• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ab’i Nyanza nyuma yo kunguka igikorwa remezo kibahuza na Bugesera-Kigali baratanga ikindi cyifuzo

radiotv10by radiotv10
14/11/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ab’i Nyanza nyuma yo kunguka igikorwa remezo kibahuza na Bugesera-Kigali baratanga ikindi cyifuzo
Share on FacebookShare on Twitter

Abakoresha Gare ya Nyanza barasaba ko yakongerwa cyangwa igasanwa, kuko yabaye nto cyane ugereranyije n’umubare w’ibinyabiziga n’abagenzi biyongereye muri iyi minsi, cyane cyane nyuma yo gutangizwa kwa ligne nshya ya Nyanza-Bugesera-Kigali.

Ibi bituma ibinyabiziga byinshi biparika mu muhanda no mu bice bitemewe, ibintu abagenzi, abamotari ndetse n’abashoferi bavuga ko bishobora guteza impanuka ndetse no gukurura akajagari mu mujyi.

Abamotari bavuga ko na bo babura aho bahagarara, bigatuma bamwe bandikirwa n’inzego z’umutekano.

Hategekimana Jean Marie Vianney ati “Imodoka ndetse na moto ni nyinshi cyane ugereranyije n’ubutaka gare ifite. Hari igihe usanga moto ziri ku muhanda hagati cyangwa ku modoka z’abagenzi. Abapolisi na bo batwandikira kenshi kuko tubura aho guparika.”

Uretse kuba batabona aho guparika, ngo usanga no kugira ngo imodoka zibone uko zisohoka cyangwa zinjira muri gare biba bitoroshye.

Mbarubukeye Eric ati “Tugera hano mu gare ya Nyanza, ugasanga imodoka nyinshi bitewe na ligne nshya yiyongereyemo kandi na mbere iyi gare yari nto kandi inashaje. Hari n’igihe duparika ku muhanda bikadutera impungenge z’uko haba impanuka. Byaba byiza gare bayiguye cyangwa bakubaka indi ifite aho guparika hahagije.”

Kajyambere Patrick, uyobora Akarere ka Nyanza by’agateganyo, yemeza ko hari gahunda yo gukemura iki kibazo mu gihe cya vuba.

Ati “Bitarenze umwaka utaha, iyi gare izaba yatangiye kubakwa. Bimwe mu byaburaga ngo itangire kubakwa byarabonetse.”

Uretse iyi gare ya Nyanza iteganywa kubakwa, uyu muyobozi avuga ko hari n’ibindi bikorwa biteganywa kubakwa umwaka utaha birimo isoko rya Nyanza, na ryo risanzwe rishaje kandi rikaba rito ugereranyije n’abarikoreramo.

Bavuga ko Gare yababanye nto
Basaba ko yasanwa cyangwa ikagurwa

Ibi biterwa n’umuhanda mushya baherutse kunguka

Prince Théogène NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − five =

Previous Post

Umunyarwenya ugezweho mu Rwanda yagiye gusetsa abantu aharirira amarira y’ibyishimo ataha amwenyura

Next Post

Hategujwe ibura ry’umuriro w’amashanyarazi mu bice by’Uturere dutatu mu Rwanda

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hategujwe ibura ry’umuriro w’amashanyarazi mu bice by’Uturere dutatu mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.