Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yavugiye Aba-Rayon ikibari ku mutima

radiotv10by radiotv10
20/11/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yavugiye Aba-Rayon ikibari ku mutima
Share on FacebookShare on Twitter

Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, yasabye Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere RGB, gutabara mu muryango w’Ikipe ya Rayon Sports, kugira ngo ibibazo biri mu buyobozi bwawo bitayirindimura, ndetse n’abakunzi bayo bakomeze kubona ibyishimo.

Iki cyifuzo cyagejejwe ku Muyobozi Mukuru wa RGB, Dr. Doris Uwicyeza Picard kuri uyu wa Gatatu tariki 19 Ugushyingo ubwo uru Rwego rwagezaga ku Nteko Ishinga Amategeko ibikorwa byarwo.

Hon. Nizeyimana Pie yabajije ikiriho gikorwa kugira ngo umuryango wa Rayon Sports udasenyuka kandi ari ikipe ikunzwe na benshi mu Rwanda.

Yagize ati “Rayon Sports igeze aharindimuka, iyo ni title y’inkuru, ariko ibivugwamo biba ari byinshi, ukumva inzego ebyiri zitandukanye z’uyu muryango zatumije inama rusange zitandukanye, gusa kuko inzego zibireba neza, ukajya kumva zahagaritswe bitewe n’impamvu y’umutekano.”

Yakomeje agira ati “Ndabaza nka RGB ifite imiryango itari iya Leta mu nshingano, muteganya iki ngo mwinjire muri uyu muryango muwufashe gukemura ibibazo bimaze iminsi biwuvugwamo?”

Umuyobozi Mukuru wa RGB, Dr. Doris Uwicyeza Picard avuga koko na bo babizi ko hamaze iminsi havugwa amakimbirane mu buyobozi bw’iyi kipe ya Rayon Sports, ariko ko hari inzira zakozwe zigamije kurandura ibibazo byakunze kugaragara muri iyi kipe, zirimo kuvugurura amategeko yayo.

Ati “Turi gukorana kugira ngo aya mategeko abe ajyanye n’itegeko rigena imiryango itari iya Leta, tukaba dukomeza gukorana kugira ngo dufashe umuryango kubahiriza amategeko no kunoza imikorere ku buryo byashimisha abakunzi bayo.”

Umwuka utari mwiza uvugwa mu buyobozi bwa Rayon Sports, ushingiye ku gucikamo ibice, aho bivugwa ko hari uruhande ruri inyuma ya Paul Muvunyi usanzwe ari Umuyobozi w’Urwego rw’Ikirenga rw’iyi kipe, ndetse n’urushyigikiye Perezida wayo Twagirayezu Thaddée.

Uyu Paul Muvunyi yari aherutse gutumiza Inama y’Inteko Rusange ya Rayon, ariko iza gusubikwa bitunguranye, ku mpamvu itaratangajwe, ndetse ntihatangazwe n’igihe yimuriwe.

Depite Nizeyimana Pie asaba RGB kwinjira mu bibazo bya Rayon
Abafana ba Rayon babwiwe ko bashonje bahishiwe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 − two =

Previous Post

Iby’ingenzi byaranze itangwa ry’ibihembo by’abahize abandi mu mupira w’amaguru muri Afurika

Next Post

Eng.-One of the roads connecting two Provinces in Rwanda to be closed for seven hours

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Eng.-One of the roads connecting two Provinces in Rwanda to be closed for seven hours

Eng.-One of the roads connecting two Provinces in Rwanda to be closed for seven hours

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.