Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko byagenze ngo inzego zinjire mu iperereza ryihariye ku Bayobozi bamwe muri Nyamagabe n’ibyo bakekwaho

radiotv10by radiotv10
21/11/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Uko byagenze ngo inzego zinjire mu iperereza ryihariye ku Bayobozi bamwe muri Nyamagabe n’ibyo bakekwaho
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bayobozi bo mu Karere ka Nyamagabe, bari gukorwaho iperereza ridasanzwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, nyuma yuko igenzura ritahuye ko bashobora kuba barihaye amasoko ya Leta binyuranyije n’amategeko.

Nk’uko tubikesha ikinyamakuru cyitwa Umuseke, hashize ibyumweru bibiri abakozi b’Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) n’inzego zishinzwe iperereza binjiye mu Karere gukora igenzura ryimbitse kuri bamwe mu Bayobozi bakekwaho kwigwizaho umutungo wa Leta.

Abatanze ayo makuru bavuga ko hari hashize iminsi abagenzuzi babiri bo muri aka Karere babonye amanyanga akorwa n’abo Bayobozi aho bihaga amasoko ya Leta mu buryo budakurikije amategeko, bakayandikaho abandi bantu kugira ngo bitamenyekana ko ari bo bihaye ayo masoko.

Ayo makuru akavuga ko ubwo byari bitangiye guhwihwiswa Meya n’abo bafatanya bakuye mu myanya abo bagenzuzi babohereza mu Mirenge ibiri yo muri ako Karere kugira ngo basibanganye ibimenyetso.

Umwe yagize ati ”Bivugwa ko umwe muri abo bagenzuzi ari we wajyanye amakuru mu nzego nkuru za RIB, no mu nzego z’iperereza zimanuka gukora igenzura ryimbitse.”

Uyu avuga ko iperereza ryinjiye ku munsi wa kane mu biro by’Akarere rikaba ririmo kugenzura impapuro zitangirwaho amasoko ya Leta, rikarihuza n’amakuru inzego zahawe.

 

Abavuzwe amasoko ya Leta yanditsweho ni “abo bita Abashumba”

Isoko ryo kubaka Ikigo Nderabuzima cya Gasaka ndetse n’icyumba ababyeyi babyariramo (Maternité).

Isoko ryo kubaka umuhanda uca munsi y’isoko rya Nyamagabe, ndetse n’amasoko atangwa mu kugura ibiryo by’abanyeshuri n’andi nk’uko babivuga.

Hari n’uburyo ngo abayobozi bakomeye mu Karere bagiye bafata ibibanza bya Leta bakabiha abantu bashaka b’inshuti zabo.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyamagabe, Niyomwungeri Hildebrande yavuze ko atazi ayo makuru y’iperereza ririmo kuba mu biro bye, ndetse ko atazi n’abarimo gukora iryo perereza.

Ati ”Dusanzwe dufite inzego za RIB n’iz’Iperereza kimwe no mu tundi Turere, rwose ayo makuru y’abihaye amasoko ya Leta ntayo dufite.”

Gusa bamwe mu bahaye amakuru ikinyamakuru Umuseke, bavuga ko kwiha amasoko ya Leta mu buryo butemewe byakozwe mu mayeri akomeye, bakavuga ko ibi bimaze iminsi bikorwa ariko ntibijye ahagaragara.

Mu minsi ishize kandi bamwe mu bayobozi b’amashami n’Abakozi bari basabwe kwandika basezera ku kazi, abandi barakwepa bikavugwa ko gukurwa mu nshingano kwa hato na hato kuri abo bakozi ari byo bikomeza guteza umwuka mubi cyane cyane hagati ya Meya n’abo bakozi.

Ivomo: Umuseke

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × two =

Previous Post

Amakuru agezweho ku mukobwa ufite inkomoko mu Rwanda uri guhatana muri Miss Belgium

Next Post

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.