Perezida wa Repubulika, Paul Kagame; na we yageze i Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, yitabiriye isinywa ry’amasezerano y’Amahoro hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi y’u Rwanda.
Byatangajwe n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 03 Ukuboza 2025, binyujijwe ku mbuga nkoranyambaga.
Perezidansi ya Repubulika y’u Rwanda, ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga, yatangaje ko “Perezida Kagame yageze i Washington, D.C., aho azahurira na Perezida Donald Trump, akanasinya Amasezerano y’i Washington.”
Ibiro by’Umukuru w’u Rwanda byatangaje ko Perezida Kagame yageze i Washington nyuma y’amasaha macye Perezidansi ya DRC na yo itangaje ko Félix-Antoine Tshisekedi Tshilombo na we yageze muri America.
Umuhango wo gusinya aya masezerano hagati y’u Rwanda na DRC, uteganyijwe kuri uyu wa Kane tariki 04 Ukuboza 2025 muri White House- Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Leta Zunze Ubumwe za America, ukazayoborwa na Donald Trump.
Iki gikorwa cyo gusinya aya masezerano, kibaye nyuma y’iminsi micye, Abakuru b’Ibihugu byombi; Perezida Kagame na Tshisekedi; batangaje ko bemeye guhura bagashyira umukono ku Masezerano y’Amahoro ya burundu.
Binabaye kandi nyuma y’iminsi micye aba Baperezida bombi banakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al-Thani yagiriye mu Bihugu byombi, aho yanahuye n’aba Bakuru b’Ibihugu, yari yanahuje mu biganiro byaabaye muri Werurwe uyu mwaka, byari bigamije kubyutsa icyizere bityo n’ibiganiro bibone aho bihera.


RADIOTV10









