• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yavugiye Aba-Rayon ikibari ku mutima

radiotv10by radiotv10
20/11/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yavugiye Aba-Rayon ikibari ku mutima
Share on FacebookShare on Twitter

Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, yasabye Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere RGB, gutabara mu muryango w’Ikipe ya Rayon Sports, kugira ngo ibibazo biri mu buyobozi bwawo bitayirindimura, ndetse n’abakunzi bayo bakomeze kubona ibyishimo.

Iki cyifuzo cyagejejwe ku Muyobozi Mukuru wa RGB, Dr. Doris Uwicyeza Picard kuri uyu wa Gatatu tariki 19 Ugushyingo ubwo uru Rwego rwagezaga ku Nteko Ishinga Amategeko ibikorwa byarwo.

Hon. Nizeyimana Pie yabajije ikiriho gikorwa kugira ngo umuryango wa Rayon Sports udasenyuka kandi ari ikipe ikunzwe na benshi mu Rwanda.

Yagize ati “Rayon Sports igeze aharindimuka, iyo ni title y’inkuru, ariko ibivugwamo biba ari byinshi, ukumva inzego ebyiri zitandukanye z’uyu muryango zatumije inama rusange zitandukanye, gusa kuko inzego zibireba neza, ukajya kumva zahagaritswe bitewe n’impamvu y’umutekano.”

Yakomeje agira ati “Ndabaza nka RGB ifite imiryango itari iya Leta mu nshingano, muteganya iki ngo mwinjire muri uyu muryango muwufashe gukemura ibibazo bimaze iminsi biwuvugwamo?”

Umuyobozi Mukuru wa RGB, Dr. Doris Uwicyeza Picard avuga koko na bo babizi ko hamaze iminsi havugwa amakimbirane mu buyobozi bw’iyi kipe ya Rayon Sports, ariko ko hari inzira zakozwe zigamije kurandura ibibazo byakunze kugaragara muri iyi kipe, zirimo kuvugurura amategeko yayo.

Ati “Turi gukorana kugira ngo aya mategeko abe ajyanye n’itegeko rigena imiryango itari iya Leta, tukaba dukomeza gukorana kugira ngo dufashe umuryango kubahiriza amategeko no kunoza imikorere ku buryo byashimisha abakunzi bayo.”

Umwuka utari mwiza uvugwa mu buyobozi bwa Rayon Sports, ushingiye ku gucikamo ibice, aho bivugwa ko hari uruhande ruri inyuma ya Paul Muvunyi usanzwe ari Umuyobozi w’Urwego rw’Ikirenga rw’iyi kipe, ndetse n’urushyigikiye Perezida wayo Twagirayezu Thaddée.

Uyu Paul Muvunyi yari aherutse gutumiza Inama y’Inteko Rusange ya Rayon, ariko iza gusubikwa bitunguranye, ku mpamvu itaratangajwe, ndetse ntihatangazwe n’igihe yimuriwe.

Depite Nizeyimana Pie asaba RGB kwinjira mu bibazo bya Rayon
Abafana ba Rayon babwiwe ko bashonje bahishiwe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 − three =

Previous Post

Iby’ingenzi byaranze itangwa ry’ibihembo by’abahize abandi mu mupira w’amaguru muri Afurika

Next Post

Eng.-One of the roads connecting two Provinces in Rwanda to be closed for seven hours

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Eng.-One of the roads connecting two Provinces in Rwanda to be closed for seven hours

Eng.-One of the roads connecting two Provinces in Rwanda to be closed for seven hours

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.