• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abiga uburezi mu Rwanda bahishuye amakuru y’urucantege bahabwa

radiotv10by radiotv10
13/11/2025
in MU RWANDA
0
Abiga uburezi mu Rwanda bahishuye amakuru y’urucantege bahabwa
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu banyeshuri biga mu mashuri nderabarezi, bavuga ko bagiye bacibwa intege babwirwa ko ayo masomo asuzuguritse, kandi ko akazi kayo gahemba amafaranga make, ariko bo bahisemo kugendera ku muhamagaro wo kuyiga kuko babikunze.

Iyo uganiriye na bamwe mu banyeshuri biga amashami atandukanye mu Ishuri Nderabarezi rya TTC Byumba de La Salle, bavuga ko bakimenya ko batsindiye kwiga muri iri shuri byabaye nk’inzozi zibaye impamo kuri bo. Icyakora ngo hari ababakunze kubacamo intege bababwira ko ibyo biga bihemba make, cyangwa ko nta cyubahiro bifite.

Igiraneza Joyeuse ati “Baduca intege bavuga ngo iyo usoje uba ugiye gukora akazi kahemba make, ngo birasuzuguritse, ngo kurya ingwa n’ibindi nk’ibyo.”

Mugisha Richard nawe ati “Benshi bari barahawe amashuri ya TVET, bakajya bambwira ngo ugiye kwiga ubwarimu, ngo tubona nta kazi.”

Umuyobozi w’iri shuri nderabarezi rya TTC Byumba de La Salle, Frère Jean Paul Niyonshuti, avuga ko hari byinshi Leta yabafashije bituma umunyeshuri urangije muri TTC aba ashoboye ku isoko ry’umurimo ritanga uburezi bufite ireme.

Ati “Tugira n’abarimu b’abanyamahanga baza kutwigishiriza. Mu bikoresho twahawe harimo ibifasha abanyeshuri kwitegura kwigisha abafite ubumuga, ibyuma by’amashuri, laboratwari n’ibindi byinshi byateje imbere ishuri ryacu.”

Abayobora amashuri y’uburezi bw’imyaka 12 y’abiga bataha bemeza ko kuba bahabwa abimenyereza kwigisha ndetse n’abize mu mashuri nderabarezi bibafasha kuzamura imitsindire mu bigo bayobora.

Minisiteri y’Uburezi ivuga ko amashuri nderabarezi yashyizwemo imbaraga ku buryo ubu umwarimu w’iki gihe ahindutse, ndetse n’imyumvire yari isanzweho kuri aya mashuri ikaba iri guhinduka, nk’uko bisobanurwa na Hashakimana Jean Claude, Umuyobozi mukuru muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe itumanaho.

Ati “Umunyeshuri wiga muri TTC ubu, urwego rw’icyongereza afite rutandukanye cyane n’urw’uwarangizaga mu myaka yashize. Ntituragera aho twifuza, ariko mu cyerekezo cya Minisiteri mu myaka iri imbere, abana barangiza bazajya baba bari ku rwego rwa B2 Level mu cyongereza. Ubu abifuza kwiga muri TTC ni benshi, kandi harimo n’abana b’abahanga, bitandukanye n’uko byahoze.”

Bimwe mu byafashije aya mashuri nderabarezi harimo integanyanyigisho yavuguruwe ishingiye ku bushobozi bw’umwana (Competency-Based Curriculum), kubakirwa ibikorwaremezo, kwimakaza ikoranabuhanga no kugabanyirizwa ikiguzi cy’amashuri. Ibi byose byatumye abanyeshuri benshi bitabira ayo mashuri.

Ishuri rya TTC Byumba de La Salle ryigamo abanyeshuri 993, rikaba rimwe mu mashuri nderabarezi 16 yigwamo n’abasaga ibihumbi 12 hirya no hino mu gihugu. Leta ikomeje gufasha ayo mashuri mu rwego rwo kurushaho kuzamura ireme ry’uburezi.

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − 10 =

Previous Post

President Kagame calls for action and collaboration to drive Africa’s digital transformation

Next Post

Umubyigano w’urubyiruko rwifuza kwinjira mu gisirikare cya Ghana wapfiriyemo bamwe

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Umubyigano w’urubyiruko rwifuza kwinjira mu gisirikare cya Ghana wapfiriyemo bamwe

Umubyigano w'urubyiruko rwifuza kwinjira mu gisirikare cya Ghana wapfiriyemo bamwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.