Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hagaragajwe igipimo kiri hejuru cy’umusaruro w’ubuhinzi upfa ubusa mu Rwanda n’ingamba zafashwe

radiotv10by radiotv10
13/11/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hagaragajwe igipimo kiri hejuru cy’umusaruro w’ubuhinzi upfa ubusa mu Rwanda n’ingamba zafashwe
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi igaragaza ko umusaruro w’ubuhinzi ungana na 30% wangirika bitewe no kubura uburyo bwo kuwubika neza, gusa yizeza ko hagiye gufatwa ingamba zigamije kurandura iki kibazo.

Mu igenzura ryakozwe hasanzwe ko umusaruro w’umuceri wangirika nyuma y’isarura wari 12,4% na 1,.8% ku bigori. Ibi bikaba ari ibipimo biri hejuru cyane.

Abadepite bagize Komisiyo y’Ubutaka, Ubuhinzi, Ubworozi n’Ibidukikije bagaragaje ko ubwo bakoraga ingendo hirya no hino mu gihugu basanze mu bikorwa remezo by’ubwanikiro harimo ibibazo, ngo ibyo bikaba ari na byo bituma umusaruro urushaho kwangirika, nubwo gahunda ya Leta ari uko umusaruro wangirika ugabanuka. Basabye Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi gukemura ibyo bibazo.

Depite Muzana Alice yagize ati “Twakoze ingendo mu Gihugu hose. Hari ubwanikiro twasanze budakoreshwa icyo bwagenewe, hakaba hari inzu zubatse nk’ubwanikiro ariko ugasanga harimo ubwatsi bw’inka. Nashakaga kubabaza uburyo mugenzura ibyo bikorwa remezo.”

Na ho Depite Niyorurema Jean René yagize ati “Abaturage twabashishikarije kongera umusaruro barahinga, ariko hari ikibazo cyagaragaye cy’ubwanikiro bukiri buke. Hari n’ubwagiye bwubakwa ariko bushyirwa kure y’aho abaturage bahinze, ugasanga bituma abaturage badashishikarira kugeza umusaruro ku bwanikiro bakawujyana mu rugo, bigatuma wangirika. Hari gukorwa iki ngo ibi bikemuke?”

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr Olivier Kamana yavuze ko iyi Minisiteri igiye gushyira imbaraga mu gushakira umuti ibi bibazo kugira ngo umusaruro w’ibinyampeke ubungwabungwe.

Yagize ati “Turabizeza ko ibitagenda neza bizakosorwa bidatinze, cyane cyane ibirebana n’ubwanikiro usanga budakoreshwa ibyo bwagenewe. Tugiye kongera ubugenzuzi mu bikorwa remezo by’ubwanikiro byose dufite.”

Akomeza agira ati “Tuzashyira ingufu mu kureba uburyo umusaruro uzitabwaho, ndetse n’imikoreshereze y’ibikorwa remezo bijyanye n’uwo musaruro, kugira ngo amakosa yagaragaye atazasubira.”

Leta y’u Rwanda yihaye intego yo kugabanya umusaruro wangirika mu buhinzi kugeza munsi ya 5% mu mwaka wa 2029. Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi igaragaza ko mu rwego rwo kubika umusaruro w’ibinyampeke ku buryo burambye, Igihugu gifite ubushobozi bwo kubika toni ibihumbi 46, ndetse muri NST2 bikaba biteganyijwe ko mu mwaka wa 2029 Igihugu kizaba gishoboye kubika toni ibihumbi 200 z’ibinyampeke.

Emelyne MBABAZI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × four =

Previous Post

Digital detox for the Social-Media Generation: Reclaiming your time & sanity

Next Post

Israel Mbonyi yatangaje igihe hazabera igitaramo ngarukamwaka cye kiba gitegerejwe na benshi

Related Posts

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
10/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa Toronto muri Canada yatangaje ku mugaragaro ko tariki 07 Mata ari umunsi mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakewe...

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

by radiotv10
10/04/2026
0

Mu gihe u Rwanda rwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bamwe mu barokotse Jenoside batuye mu...

IZIHERUKA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi
AMAHANGA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

by radiotv10
10/04/2026
0

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/2026
10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/2026
Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Israel Mbonyi yatangaje igihe hazabera igitaramo ngarukamwaka cye kiba gitegerejwe na benshi

Israel Mbonyi yatangaje igihe hazabera igitaramo ngarukamwaka cye kiba gitegerejwe na benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.