• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abandi barwanyi ba FDLR bacyuwe na MONUSCO ibashyikiriza u Rwanda

radiotv10by radiotv10
26/11/2025
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu 22 bavuye mu mashyamba ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, biganjemo abari abarwanyi b’umutwe w’Iterabwoba wa FDLR, batahutse mu Rwanda, bakirwa, bahita boherezwa mu kigo cya Mutobo kugira ngo bahabwe amahugurwa azabafasha kuba mu muryango mugari.

Aba bantu 22 bakiriwe n’u Rwanda kuri uyu wa Kabiri tariki 25 Ugushyingo 2025, banyuze ku mupaka munini uhuza u Rwanda na DRC, usanzwe unyuraho abatahutse bava mu mashyamba ya kiriya Gihugu.

U Rwanda rwakiriye aba bantu, rubashyikirijwe n’Ubuyobozi bw’Ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri DRC MONUSCO.

Nyirahabineza Valerie, Perezida wa Komisiyo y’Igihugu ishinzwe gusezerera no gusubiza mu buzima busanzwe abahoze ari abasirikare, agize ati “twakiriye abaturage baturutse mu mashyamba 22, harimo abari abasirikare cumi na batanu n’abaturage b’abasivili bafitanye isano n’imitwe yitwaje intwaro barindwi n’abana batanu.”

Nyirahabineza Valerie yavuze ko aba bahoze ari abarwanyi bahita boherezwa mu Kigo cya Mutobo kugira ngo bahabwe amahugurwa arimo n’indangagaciro bizabafasha kwisanga mu muryango mugari w’Abaturarwanda.

Avuga ko abahabwa aya mahugurwa, ari abaje kubushake bwabo, aho bamara amezi atatu bahabwa ayo mahugurwa azabafasha kugira icyo bakora igihe bazaba bari hanze.

Ati “Tubasezerera bagasubira mu miryango bakomokamo nyuma yo kubakorera isuzuma dufatanyije n’inzego nyinshi zidufasha kubahugura rikagaragaza ko imyitwarire yabo yahindutse.”

Avuga kandi ko uretse aya mahugurwa, banahabwa ubudasha bunyuranye burimo ubuvuzi, ibyo kurya, gucumbikikirwa, ibyo kwambara n’ibindi bikoresho by’ibanze.

Ati “kandi abagore, abana, abasaza ndetse n’abamugaye bahabwa ubufasha bujyanye n’ibyo bakeneye by’ibanze.”

Aba bavuye mu mashyamba ya DRC, basabwe kandi guhamagarira bagenzi babo basizeyo gutahuka kuko mu Rwanda ari amahoro, ntibakomeze kumva ubutumwa buyobye bahabwa n’abayobozi ba FDLR bababuza gutahuka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × two =

Previous Post

Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi

Next Post

Eng.-AFC/M23 arrests 40 men for transporting weapons and other military equipment

Related Posts

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

Next Post
Eng.-AFC/M23 arrests 40 men for transporting weapons and other military equipment

Eng.-AFC/M23 arrests 40 men for transporting weapons and other military equipment

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

How people stay financially stable

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.