Monday, December 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
01/12/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame; yashyize mu myanya abayobozi barimo Minisitiri w’Ubuhinzi mushya, n’Abanyamabanga ba Leta babiri barimo Dr Usta Kaitesi wari Umusenateri, wasimbuye General (Rtd) Jamens Kabarebe na we wahawe izindi nshingano.

Iri shyirwa mu myanya ry’abayobozi bashya, rikubiye mu itangazo ryaturutse mu Biro bya Minisitiri w’Intebe kuri uyu wa Mbere tariki 01 Ukuboza 2025.

Iri tangazo ryashyizweho umukono na Minisitiri w’Intebe, Dr Justin Nshingiyumva mu izina rya Perezida Paul Kagame, rivuga ko Dr Telesphore Ndabamenye yagizwe Minisitiri w’Ubuhinzi, ndetse na Dr Solange Uwituze wagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi.

Dr Telesphore Ndabamenye wagizwe Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, yari asanzwe muri iyi Minisiteri, dore ko yari yayinjiyemo muri Nyakanga uyu mwaka, aho yari Umunyamabanga wa Leta, akaba asimbuye Dr Mark Cyubahiro Bagabe wari umaze umwaka n’amezi icyenda, dore ko yari yagizwe Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi muri Werurwe 2024.

Dr. Solange Uwituze wagizwe Umunyamabanga wa Leta muri MINAGRI, na we si mushya mu rwego rw’Ubuhinzi, kuko yigeze kuba Umuyobozi Mukuru Wungirije Ushinzwe Iterambere ry’Ubworozi mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi RAB.

Ni mu gihe kandi Dr Usta Kaitesi yagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, asimbura General (Rtd) James Kabarebe.

Hon. Dr Usta Kaitesi yari yinjiye muri Sena muri Nzeri umwaka ushize wa 2024, aho yashyizweho na Perezida Paul Kagame, nyuma y’igihe yari amaze ari Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere RGB.

Mu bandi bahawe inshingano kandi, barimo Gen (Rtd) James Kabarebe wagizwe Umujyanama Mukuru mu by’umutekano mu Biro by’Umukuru w’Igihugu, inshingano n’ubundi yigeze gukora.

Ni mu Gihe kandi muri Sena, hashyizweho Dr Muligande Charles wasimbuye Dr Usta Kaitesi wahawe inshingano muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane.

Dr Telesphore Ndabamenye yagizwe Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi
Dr. Solange Uwituze
Dr Usta Kaitesi yagizwe Umunyamabanga wa Leta muri MINAFFET
Gen Rtd James Kabarebe yongeye kugirwa Umunyanama muri Perezidansi ya Repubulika
Dr Charles Murigande

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 3 =

Previous Post

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

Related Posts

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

by radiotv10
01/12/2025
0

Hari abahoze ari abakozi b’Ikigo Nderabuzima cya Murara mu Karere ka Rubavu, bavuga ko bari mu gihirahiro nyuma y’uko mu...

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

by radiotv10
01/12/2025
0

Abagabo batatu batawe muri yombi na Polisi ikorera mu Karere ka Gisagara, bakekwaho kwica umugabo bamukase ijosi, barimo uwakundaga kumubwira...

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu Mujyi wa Kigali hagiye gutangira gahunda nshya mu gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange, izatuma nta modoka zihagarara umwanya...

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu rwego rwo gukomeza gushimangira ubufatanye n’imikoranire myiza hagati y’inzego z’umutekano n’abaturage, Inzego z’Umutekano z’u Rwanda (RSF) ziri mu bikorwa...

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

by radiotv10
01/12/2025
0

A new public transport system is set to begin operating in the City of Kigali, one that will ensure buses...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda
MU RWANDA

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
01/12/2025
0

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

01/12/2025
Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

01/12/2025
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

01/12/2025
Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

01/12/2025
RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

01/12/2025
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.