Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

radiotv10by radiotv10
11/12/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Mu rubanza rw’abaregwa gukwirakwiza amashusho y’urukozasoni, barimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, hasobanuwe ko uyu uzwi mu biganiro kuri YouTube, yasanganywe amashusho ageze kuri atanu, ndetse yashyizwe mu rubuga rwa WhatsApp yashinze rwitwa ‘Aba-Chou’.

Byagarutsweho mu iburanisha rya none ku wa Kane tariki 11 Ukuboza 2025, ku cyicaro cy’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro, ubwo abaregwa muri uru rubanza ku ifungwa ry’agateganyo bagarukaga imbere yarwo.

Djihad witabye Urukiko mu gitondo cya none, yaje yambaye umupira umupfutse no mu maso, aho imashini yawo ifungwa kugeza no mu isura, ndetse ubwo yururukaga imodoka ya RIB, akaba atabashaga kureba neza aho akandagira, ku buryo hari aho yageraga akenda kugwa.

Ni urubanza ruregwamo kandi Kwizera Nestor uzwi nka ‘Pappy Nesta’ na Ishimwe Francois Xavier bose bakurikiranyweho icyaga cyo gusakaza amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano.

Kuri Ishimwe Francois Xavier, Ubushinjacyaha bwavuze ko yakaga abantu amafaranga kugira ngo abahe ariya mashusho y’urukozasoni, aho bamwe yabishyuzaga 100 Frw abandi 200 Frw.

Naho kuri Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, Ubushinjacyaha bwavuze ko yasanganywe amashusho y’urukozasoni atanu y’uriya muhanzi Yampano.

Nanone Ubushinjacyaha bwavuze ko ibyaha biregwa Djihad, bishingiye ku buhamya bw’abatangabuhamya barimo Eric Semuhungu ndetse n’uwitwa Aaron Niyonagize, gusa ibyo batangaje ntibyavugiwe mu Rukiko uyu munsi.

Bwavuze kandi ko hari urubuga rwa WhatsApp ryitwa ‘Aba-Chou’ [imvugo ikunze gukoreshwa na Djihad] rwashinzwe n’uyu musore, rurimo abantu 989.

Ubushinjacyaha bwavuze ko mu butumwa bwatambutse muri uru rubuga, harimo ubwo Djihad yabwiraga abarubamo ko hari amashusho y’urukozasoni, ndetse ayo mashusho akaza no gushyirwa muri uru rubuga.

Mu ibazwa ry’uregwa, yahakanye ibyaha akurikiranyweho birimo ibi byo gusakaza amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano.

Uyu Djihad kandi akurikiranyweho ibindi byaha bishingiye ku birego yagiye aregwa n’abantu batandukanye mu bihe binyuranye, na bo bishingiye ku kubasebya.

Ku cyaha cyo gusakaza amashusho y’urukozasoni ya Yampano kandi, kiregwa uwitwa Ishimwe Patrick uzwi nka Pazzo Man, na Kalisa John uzwi nka K-John, na bo baherutse kugezwa imbere y’Urukiko basabirwa gufungwa by’agateganyo iminsi 30.

Ubushinjacyaha buvuga ko impamvu busabira aba bantu gufungwa by’agateganyo, ari ibimaze kugerwaho mu iperereza kimwe no kuba aba bose basanzwe bafite imbuga za WhatsApp babamo, kandi ko barekuwe bakomeza gusakaza ayo mashusho.

Aba bombi (Pazzo Man na K-John) bo baburanye mu cyumweru gishize, biteganyijwe ko basomerwa icyemezo ku ifungwa ry’agateganyo kuri uyu wa Kane.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − eight =

Previous Post

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

Next Post

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

Related Posts

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

by radiotv10
03/04/2026
0

Umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement ukurikiranyweho ibyaha birimo kurwanya ububasha bw’amategeko, yanditse ibaruwa asaba imbabazi avuga ko ibyo...

Ruracyageretse hagati y’umunyamakuru n’umukinnyikazi wa filimi bapfa imodoka yagaragajwe n’umwe

Hemejwe ifungwa ry’umunyamakuru DC Clement hanasobanurwa imiterere y’icyabiteye

by radiotv10
02/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwemeje ko Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement, yatawe muri yombi akekwaho kwangiza ikintu cy’undi no...

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

by radiotv10
01/04/2026
0

Turahirwa Moses uri mu bahanga mu guhanga imideri bazwi mu Rwanda wanashinze inzu yayo ya Moshions, yagumishirijweho igihano cy’igifungo cy’imyaka...

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

by radiotv10
01/04/2026
0

Umunyamakuru Niyigaba Clément uzwi nka DC Clément watawe muri yombi, akurikiranyweho ibyaha birimo icyo kwangiza ikintu cy'undi, akekwaho gukora yangiza...

Umuhanzikazi wakunzwe na benshi ku Isi Celine Dion wari umaze igihe arembye agarukanye ubutumwa bwiza

Umuhanzikazi wakunzwe na benshi ku Isi Celine Dion wari umaze igihe arembye agarukanye ubutumwa bwiza

by radiotv10
31/03/2026
0

Umuhanzikazi Celine Dion uri mu bafite abafana benshi ku Isi, wari umaze igihe arembye, arahumuriza abakunzi be ko ubu amerewe...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.