Thursday, November 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ingo 200.000 mu Rwanda zigiye kubona amashyiga agezweho mu bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua

radiotv10by radiotv10
13/11/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ingo 200.000 mu Rwanda zigiye kubona amashyiga agezweho mu bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua
Share on FacebookShare on Twitter

Sosieye y’Abafaransa itunganya ikanacuruza ibijyanye n’ingufu, TotalEnergies yinjiye mu bufatanye na DelAgua mu mushinga wo gukwirakwiza amashyiga ya kijyambere ku ngo ibihumbi 200 zo mu Rwanda, ugamije gushyigikira Guverinoma y’u Rwanda mu ntego yayo yo kugabanya imyuka ihumanya ikirere.

Iyi gahunda igamije gushyigikira intego ya Guverinoma y’u Rwanda yo kugeza amashyiga meza kuri buri wese bitarenze mu mwaka 2030, kandi bikaba binahuye n’intego ya TotalEnergies yo gutanga ingufu zihendutse, ziboneka neza, zirambye kandi zoroheye abantu benshi.

Ku bw’inkunga ya TotalEnergies, DelAgua izakwirakwiza amashyiga meza ibihumbi 200 mu gihe cy’umwaka umwe byitezwe ko azagirira akamaro Abanyarwanda barenga ibihumbi 800 bo mu miryango izahabwa aya mashyiga yo mu bice by’icyaro.

Nanone kandi ikoreshwa ry’aya mashyiga, rije gushyikira intego yo kugabanya imyuka ihumanya ikirere, aho gukoresha aya mashyiga, bigira uruhare mu kugabanya iyo myuka ku kigero cya 81% ugereranyije no gukoresha inkwi zisanzwe kandi ikagabanya ikoreshwa ry’inkwi ku kigero cya 71%. Uyu mushinga uzanagira uruhare mu gukumira imyuka irenga toni miliyoni 2.5 za CO2 mu myaka icumi iri imbere.

 

Ibyiza byo gutekesha amashyiga agezweho

Ikigo Mpuzamahanga gishinzwe ibijyanye n’Ingufu IEA (International Energy Agency) kivuga ko abantu barenga miliyari 2.3 ku isi badafite uburyo bwo guteka neza kandi bagiteka amafunguro yabo bakoresheje amaziko gakondo bakanacanisha inkwi, amakara, peteroli cyangwa imyanda y’amatungo yabo, nk’amase yumye.

Iki kigo kandi kigaragaza inyungu zo guteka mu buryo bugezweho hakoreshejwe amashyiga nk’ariya agiye gutangwa ku bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua, zirimo kubungabunga ubuzima bw’abantu, kuko butuma bahumeka umwuka mwiza.

Nanone kandi biganyanya kugira ibibazo by’ubuhumekero n’indwara z’umutima, biterwa n’imyotsi iva mu gutekesha inkwi na biriya bicanwa bindi.

Nanone kandi bigira uruhare mu kugabanya ubusambane hagati y’abagore n’abagabo, kuko abagore basanzwe bakora imirimo yo guteka, babasha kwitabira ibindi bikorwa by’amajyambere nk’uburezi, akazi, kwihangira imirimo, kuko baba batagorwa no guteka, ndetse n’abagabo bakabona imbaraga zo kubafasha.

Nanone kandi gutekesha uburyo bugezweho bituma abantu babona umwanya uhagije wo gukora ibindi bikorwa bibateza imbere, kuko badatakaza umwanya munini mu kujya gutashya, dore ko ubusanzwe abantu bamara amasaha 20 bagiye gutashya mu mashyamba.

Binagabanya imyuka ya CO2 ihumanya ikirere inangiza umwuka duhumeka, bikagabanya itemwa ry’amashyamba asanzwe aduha umwuka duhumeka tunakuramo ibikoresho by’ingenzi.

Arnaud Le Foll, Visi Perezida Mukuru wa TotalEnergies ushinzwe Ubucuruzi no guhangana n’imyuka ihumanya ikirere, yatangaje ko iyi sosiyeye y’ubucuruzi yishimiye kugira uruhare muri uyu mushinga uzafasha Abanyarwanda benshi.

Yagize ati “TotalEnergies yishimiye kugira uruhare muri uyu mushinga mu Rwanda, uzatuma abantu barenga 800 000 babona uburyo bwo guteka busukuye, bigaragaza intego ya sosiyete yacu yo gutanga ingufu zihendutse, ziboneka kandi zirambye. Mu guteza imbere uburyo bwo guteka, TotalEnergies igamije kugira uruhare mu kubungabunga ibidukikije n’ubuzima bw’abantu, ndetse inafasha mu kugabanya ubusumbane hagati y’abagabo n’abagore. Guteka neza bigira uruhare mu iterambere ry’imibereho myiza, ubukungu n’imibereho myiza mu buryo burambye.”

Euan McDougall, Umuyobozi Mukuru wa DelAgua, na we yatangaje ko ubu bufatanye bugaragaza umusaruro wava mu guhuza imbaraga, byumwihariko mu kugera ku bikorwa bizanira akamaro rubanda, binyuze mu guhanga udushya.

Yagize ati “Turi guhindura ubuzima bw’abaturage mu Rwanda hose mu gihe dushyiraho igipimo gishya cy’imishinga itavamo imyuka mibi yagirira ingaruka Isi.”

Guverinoma y’u Rwanda isanzwe ifite uyu mushinga wo gukwirakwiza aya mashyiga benshi bazi nka rondereza, ariko ingo zimaze kuyabona zikaba zikiri nke, bityo ubu bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua, buje ari ingirakamaro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × two =

Previous Post

Perezida wa Rayon yizeje gukemura burundi bimwe mu bibazo biyibereye umutwaro

Related Posts

Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

by radiotv10
13/11/2025
0

Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Dr Jimmy Gasore, yateguje ko mu bihe biri imbere abatuye mu Mujyi wa Kigali bafite amikoro make bazajya...

Amakuru mashya: Hatahuwe abakekwaho ubujura buvugwa muri Sitasiyo ya Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Amakuru mashya: Hatahuwe abakekwaho ubujura buvugwa muri Sitasiyo ya Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

by radiotv10
13/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho kwiba arenga miliyoni 17 Frw mu bujura bumaze iminsi buvugwa...

Umurambo w’umugabo utaramenyekana wabonetse mu Kiyaga cya Muhazi

Umurambo w’umugabo utaramenyekana wabonetse mu Kiyaga cya Muhazi

by radiotv10
13/11/2025
0

Umurambo w’umugabo utamenyekana imyirondoro, wabonetse mu Kiyaga cya Muhazi ku gice cyo mu Kagari k'Urugarama mu Murenge wa Gahini mu...

Abiga uburezi mu Rwanda bahishuye amakuru y’urucantege bahabwa

Abiga uburezi mu Rwanda bahishuye amakuru y’urucantege bahabwa

by radiotv10
13/11/2025
0

Bamwe mu banyeshuri biga mu mashuri nderabarezi, bavuga ko bagiye bacibwa intege babwirwa ko ayo masomo asuzuguritse, kandi ko akazi...

President Kagame calls for action and collaboration to drive Africa’s digital transformation

President Kagame calls for action and collaboration to drive Africa’s digital transformation

by radiotv10
13/11/2025
0

In Conakry, Guinea, President Paul Kagame chaired the 12th Smart Africa Board Meeting, bringing together African leaders and key partners...

IZIHERUKA

Ingo 200.000 mu Rwanda zigiye kubona amashyiga agezweho mu bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua
IMIBEREHO MYIZA

Ingo 200.000 mu Rwanda zigiye kubona amashyiga agezweho mu bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua

by radiotv10
13/11/2025
0

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

Perezida wa Rayon yizeje gukemura burundi bimwe mu bibazo biyibereye umutwaro

13/11/2025
Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

13/11/2025
Umuhanzi w’ikirangirire mu karere unazwi muri Politiki yagaragaye aririmba indirimbo y’Umunyarwanda

Umuhanzi w’ikirangirire mu karere unazwi muri Politiki yagaragaye aririmba indirimbo y’Umunyarwanda

13/11/2025
Amakuru mashya: Hatahuwe abakekwaho ubujura buvugwa muri Sitasiyo ya Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Amakuru mashya: Hatahuwe abakekwaho ubujura buvugwa muri Sitasiyo ya Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

13/11/2025
Umurambo w’umugabo utaramenyekana wabonetse mu Kiyaga cya Muhazi

Umurambo w’umugabo utaramenyekana wabonetse mu Kiyaga cya Muhazi

13/11/2025
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ingo 200.000 mu Rwanda zigiye kubona amashyiga agezweho mu bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua

Perezida wa Rayon yizeje gukemura burundi bimwe mu bibazo biyibereye umutwaro

Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.