• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Abo mu Bihugu bikennye bashobora kutazongera kugera muri America ukundi

radiotv10by radiotv10
29/11/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Abo mu Bihugu bikennye bashobora kutazongera kugera muri America ukundi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Donal Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America, yavuze ko agiye guhagarika gahunda yo kwakira abaturage bava mu Bihugu bikennye bajya kuba muri iki Gihugu.

Uyu mukuru w’igihugu yavuze ko abimukira bari mu gihugu cye bageze kuri miliyoni 50. Aba ngo banatangwamo imisoro myinshi yo kubatunga. Ibi ngo byabaye umuzigo ukomeye ku Banyamerika. Uyu mukuru w’igihugu yavuze ko agomba guhagarika gahunda yo kwakira abantu badafite icyo baje gufasha igihugu. Ibi bigamije kuzahura imibereho y’abaturage be.

Perezida Trump kandi yamaze no gutegeka urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika gukora igenzura ku banyamahanga bose bari muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika binjiye mu buryo abenshi bita Green Card.

CNN yanditse ko abagomba gukorerwa igenzura rikomeye ari abaturage baturuka mu bihugu 19. Ibyo ni: Afghanistan, Burma, Chad, Repubulika ya Congo (Congo Brazzaville), Guinea Equatorial, Eritrea, Haiti, Iran, Libya, Somalia, Sudan, Yemen, Burundi, Cuba, Laos, Sierra Leone, Togo, Turkmenistan na Venezuela.

Trump yavuze ko agomba guhindura politiki zose abamubanjirije bashyizeho zigamije kwakira abanyamahanga bajya gushakira imibereho muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Umuntu wese udafite ibyangombwa, utagira icyo akora, ukekwaho ibyaha ndetse n’udafite indangagaciro z’abaturage b’i Burayi na Amerika; Perezida Trump yavuze ko agomba kubasubiza iwabo. Iyo gahunda izabanzirizwa no guhagarika amafaranga yose igihugu cye kigenera abaturage bemerewe kujya gushakira imibereho muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 2 =

Previous Post

Kayonza: Hari amahirwe yo kugura imodoka ari muri Koperative ihinga umuceri

Next Post

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda barimo Umunyamabanga Uhoraho muri MINAFFET

Related Posts

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

by radiotv10
30/05/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America na Iran byageze ku bwumvikane bwo kongera igihe cy’agahenge kari hagati y’impande zombi ndetse no...

Abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Congo bageze ku mubare ukabakaba igihumbi

Abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Congo bageze ku mubare ukabakaba igihumbi

by radiotv10
29/05/2026
0

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, ryatangaje ko umubare w’abamaze kwandura Ebola muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bageze kuri...

Next Post
Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda barimo Umunyamabanga Uhoraho muri MINAFFET

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda barimo Umunyamabanga Uhoraho muri MINAFFET

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.