Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ingo 200.000 mu Rwanda zigiye kubona amashyiga agezweho mu bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua

radiotv10by radiotv10
13/11/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ingo 200.000 mu Rwanda zigiye kubona amashyiga agezweho mu bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua
Share on FacebookShare on Twitter

Sosieye y’Abafaransa itunganya ikanacuruza ibijyanye n’ingufu, TotalEnergies yinjiye mu bufatanye na DelAgua mu mushinga wo gukwirakwiza amashyiga ya kijyambere ku ngo ibihumbi 200 zo mu Rwanda, ugamije gushyigikira Guverinoma y’u Rwanda mu ntego yayo yo kugabanya imyuka ihumanya ikirere.

Iyi gahunda igamije gushyigikira intego ya Guverinoma y’u Rwanda yo kugeza amashyiga meza kuri buri wese bitarenze mu mwaka 2030, kandi bikaba binahuye n’intego ya TotalEnergies yo gutanga ingufu zihendutse, ziboneka neza, zirambye kandi zoroheye abantu benshi.

Ku bw’inkunga ya TotalEnergies, DelAgua izakwirakwiza amashyiga meza ibihumbi 200 mu gihe cy’umwaka umwe byitezwe ko azagirira akamaro Abanyarwanda barenga ibihumbi 800 bo mu miryango izahabwa aya mashyiga yo mu bice by’icyaro.

Nanone kandi ikoreshwa ry’aya mashyiga, rije gushyikira intego yo kugabanya imyuka ihumanya ikirere, aho gukoresha aya mashyiga, bigira uruhare mu kugabanya iyo myuka ku kigero cya 81% ugereranyije no gukoresha inkwi zisanzwe kandi ikagabanya ikoreshwa ry’inkwi ku kigero cya 71%. Uyu mushinga uzanagira uruhare mu gukumira imyuka irenga toni miliyoni 2.5 za CO2 mu myaka icumi iri imbere.

 

Ibyiza byo gutekesha amashyiga agezweho

Ikigo Mpuzamahanga gishinzwe ibijyanye n’Ingufu IEA (International Energy Agency) kivuga ko abantu barenga miliyari 2.3 ku isi badafite uburyo bwo guteka neza kandi bagiteka amafunguro yabo bakoresheje amaziko gakondo bakanacanisha inkwi, amakara, peteroli cyangwa imyanda y’amatungo yabo, nk’amase yumye.

Iki kigo kandi kigaragaza inyungu zo guteka mu buryo bugezweho hakoreshejwe amashyiga nk’ariya agiye gutangwa ku bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua, zirimo kubungabunga ubuzima bw’abantu, kuko butuma bahumeka umwuka mwiza.

Nanone kandi biganyanya kugira ibibazo by’ubuhumekero n’indwara z’umutima, biterwa n’imyotsi iva mu gutekesha inkwi na biriya bicanwa bindi.

Nanone kandi bigira uruhare mu kugabanya ubusambane hagati y’abagore n’abagabo, kuko abagore basanzwe bakora imirimo yo guteka, babasha kwitabira ibindi bikorwa by’amajyambere nk’uburezi, akazi, kwihangira imirimo, kuko baba batagorwa no guteka, ndetse n’abagabo bakabona imbaraga zo kubafasha.

Nanone kandi gutekesha uburyo bugezweho bituma abantu babona umwanya uhagije wo gukora ibindi bikorwa bibateza imbere, kuko badatakaza umwanya munini mu kujya gutashya, dore ko ubusanzwe abantu bamara amasaha 20 bagiye gutashya mu mashyamba.

Binagabanya imyuka ya CO2 ihumanya ikirere inangiza umwuka duhumeka, bikagabanya itemwa ry’amashyamba asanzwe aduha umwuka duhumeka tunakuramo ibikoresho by’ingenzi.

Arnaud Le Foll, Visi Perezida Mukuru wa TotalEnergies ushinzwe Ubucuruzi no guhangana n’imyuka ihumanya ikirere, yatangaje ko iyi sosiyeye y’ubucuruzi yishimiye kugira uruhare muri uyu mushinga uzafasha Abanyarwanda benshi.

Yagize ati “TotalEnergies yishimiye kugira uruhare muri uyu mushinga mu Rwanda, uzatuma abantu barenga 800 000 babona uburyo bwo guteka busukuye, bigaragaza intego ya sosiyete yacu yo gutanga ingufu zihendutse, ziboneka kandi zirambye. Mu guteza imbere uburyo bwo guteka, TotalEnergies igamije kugira uruhare mu kubungabunga ibidukikije n’ubuzima bw’abantu, ndetse inafasha mu kugabanya ubusumbane hagati y’abagabo n’abagore. Guteka neza bigira uruhare mu iterambere ry’imibereho myiza, ubukungu n’imibereho myiza mu buryo burambye.”

Euan McDougall, Umuyobozi Mukuru wa DelAgua, na we yatangaje ko ubu bufatanye bugaragaza umusaruro wava mu guhuza imbaraga, byumwihariko mu kugera ku bikorwa bizanira akamaro rubanda, binyuze mu guhanga udushya.

Yagize ati “Turi guhindura ubuzima bw’abaturage mu Rwanda hose mu gihe dushyiraho igipimo gishya cy’imishinga itavamo imyuka mibi yagirira ingaruka Isi.”

Guverinoma y’u Rwanda isanzwe ifite uyu mushinga wo gukwirakwiza aya mashyiga benshi bazi nka rondereza, ariko ingo zimaze kuyabona zikaba zikiri nke, bityo ubu bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua, buje ari ingirakamaro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 1 =

Previous Post

Perezida wa Rayon yizeje gukemura burundi bimwe mu bibazo biyibereye umutwaro

Next Post

Healthy but affordable: The new wave of smoothie bowls, protein snacks& clean eating in Kigali

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Healthy but affordable: The new wave of smoothie bowls, protein snacks& clean eating in Kigali

Healthy but affordable: The new wave of smoothie bowls, protein snacks& clean eating in Kigali

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.