Sunday, August 2, 2026
RW|EN
AMAHANGA

Umuyobozi w’Ingabo z’Igihugu kimwe muri Afurika yatakambiye Perezida wa America

Umuyobozi w’Ingabo z’Igihugu kimwe muri Afurika yatakambiye Perezida wa America

Gen. Abdel Fattah al-Burhan Abdelrahman al-Burhan ukuriye ingabo z’Igihugu cya Sudan, yatakambiye Perezida Donal Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America ngo amukize intambara ikomeje gufata indi ntera muri iki Gihugu.

Uyu mukuru w’ingabo z’igihugu yavuze ko yiteguye kuganira n’abayobora Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Arabiya Saudite. Ariko ngo azajya muri ibyo biganiro ari uko abayobora ibyo bihugu bamaze guhagarika intambara ahanganyemo n’umutwe w’abarwanyi uyoborwa na mugenzi we, Gen. Muhammad Hamdan Dagalo.

Gen. Abdel Fattah al-Burhan Abdelrahman al-Burhan yavuze ko abaturage be bateze amakiriro kuri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Umuyobozi w’umutwe uhanganye n’ingabo za leta we aherutse kuvuga ko agiye guhagarika intambara mu gihe cy’amezi atatu kugira ngo abaturage bahabwe ubutabazi. Ariko uyu musirikare utakambira Perezida Trump we yarabyanze.

RADIOTV10

Share this story: Facebook Twitter WhatsApp

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − two =