Saturday, November 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
15/11/2025
in MU RWANDA
0
Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Ubuzima yasabye Abaturarwanda kwitwararika muri ibi bihe bikomeje kugaragaramo ibicurane, inatanga inama z’ibyo abantu bakwiye kubahiriza, birimo gukaraba intoki kenshi n’amazi meza n’isabune, no kwirinda kwegerana n’abafite ibimenyetso

Ni mu butumwa bwatanzwe na Minisiteri y’Ubuzima, yagaragaje ibyo kwitwararika ku ndwara y’ibicurane ikunze kugaragara mu bihe nk’ibi by’imvura n’ubukonje.

Iyi Minisiteri isaba abantu gukaraba intoki kenshi n’amazi meza n’isabune, kwirinda kwegerana n’abafite ibimenyetso, ndetse no guhanagura kenshi ibintu n’ahantu hakunda gukorwaho.

Naho ku bantu bafite ibimenyetso by’ibicurane, MINISANTE yabasabye kwirinda kwegerana n’abandi, gupfuka umunwa igihe bakorora cyangwa bitsamura, kwambara agapfukamunwa, gukaraba intoki kenshi n’amazi meza n’isabune, gufungura amadirishya kugira ngo umwuka mwiza winjire.

Iyi Minisiteri kandi ivuga ko umuntu akwige “Kugana ivuriro rikwegereye igihe ibimenyetso bikomeje kwiyongera.”

Ubu butumwa butanzwe na Minisiteri y’Ubuzima, nyuma yuko inzego z’ibanze mu Karere ka Rubavu zitangaje ko hadutse ibicurane bifite ubukana bukabije, ndetse bimaze guhitana abana batatu b’imiryango yo mu Murenge wa Gisenyi.

Umuyobozi w’Ibitaro bya Gisenyi, ACP Dr. Tuganeyezu Oreste yatangaje ko iyi ndwara y’ibicurane iri kugaragara koko muri kariya gace, ariko ko ari ibicurane bisanzwe.

Yagize ati “Ntabwo ari indwara idasanzwe, ni grippe ariko igeraho ikaba yamerera umubiri nabi, ije n’ubundi mu gihe tuba twiteguye indwara zo mu buhumekero cyane cyane grippe, ndetse rimwe na rimwe n’Umusonga, ni cyo gihe cyayo n’ubundi. Gusa icyajemo gishyashya ni ubukana, irimo irazana ubukana bwinshi.”

Uyu Muyobozi w’Ibitaro bya Gisenyi, yavuze ko mu bizamini bakoze, basanze ibi bicurane ari ibisanzwe ariko bizanana na Bagiteri (Grippe et Les surinfections bactériennes).

Zimwe mu ngamba zafashwe muri aka Karere, ni ukujya mu bigo by’amashuri, hakarebwa abana baba bafite iyi ndwara bakajya kuvurwa hakiri kare kugira ngo hirindwe ko bananduza abandi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − nine =

Previous Post

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Next Post

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Related Posts

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Abadepite basabye Minisitiri w’Ibikorwa Remezo Dr Jimmy Gasore gusobanura impamvu y’amafaranga basaba abaturage bafite ibibanza muri site mbere yo kubaka,...

Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

by radiotv10
15/11/2025
0

Hashize igihe bamwe mu bahinzi b’umuceri bagaragaza ko babangamiwe no kuba beza ariko umusaruro wabo ukabura isoko, mu gihe Minisiteri...

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

by radiotv10
14/11/2025
0

Umushoramari Eugene Nyagahene washinze Sosiyete y'ubucuruzi ya Tele 10 Group, usanzwe anafite Hoteli y’inyenyeri eshanu mu Karere ka Karongi, yatangaje...

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

by radiotv10
14/11/2025
0

Investor Eugene Nyagahene, founder of Tele 10 Group and owner of a five-star hotel in Karongi District, has announced a...

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hategujwe ibura ry’umuriro w’amashanyarazi mu bice by’Uturere dutatu mu Rwanda

by radiotv10
14/11/2025
0

Sosiyete y’u Rwanda ishinzwe Ingufu REG, yateguje ibura ry’umuriro w’amashanyarazi mu bice bimwe byo mu Turere twa Nyarugenge, Nyamasheke na...

IZIHERUKA

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi
AMAHANGA

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
15/11/2025
0

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

15/11/2025
Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

15/11/2025
Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

15/11/2025
Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

14/11/2025
Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

14/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.