• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon yatanze umucyo ku bibaza ku hazaza h’ikipe

radiotv10by radiotv10
11/12/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi w’inzibacyuho wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yatangaje itariki ntarengwa iyi kipe izaba yamaze kubona umutoza mushya wayo, ndetse anagaruka ku bakinnyi bifuza kongeramo, n’imigambi bafite kugira ngo ikipe ikomeze guhatanira ibikombe.

Murenzi Abdallah uherutse guhabwa inshingano zo kuyobora Komite y’Inzibacyuho ya Rayon, yatangaje ko ko bitarenze kuri uyu wa Gatanu tariki ya 12 Ukuboza 2025, iyi kipe izaba yamaze kubona umutoza mushya, hagamijwe kongera imbaraga mu rugamba rwo guhatanira ibikombe byose Yaba mu bahungu ndetse n’abakobwa.

Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, Murenzi yemeje bahanze amaso ku kuzana umutoza mushya nk’umwe mu bazabafasha kuzana abakinnyi mu Kwa mbere.

Yagize ati “Turateganya ko bitarenze ku wa Gatanu w’icyumweru gitaha Rayon sport izaba yasinyishije umutoza, nk’imwe mu ntwaro izadufasha kugura abakinnyi ndetse no gutwara ibikombe.”

Murenzi Abdallah yanagarutse ku bakinnyi iyi kipe yifuza kongeramo mu kwezi kwa mbere 2026, kugira ngo barusheho kunoza imikinire

Yagize ati “Rayon iri mu biganiro n’umuzamu dushaka ko azaza akaba ari we wa mbere, umukinnyi wo hagati w’ubwugarizi, undi wo ku ruhande rw’ibumoso, nimero 6 ndetse na rutahizamu ushobora guca ku ruhande.”

Murenzi Abdallah yavuze ko intego y’iyi kipe bashaka kubaka mu kwa mbere ariyo guhatanira ibikombe mu gihe cya vuba, cyane cyane ko Shampiyona ikirimo amahirwe, naho Igikombe cy’Amahoro kikaba kitaratangira.

Yagize ati “Ku bahungu, kimwe mu bikombe bihatanirwa turagishaka, byakunda tukabitwara byose kuko birashoboka. Shampiyona ntabwo duhagaze nabi, kandi abakinnyi twifuza tubongeramo badufasha gutwara iki gikombe.”

Mu bakinnyi bari kuvugwa bashobora kwinjira muri Rayon Sport , bivugwa ko kuri nimero 6 Rayon Sports yamaze kwerekeza amaso muri Burundi, kuvugisha Faustin Kitoko Likau, ukina muri Flambeau de Centre akaba akomoka muri DR Congo. Uyu musore ngo ni umwe mu bo ubuyobozi bubona bashobora kongereramo ku bakina hagati.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + sixteen =

Previous Post

Hagaragajwe impamvu zituma amashuri y’i Kigali adatsindisha bishimishije mu bizamini bya Leta

Next Post

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.