Abanyarwanda kuva muri 2001, bakajya gutanga umusanzu wabo mu iterambere ry’Igihugu.”

Iyi komisiyo mu butumwa yatanze kuri uyu wa Kane, yakomeje ivuga ko “Ibi bigaragaza ubushake bw’u Rwanda mu gushyira imbere amahoro n’umutekano mu karere k’Ibiyaga Bigari.”

Umutwe wa FDLR, ni umuzi w’ibibazo byakunze kuba hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho iki Gihugu cy’igituranyi, gikomeje kuwutera inkunga, ndetse kikaba cyarawizeje ubufasha mu mugambi wo guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Kurandura uyu mutwe, biri mu bikubiye mu masezerano y’amahoro, Guverinoma z’ibi Bihugu byombi zasinyiye i Washington DC, ariko ubutegetsi bwa Congo bukaba bukomeje kubigaragazamo intege nke, ndetse bukajya bunyuzamo bukanavuga ko uyu mutwe utakibaho.

Maj (Rtd) Mushimiyimana Didace umaze imyaka itatu yitandukanyije na FDLR agatahuka mu Rwanda, avuga ko uyu mutwe ukiriho kandi ko ugifite imigambi mibisha ku Rwanda.

Uyu wahoze muri FDLR avuga ko kuba bamwe mu bagize uyu mutwe barakomeje kwinangira bakanga gutaha, ari ibinyoma babwirwa n’abayobozi babo.

Ati “Abantu babeshywa byinshi, babeshywa ko mu Rwanda uramutse ugezeyo bakwica, ko nta bwisanzure, ko nta bwinyagamburiro, ibyo byose rero bigatuma abari hanze batagira ubushake bwo gutaha mu Gihugu cyabo. Ni iyo mpamvu ituma ahanini abantu badataha kuko baba bafite ubwoba bababitsemo ko nibagera mu Rwanda bashobora kwicwa.”

Uyu wahoze muri FDLR wemeza ko ubwo yari akiri muri uyu mutwe banarwanaga ku ruhande rwa Congo, avuga ko akimara kugera mu Rwanda yahise abona itandukaniro na biriya binyoma babwirwaga, kuko yakiriwe neza.

Ati “Nahise mbone itandukaniro nkigera ku mupaka, kuko nasanze Abanyarwanda banyakirana urugwiro rwinshi cyane, kandi mpita mbona n’iterambere nahasanze, nasanze Igihugu cyaramaze gutera imbere.”

Maj (Rtd) Mushimiyimana avuga ko kubera umutekano n’ituze yasanze mu Rwanda, ndetse n’intambwe iki Gihugu cyari gikomeje gutera mu iterambere, yahise ajyana na ryo, ubu na we akaba amaze kugira icyo yigezaho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − 9 =

Previous Post

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

Next Post

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

Related Posts

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

The Ministry of Education in partnership with MTN Rwanda, today officially launched the Digital Skills for Digital Jobs (DSDJ) initiative,...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

IZIHERUKA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce
MU RWANDA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

30/01/2026
Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.