Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya umubare w’abarwanyi bose bahoze muri FDLR bamaze gutahuka mu Rwanda bavuye muri Congo

radiotv10by radiotv10
30/10/2025
in MU RWANDA
0
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye
Share on FacebookShare on Twitter

Komisiyo ishinzwe Gusezerera no Gusubiza mu buzima busanzwe abahoze ari Abasirikare, yatangaje ko mu myaka 24 (kuva muri 2001), abahoze ari abarwanyi b’umutwe wa FDLR barenga ibihumbi 12 bamaze gutahuka mu Rwanda bavuye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Byatangajwe n’iyi Komisiyo ishinzwe Gusezerera no Gusubiza mu buzima busanzwe abahoze ari Abasirikare (Rwanda Demobilization and Reintegration Commission-RDRC) kuri uyu wa Kane tariki 30 Ukwakira 2025.

Ni mu gihe n’ubundi uyu munsi hateganyijwe umuhango wo gusezerera no gusubiza mu buzima busanzwe abahoze ari abarwanyi ba FDLR bari bamaze igihe bari mu kigo cya Mutobo, aho iki gikorwa kibaye ku nshuro yacyo ya 75.

Iyi Komisiyo, ivuga ko abantu 12 602 bahoze ari abarwanyi ba FDLR “batahuse bavuye mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bagasubira mu muryango mugari w’Abanyarwanda kuva muri 2001, bakajya gutanga umusanzu wabo mu iterambere ry’Igihugu.”

Iyi komisiyo mu butumwa yatanze kuri uyu wa Kane, yakomeje ivuga ko “Ibi bigaragaza ubushake bw’u Rwanda mu gushyira imbere amahoro n’umutekano mu karere k’Ibiyaga Bigari.”

Umutwe wa FDLR, ni umuzi w’ibibazo byakunze kuba hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho iki Gihugu cy’igituranyi, gikomeje kuwutera inkunga, ndetse kikaba cyarawizeje ubufasha mu mugambi wo guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Kurandura uyu mutwe, biri mu bikubiye mu masezerano y’amahoro, Guverinoma z’ibi Bihugu byombi zasinyiye i Washington DC, ariko ubutegetsi bwa Congo bukaba bukomeje kubigaragazamo intege nke, ndetse bukajya bunyuzamo bukanavuga ko uyu mutwe utakibaho.

Maj (Rtd) Mushimiyimana Didace umaze imyaka itatu yitandukanyije na FDLR agatahuka mu Rwanda, avuga ko uyu mutwe ukiriho kandi ko ugifite imigambi mibisha ku Rwanda.

Uyu wahoze muri FDLR avuga ko kuba bamwe mu bagize uyu mutwe barakomeje kwinangira bakanga gutaha, ari ibinyoma babwirwa n’abayobozi babo.

Ati “Abantu babeshywa byinshi, babeshywa ko mu Rwanda uramutse ugezeyo bakwica, ko nta bwisanzure, ko nta bwinyagamburiro, ibyo byose rero bigatuma abari hanze batagira ubushake bwo gutaha mu Gihugu cyabo. Ni iyo mpamvu ituma ahanini abantu badataha kuko baba bafite ubwoba bababitsemo ko nibagera mu Rwanda bashobora kwicwa.”

Uyu wahoze muri FDLR wemeza ko ubwo yari akiri muri uyu mutwe banarwanaga ku ruhande rwa Congo, avuga ko akimara kugera mu Rwanda yahise abona itandukaniro na biriya binyoma babwirwaga, kuko yakiriwe neza.

Ati “Nahise mbone itandukaniro nkigera ku mupaka, kuko nasanze Abanyarwanda banyakirana urugwiro rwinshi cyane, kandi mpita mbona n’iterambere nahasanze, nasanze Igihugu cyaramaze gutera imbere.”

Maj (Rtd) Mushimiyimana avuga ko kubera umutekano n’ituze yasanze mu Rwanda, ndetse n’intambwe iki Gihugu cyari gikomeje gutera mu iterambere, yahise ajyana na ryo, ubu na we akaba amaze kugira icyo yigezaho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + ten =

Previous Post

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

Next Post

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

Related Posts

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
10/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa Toronto muri Canada yatangaje ku mugaragaro ko tariki 07 Mata ari umunsi mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakewe...

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

by radiotv10
10/04/2026
0

Mu gihe u Rwanda rwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bamwe mu barokotse Jenoside batuye mu...

IZIHERUKA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi
AMAHANGA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

by radiotv10
10/04/2026
0

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/2026
10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/2026
Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.