Saturday, December 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hagaragajwe impamvu zituma amashuri y’i Kigali adatsindisha bishimishije mu bizamini bya Leta

radiotv10by radiotv10
11/12/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ibizamini bya Leta: Imitsindire muri ‘O Level’ yasubiye inyuma, muri ‘Primaire’ irazamuka
Share on FacebookShare on Twitter

Mu nama nyunguranabitekerezo yahurije hamwe inzego z’uburezi mu Mujyi wa Kigali, haganiriwe ku mpamvu zituma amashuri yo muri uyu Mujyi adatsindisha bishimishije mu bizamini bya Leta, ndetse zimwe ziranagaragazwa, hanarebwa icyakorwa ngo zibonerwe umuti.

Kutabonera imfashanyigisho ku gihe, ubucucike mu mashuri ndetse n’abarimu bafite imyitwarire itari myiza; ni zimwe mu mbogamizi zituma amashuri adatsinda neza.

Ibi byagarutsweho mu nama yahuje inzego z’uburezi ku rwego rw’Umujyi wa Kigali, yitabiriwe n’abayobozi b’ibigo by’amashuri bya Leta, ibyigenga, abashinzwe uburezi, abafatanyabikorwa batandukanye n’abandi.

Nyuma y’uko hasohotse amanota y’ibizamini bya Leta bisoza umwaka w’amashuri 2024-2025, byagaragaye ko hari amwe mu mashuri yo mu Mujyi wa Kigali atarabashije gutsinda ku manota fatizo asabwa, ni ukuvuga 50%. Mu rwego rwo kumenya impamvu y’iki kibazo, hakozwe isuzuma ngo harebwe icyabiteye.

Ibyavuye muri iryo suzuma byagaragaje ko amashuri yatsinzwe mu mwaka w’amashuri ushize yari yaratsinzwe no mu mwaka wabanje.

Niyongabo Eric, Umuhuzabikorwa w’uburezi mu Mujyi wa Kigali, yagize ati “Ikibabaje ni uko amashuri agera kuri 65 yatsinzwe, kandi n’umwaka wabanje yari yaratsinzwe, ni ukuvuga mu mwaka wa 2023-2024. Ubwo rero ni cyo cyatumye twibaza ngo ese kubera iki aya mashuri yatsinzwe inshuro ebyiri zikurikiranya, tukagira n’impungenge ko bishoboka ko byakongera no ubutaha. Ariko dufatiranye tukayafasha kugira ibyo ahindura, kandi dufite ikizere ko umwaka utaha azakora neza.”

Bamwe mu bayobozi b’ibigo by’amashuri mu Mujyi wa Kigali bagaragaje ko bimwe mu bituma batabasha kugera ku ntego yo gutsinda neza harimo n’ikibazo cy’ubucucike bukabije mu mashuri.

Mathias Sindayigaya, uyobora ishuri rya G.S Mburabuturo, yagize ati “Hari ikintu gikomeye amashuri yigenga akora ayafashwa na Leta adakora, cyitwa kubaza abanyeshuri. Ikibitera ni ubwinshi bw’abanyeshuri bari mu cyumba cy’ishuri, bigatuma umwarimu agira impungenge zo kubaza abo bana inshuro nyinshi kuko atazashobora kubakosora.”

Naho umuyobozi w’ishuri rya Mai-Childhood Academy yagize ati “Nujya kureba ku mbuga zose zikoreshwa urasanga hari ibyo tutarabona. Hari imfashanyigisho zimwe na zimwe zitaraza, ukibaza uti ese zizaza ryari? Icyo na cyo ni indi mbogamizi, tukaba dusaba ko mwadufasha kugira ngo bikemuke.”

Imyitwarire itari myiza ya bamwe mu barimu na yo ni indi mpamvu yagaragajwe. Undi muyobozi w’ishuri yagize ati “Twebwe abo mu mashuri ya Leta dufite ibibazo byihariye, aho usanga tuba dufite abarimu bananiranye. Ugategereza ngo uwo muntu azaguhe umusaruro, ugaheba. Ahubwo ugasanga aragumura bagenzi be, ugasanga ikigo ntikigikora nk’ishuri ahubwo buri wese afite itegeko rye n’ibyo agenderaho.”

Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Uburezi, Charles Karakye yibukije abayobora ibigo by’amashuri ko kugira ngo habashe gutangwa uburezi bufite ireme bagomba kubigiramo uruhare.

Yagize ati “Ubu turi muri phase ya quality, ni yo mpamvu mwumvise twatinze kubyo tugomba kunoza kugira ngo tuzamure ireme ry’uburezi. Uburezi ni ugufatanya, nta muntu ushobora kubukora wenyine. Inzego uhereye kuri minisiteri kugera ku buyobozi bw’inzego zose tugomba gufatanya namwe mwese kugira ngo dukomeze guteza imbere ireme ry’uburezi.”

Yavuze ko kandi uko ubushobozi buzagenda buboneka hazagenda hakemurwa n’ibindi bibazo. Ati “Hari ibizagenda bikorwa harimo n’ibijyanye no kubaka amashuri n’ibindi byinshi tuzagenda twongera uko ubushobozi buzagenda buboneka.”

Kugeza ubu mu Mujyi wa Kigali hari amashuri 686, muri yo 119 ni aya Leta, 502 ni ayigenga, naho 65 afashwa na Leta.

Umunyamabanga Uhoraho muri MINEDUC yagaragarije abayobozi b’ibigo ibyo bagomba kwitaho
Yari inama nyunguranabitekerezo igamije kuzamura ireme ry’uburezi

Emelyne MBABAZI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 10 =

Previous Post

Eng.-One AFC/M23 cadre shot dead in Goma City

Next Post

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon yatanze umucyo ku bibaza ku hazaza h’ikipe

Related Posts

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

by radiotv10
12/12/2025
0

Imodoka y’isuku n’umutekano y’Umurenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, yakoreye impanuka mu Murenge wa Kimisagara,...

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugore w’imyaka 40 y’amavuko utuye mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, yafatanywe udupfunyika tw’urumogi...

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Minisitiri w’Ibikorwa by'Ubutabazi, Maj. Gen. (Rtd) Albert Murasira akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyaruguru, yasabye abashoramari gushora imari muri aka Karere,...

IZIHERUKA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze
AMAHANGA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

by radiotv10
12/12/2025
0

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

12/12/2025
Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

12/12/2025
Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

12/12/2025
Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

12/12/2025
Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

Perezida w'Inzibacyuho wa Rayon yatanze umucyo ku bibaza ku hazaza h'ikipe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.