Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

radiotv10by radiotv10
11/12/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko ubwo u Burundi bwari bukomeje kongera umubare w’Ingabo muri DRC, ndetse zimwe zijya gushinga ibirindiro mu bice byegereye u Rwanda, yahamagaye mugenzi we Evariste Ndayishimiye akabimubazaho, undi akamuhakanira.

Perezida Kagame yabitangaje ubwo yagarukaga ku bibazo byo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bifite amateka atari aya vuba aha.

Umukuru w’Igihugu yavuze ko ikibabaje ari uko uko ibi bibazo bigenda bibyuka, bihora byegekwa ku Rwanda, nyamara ahubwo na rwo rufite ibibazo biri muri DRC birubangamiye, byagakwiye kubazwa kiriya Gihugu.

Perezida Kagame yavuze ko aya mateka n’ibibazo bigerekwa ku Rwanda, “birimo ubugome n’ibinyoma byinshi, kandi bifitanye isano n’amateka yacu” atanga urugero ubwo intambara zo mu burasirazuba bwa DRC zari zubuye, habanje kujyayo ingabo za EAC zitari zirimo iz’u Rwanda, ariko rugasaba ko ikibazo kirubangamiye cyazakemurwa, ariko ko na zo zitamazeyo kabiri, ahubwo ko zirukanywe na DRC ubwayo.

Ati “Muri uko kuzirukana, Congo ihitamo kwirukana bamwe isigarana abandi, isigarana ingabo z’u Burundi kuko bari bafite ubwumvikane bahuriyeho na bwo bufitanye isano n’amateka yacu.”

U Burundi kandi bwarushijeho kongera ingabo muri DRC ndetse zerecyeza mu bice byegereye u Rwanda, bigatuma afata icyemezo cyo kubiganiraho na Perezida Evariste Ndayishimiye wa kiriya Gihugu.

Ati “Nafashe telefone nterefona Perezida w’u Burundi Ndayishimiye ndamubaza nti ‘ingabo zari ziri muri EAC, ko bazirukanye iz’u Burundi zigasigara, u Burundi bwagiye muri SADC? mwagiyeyo se ko kubera ko gusa muri inshuti za Congo mushaka kuyishyigikira mu byari ibyo byose bakora. Avuga ko Congo yabibasabye.”

Yavuze ko yanamubajije iby’izindi ngabo z’u Burundi zari zikomeje kwiyongera zijyayo ariko zikajya gushinga ibirindiro mu majyaruguru y’u Rwanda hafi yarwo, zirimo izajya i Goma na Rutshuru, kandi ko yari afite amakuru yizewe, ariko Ndayishimiye akamuhakanira, ko nta ngabo z’u Burundi ziri mu majyaruguru y’u Rwanda.

Ati “Yarabanje arambwira ngo bafite ibibazo bikomoka muri Congo by’umutekano wabo, avuga ko biri mu majyepfo, za Uvira na za Minembwe, ngo ni yo mpamvu bagiye muri Congo.”

Ngo akomeje kubimubazaho, Ndayishimiye “Arambwira ngo ni nde wakubwiye ko dufite ingabo aho ngaho? Ndamubwira nti ‘Hari ababimbwiye ariko nanjye nabyemeye kuko bampaye ibimenyetso. Ariko ntabwo nari kubyemera burundu ntabanje kukubaza wowe ubwawe ngo numve icyo umbwira’. Ati ‘Oya, uwakubwiye yarakubeshye, nta ngabo zacu ziri aho ngaho mu majyaruguru yanyu’.”

Perezida Kagame yakomeje agira ati “Ndamubwira nti ni ‘byiza’, nti ubwo uri Umuyobozi w’Igihugu cyawe ubinyibwiriye ubwo ndabyemeye. Ntabwo hashize kabiri, ndetse benshi bafatirwayo mu mirwano.”

Muri ibyo bihe byose kandi habayeho n’inama zahuzaga abo mu nzego z’umutekano z’Ibihugu byombi (u Rwanda n’u Burundi), bakagerageza kwihakana n’abo bafatiwe ku rugamba, ariko u Rwanda rukabibemeza, bakabura ibyo basobanura.

Ati “Hanyuma hakurikiraho inama z’abayobozi b’u Rwanda, u Burundi, bagashaka guhakana, abandi bakabereka bati ‘Ese noneho mwihakanye n’abasirikare banyu? ntimukibashaka? Tugira ngo ahubwo turebe uko twavugana n’ababafite hakurya hariya, bababahe’.”

Perezida Kagame yavuze ko nubwo u Burundi bwakomeje aya macenga, ariko amakuru agaragaza ko iki Gihugu ubu gifite ingabo zibarirwa mu bihumbi 20 muri DRC.

RADIOTV10 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 4 =

Previous Post

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

Next Post

Does family money shape your future? The truth behind wealth inheritance

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Does family money shape your future? The truth behind wealth inheritance

Does family money shape your future? The truth behind wealth inheritance

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.