Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abiga uburezi mu Rwanda bahishuye amakuru y’urucantege bahabwa

radiotv10by radiotv10
13/11/2025
in MU RWANDA
0
Abiga uburezi mu Rwanda bahishuye amakuru y’urucantege bahabwa
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu banyeshuri biga mu mashuri nderabarezi, bavuga ko bagiye bacibwa intege babwirwa ko ayo masomo asuzuguritse, kandi ko akazi kayo gahemba amafaranga make, ariko bo bahisemo kugendera ku muhamagaro wo kuyiga kuko babikunze.

Iyo uganiriye na bamwe mu banyeshuri biga amashami atandukanye mu Ishuri Nderabarezi rya TTC Byumba de La Salle, bavuga ko bakimenya ko batsindiye kwiga muri iri shuri byabaye nk’inzozi zibaye impamo kuri bo. Icyakora ngo hari ababakunze kubacamo intege bababwira ko ibyo biga bihemba make, cyangwa ko nta cyubahiro bifite.

Igiraneza Joyeuse ati “Baduca intege bavuga ngo iyo usoje uba ugiye gukora akazi kahemba make, ngo birasuzuguritse, ngo kurya ingwa n’ibindi nk’ibyo.”

Mugisha Richard nawe ati “Benshi bari barahawe amashuri ya TVET, bakajya bambwira ngo ugiye kwiga ubwarimu, ngo tubona nta kazi.”

Umuyobozi w’iri shuri nderabarezi rya TTC Byumba de La Salle, Frère Jean Paul Niyonshuti, avuga ko hari byinshi Leta yabafashije bituma umunyeshuri urangije muri TTC aba ashoboye ku isoko ry’umurimo ritanga uburezi bufite ireme.

Ati “Tugira n’abarimu b’abanyamahanga baza kutwigishiriza. Mu bikoresho twahawe harimo ibifasha abanyeshuri kwitegura kwigisha abafite ubumuga, ibyuma by’amashuri, laboratwari n’ibindi byinshi byateje imbere ishuri ryacu.”

Abayobora amashuri y’uburezi bw’imyaka 12 y’abiga bataha bemeza ko kuba bahabwa abimenyereza kwigisha ndetse n’abize mu mashuri nderabarezi bibafasha kuzamura imitsindire mu bigo bayobora.

Minisiteri y’Uburezi ivuga ko amashuri nderabarezi yashyizwemo imbaraga ku buryo ubu umwarimu w’iki gihe ahindutse, ndetse n’imyumvire yari isanzweho kuri aya mashuri ikaba iri guhinduka, nk’uko bisobanurwa na Hashakimana Jean Claude, Umuyobozi mukuru muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe itumanaho.

Ati “Umunyeshuri wiga muri TTC ubu, urwego rw’icyongereza afite rutandukanye cyane n’urw’uwarangizaga mu myaka yashize. Ntituragera aho twifuza, ariko mu cyerekezo cya Minisiteri mu myaka iri imbere, abana barangiza bazajya baba bari ku rwego rwa B2 Level mu cyongereza. Ubu abifuza kwiga muri TTC ni benshi, kandi harimo n’abana b’abahanga, bitandukanye n’uko byahoze.”

Bimwe mu byafashije aya mashuri nderabarezi harimo integanyanyigisho yavuguruwe ishingiye ku bushobozi bw’umwana (Competency-Based Curriculum), kubakirwa ibikorwaremezo, kwimakaza ikoranabuhanga no kugabanyirizwa ikiguzi cy’amashuri. Ibi byose byatumye abanyeshuri benshi bitabira ayo mashuri.

Ishuri rya TTC Byumba de La Salle ryigamo abanyeshuri 993, rikaba rimwe mu mashuri nderabarezi 16 yigwamo n’abasaga ibihumbi 12 hirya no hino mu gihugu. Leta ikomeje gufasha ayo mashuri mu rwego rwo kurushaho kuzamura ireme ry’uburezi.

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 − six =

Previous Post

President Kagame calls for action and collaboration to drive Africa’s digital transformation

Next Post

Umubyigano w’urubyiruko rwifuza kwinjira mu gisirikare cya Ghana wapfiriyemo bamwe

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umubyigano w’urubyiruko rwifuza kwinjira mu gisirikare cya Ghana wapfiriyemo bamwe

Umubyigano w'urubyiruko rwifuza kwinjira mu gisirikare cya Ghana wapfiriyemo bamwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.