Monday, November 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Imiterere y’ishuri barereramo abana babo rituma bagira impungenge

radiotv10by radiotv10
17/11/2025
in MU RWANDA
0
Imiterere y’ishuri barereramo abana babo rituma bagira impungenge
Share on FacebookShare on Twitter

Abarerera mu Ishuri Ribanza rya Nyanza ryo mu Murenge wa Ngera mu Karere ka Nyaruguru, barasaba ko inyubako z’iri shuri zishaje cyane zasanwa, kuko iyo imvura iguye abana babo bavirwa bikababuza kwiga neza.

Iri shuri, abaharerera bavuga ko amategura arishakaje, amadirishya n’amabati byashaje cyane. Abarimu n’ababyeyi bavuga ko iyo imvura iguye mu gihe cy’amasomo, abana bimukira mu bindi byumba cyangwa mu rundi ruhande rutava.

Kananira Jacob urerera muri iri shuri avuga ko bibabaje kubona abana biga mu mashuri ava. Ati “Aya mashuri arashaje cyane, iyo imvura iguye usanga abanyeshuri babura uko biga bitewe n’uko amategura aba ava. Dufite impungenge ko aya mashuri ashobora kuzabagwira, ni yo mpamvu dusaba ko yakorwa.”

Bizimana Gervais na we urerera muri iri shuri, yagize ati “Ni ikibazo gikomeye cyane, kuko tuba dufite impungenge ko aya mashuri, amategura yashaje, yagwira abanyeshuri kuko iyo umuyaga uje amenshi aba ava hejuru y’amashuri. Aya mashuri aranava cyane.”

Abana biga kuri iri shuri na bo bavuga ko bahorana ubwoba ko aya mashuri yabateza ibibazo, cyane cyane iyo imvura iguye cyangwa umuyaga uhuje.

Uwitwa Caline ati “Iyo imvura iguye ishuri rirava, turavirwa tukajya ahandi hatava. Rimwe na rimwe amasomo arahagarara, nta masomo akomeza iyo imvura iguye. Tuba dufite ubwoba ko ishuri rishobora kutugwira.”

Patrick na we wiga muri iri shuri ati “Biba bikomeye aho usanga mu ishuri tunyagirwa. Biba byaduteye ubwoba. Bishobotse badusanira amashuri, kuko usanga n’intebe zishaje, tugahura n’ikibazo cy’uko tubura n’aho twicara kubera ishuri rishaje.”

Umuyobozi w’Ishuri Ribanza rya Nyanza, Ntawukuriryayo Venuste, yemeza ko inyubako z’iri shuri zishaje, ko bagerageza gusana ibishoboka, ibirenze ubushobozi bw’ikigo bagakora ubuvugizi.

Ati “Inyubako z’ishuri, igice gishakaje amategura kirashaje ku buryo bibangamira imyigire y’abanyeshuri. Iyo imvura iguye biba ikibazo. Tugerageza gusana ibishoboka hagendewe ku bushobozi bw’ikigo, ibindi twabimenyesheje izindi nzego zidukuriye kugira ngo zirebe icyakorwa ngo abanyeshuri bigire ahameze neza. Turasaba abafatanyabikorwa ndetse n’abaize muri iri shuri kugira uruhare mu gufasha iki kigo kigasanwa.”

Umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru, Dr Murwanashyaka Emmanuel, avuga ko iki kibazo kizwi kandi kiri mu byashyizwe muri gahunda yo gukemurwa mu gihe cya vuba. Gusa yongeraho ko hari n’ibindi bigo by’amashuri byangiritse kurushaho byabanje kwitabwaho.

Ati “Dufite amashuri menshi yubakishije amategura ashaje yubatswe kera. Uko tugenda tubona ubushobozi, turi kugenda dusana dukurikije aho ikibazo gikomeye kurusha ahandi. Muri uriya murenge twarimo tuvugurura GS Liba ifite ibyumba 20 bishaje cyane na GS Muhambara muri Cyahinda, aho hari ibyumba hafi 30 batigiragamo kandi bibarizwamo abanyeshuri. Turizeza abo babyeyi ko mu gihe cya vuba iri shuri rya EP Nyanza naryo rizasanwa uko ubushobozi bugenda buboneka.”

Kugeza ubu, imibare itangwa n’ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru igaragaza ko hari ibyumba by’amashuri 133 bishaje cyane bikenewe gusimburwa, hakabaho 218 bikenewe gusanwa, mu gihe ibyumba bishya bigomba kubakwa ari 675.

Igisenge cy’iri shuri cyarangiritse
Rirava cyane

Intebe na zo zirashaje

Ababyeyi basaba ko hakwiye kugira icyo gukorwa

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − 14 =

Previous Post

Bitunguranye inama idasanzwe yari yatumijwe muri Rayon yasubitswe ku mpamvu itazwi

Next Post

Ubutumwa AFC/M23 yageneye Congo ku gufungura Ikibuga cya Goma no kuyizana mu bibazo byayo n’u Rwanda

Related Posts

Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

by radiotv10
17/11/2025
0

Many people say Monday is the hardest of the week, but it doesn’t have to be. When you start your...

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

by radiotv10
17/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Mirenge ya Kivumu na Nyamyumba mu Turere twa Rubavu na Rutsiro mu Ntara y’Iburengerazuba, bavuga ko...

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

by radiotv10
17/11/2025
0

Mu rwego rwo kurwanya indwara zitandura zirimo diyabete yibasiye abangana na 2% mu baturage b’akarere ka Rusizi, ubuyobozi bw’aka karere...

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

by radiotv10
16/11/2025
0

In Kigali today, something new is happening on rooftops. Instead of only seeing water tanks and solar panels, you can...

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Minisiteri y’Ubuzima yasabye Abaturarwanda kwitwararika muri ibi bihe bikomeje kugaragaramo ibicurane, inatanga inama z’ibyo abantu bakwiye kubahiriza, birimo gukaraba intoki...

IZIHERUKA

Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive
IMIBEREHO MYIZA

Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

by radiotv10
17/11/2025
0

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

17/11/2025
Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

17/11/2025
Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

17/11/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Ubutumwa AFC/M23 yageneye Congo ku gufungura Ikibuga cya Goma no kuyizana mu bibazo byayo n’u Rwanda

17/11/2025
Imiterere y’ishuri barereramo abana babo rituma bagira impungenge

Imiterere y’ishuri barereramo abana babo rituma bagira impungenge

17/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Ubutumwa AFC/M23 yageneye Congo ku gufungura Ikibuga cya Goma no kuyizana mu bibazo byayo n’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.