• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hagaragajwe igipimo kiri hejuru cy’umusaruro w’ubuhinzi upfa ubusa mu Rwanda n’ingamba zafashwe

radiotv10by radiotv10
13/11/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hagaragajwe igipimo kiri hejuru cy’umusaruro w’ubuhinzi upfa ubusa mu Rwanda n’ingamba zafashwe
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi igaragaza ko umusaruro w’ubuhinzi ungana na 30% wangirika bitewe no kubura uburyo bwo kuwubika neza, gusa yizeza ko hagiye gufatwa ingamba zigamije kurandura iki kibazo.

Mu igenzura ryakozwe hasanzwe ko umusaruro w’umuceri wangirika nyuma y’isarura wari 12,4% na 1,.8% ku bigori. Ibi bikaba ari ibipimo biri hejuru cyane.

Abadepite bagize Komisiyo y’Ubutaka, Ubuhinzi, Ubworozi n’Ibidukikije bagaragaje ko ubwo bakoraga ingendo hirya no hino mu gihugu basanze mu bikorwa remezo by’ubwanikiro harimo ibibazo, ngo ibyo bikaba ari na byo bituma umusaruro urushaho kwangirika, nubwo gahunda ya Leta ari uko umusaruro wangirika ugabanuka. Basabye Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi gukemura ibyo bibazo.

Depite Muzana Alice yagize ati “Twakoze ingendo mu Gihugu hose. Hari ubwanikiro twasanze budakoreshwa icyo bwagenewe, hakaba hari inzu zubatse nk’ubwanikiro ariko ugasanga harimo ubwatsi bw’inka. Nashakaga kubabaza uburyo mugenzura ibyo bikorwa remezo.”

Na ho Depite Niyorurema Jean René yagize ati “Abaturage twabashishikarije kongera umusaruro barahinga, ariko hari ikibazo cyagaragaye cy’ubwanikiro bukiri buke. Hari n’ubwagiye bwubakwa ariko bushyirwa kure y’aho abaturage bahinze, ugasanga bituma abaturage badashishikarira kugeza umusaruro ku bwanikiro bakawujyana mu rugo, bigatuma wangirika. Hari gukorwa iki ngo ibi bikemuke?”

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr Olivier Kamana yavuze ko iyi Minisiteri igiye gushyira imbaraga mu gushakira umuti ibi bibazo kugira ngo umusaruro w’ibinyampeke ubungwabungwe.

Yagize ati “Turabizeza ko ibitagenda neza bizakosorwa bidatinze, cyane cyane ibirebana n’ubwanikiro usanga budakoreshwa ibyo bwagenewe. Tugiye kongera ubugenzuzi mu bikorwa remezo by’ubwanikiro byose dufite.”

Akomeza agira ati “Tuzashyira ingufu mu kureba uburyo umusaruro uzitabwaho, ndetse n’imikoreshereze y’ibikorwa remezo bijyanye n’uwo musaruro, kugira ngo amakosa yagaragaye atazasubira.”

Leta y’u Rwanda yihaye intego yo kugabanya umusaruro wangirika mu buhinzi kugeza munsi ya 5% mu mwaka wa 2029. Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi igaragaza ko mu rwego rwo kubika umusaruro w’ibinyampeke ku buryo burambye, Igihugu gifite ubushobozi bwo kubika toni ibihumbi 46, ndetse muri NST2 bikaba biteganyijwe ko mu mwaka wa 2029 Igihugu kizaba gishoboye kubika toni ibihumbi 200 z’ibinyampeke.

Emelyne MBABAZI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 1 =

Previous Post

Digital detox for the Social-Media Generation: Reclaiming your time & sanity

Next Post

Israel Mbonyi yatangaje igihe hazabera igitaramo ngarukamwaka cye kiba gitegerejwe na benshi

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Israel Mbonyi yatangaje igihe hazabera igitaramo ngarukamwaka cye kiba gitegerejwe na benshi

Israel Mbonyi yatangaje igihe hazabera igitaramo ngarukamwaka cye kiba gitegerejwe na benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.