Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abiga uburezi mu Rwanda bahishuye amakuru y’urucantege bahabwa

radiotv10by radiotv10
13/11/2025
in MU RWANDA
0
Abiga uburezi mu Rwanda bahishuye amakuru y’urucantege bahabwa
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu banyeshuri biga mu mashuri nderabarezi, bavuga ko bagiye bacibwa intege babwirwa ko ayo masomo asuzuguritse, kandi ko akazi kayo gahemba amafaranga make, ariko bo bahisemo kugendera ku muhamagaro wo kuyiga kuko babikunze.

Iyo uganiriye na bamwe mu banyeshuri biga amashami atandukanye mu Ishuri Nderabarezi rya TTC Byumba de La Salle, bavuga ko bakimenya ko batsindiye kwiga muri iri shuri byabaye nk’inzozi zibaye impamo kuri bo. Icyakora ngo hari ababakunze kubacamo intege bababwira ko ibyo biga bihemba make, cyangwa ko nta cyubahiro bifite.

Igiraneza Joyeuse ati “Baduca intege bavuga ngo iyo usoje uba ugiye gukora akazi kahemba make, ngo birasuzuguritse, ngo kurya ingwa n’ibindi nk’ibyo.”

Mugisha Richard nawe ati “Benshi bari barahawe amashuri ya TVET, bakajya bambwira ngo ugiye kwiga ubwarimu, ngo tubona nta kazi.”

Umuyobozi w’iri shuri nderabarezi rya TTC Byumba de La Salle, Frère Jean Paul Niyonshuti, avuga ko hari byinshi Leta yabafashije bituma umunyeshuri urangije muri TTC aba ashoboye ku isoko ry’umurimo ritanga uburezi bufite ireme.

Ati “Tugira n’abarimu b’abanyamahanga baza kutwigishiriza. Mu bikoresho twahawe harimo ibifasha abanyeshuri kwitegura kwigisha abafite ubumuga, ibyuma by’amashuri, laboratwari n’ibindi byinshi byateje imbere ishuri ryacu.”

Abayobora amashuri y’uburezi bw’imyaka 12 y’abiga bataha bemeza ko kuba bahabwa abimenyereza kwigisha ndetse n’abize mu mashuri nderabarezi bibafasha kuzamura imitsindire mu bigo bayobora.

Minisiteri y’Uburezi ivuga ko amashuri nderabarezi yashyizwemo imbaraga ku buryo ubu umwarimu w’iki gihe ahindutse, ndetse n’imyumvire yari isanzweho kuri aya mashuri ikaba iri guhinduka, nk’uko bisobanurwa na Hashakimana Jean Claude, Umuyobozi mukuru muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe itumanaho.

Ati “Umunyeshuri wiga muri TTC ubu, urwego rw’icyongereza afite rutandukanye cyane n’urw’uwarangizaga mu myaka yashize. Ntituragera aho twifuza, ariko mu cyerekezo cya Minisiteri mu myaka iri imbere, abana barangiza bazajya baba bari ku rwego rwa B2 Level mu cyongereza. Ubu abifuza kwiga muri TTC ni benshi, kandi harimo n’abana b’abahanga, bitandukanye n’uko byahoze.”

Bimwe mu byafashije aya mashuri nderabarezi harimo integanyanyigisho yavuguruwe ishingiye ku bushobozi bw’umwana (Competency-Based Curriculum), kubakirwa ibikorwaremezo, kwimakaza ikoranabuhanga no kugabanyirizwa ikiguzi cy’amashuri. Ibi byose byatumye abanyeshuri benshi bitabira ayo mashuri.

Ishuri rya TTC Byumba de La Salle ryigamo abanyeshuri 993, rikaba rimwe mu mashuri nderabarezi 16 yigwamo n’abasaga ibihumbi 12 hirya no hino mu gihugu. Leta ikomeje gufasha ayo mashuri mu rwego rwo kurushaho kuzamura ireme ry’uburezi.

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 5 =

Previous Post

President Kagame calls for action and collaboration to drive Africa’s digital transformation

Next Post

Umubyigano w’urubyiruko rwifuza kwinjira mu gisirikare cya Ghana wapfiriyemo bamwe

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umubyigano w’urubyiruko rwifuza kwinjira mu gisirikare cya Ghana wapfiriyemo bamwe

Umubyigano w'urubyiruko rwifuza kwinjira mu gisirikare cya Ghana wapfiriyemo bamwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.