Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

radiotv10by radiotv10
03/01/2026
in MU RWANDA
0
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry

Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi nziza yamuhaye, yaba akoze icyaha, asaba uwari ubimubajije, gusigaho.

Ni nyuma yuko umwe mu bakoresha urubuga nkoranyambaga rwa X anyujijeho ubutumwa abaza Dr Murangira niba yemerewe kuba yagurira Fanta umukozi wa RIB.

Mu butumwa bwanditswe n’ukoresha Konyi yitwa Adata Adonis kuri uru rubuga, yagize ati “Ese mpaye umukozi wa RIB aga fanta mushimira ko yampaye service nziza, nabikora gute bitabaye icyaha?”

Mu kumusubiza, Umuvugizi w’uru Rwego rushinzwe kugenza Ibyaha, Dr Murangira, yamugiriye inama yo kutabikora, kuko bigize icyaha gihanwa n’amategeko.

Dr Murangira B. Thierry yagize ati “Uramenye rwose. Sigaho amategeko ataguhana. Icyo gikorwa kigize icyaha cyo gutanga indonke.”

Umuvugizi wa RIB yakomeje avuga ko icyo gikorwa uriya muturage yifuza gushimira umukozi w’uru rwego, ahubwo ari cyo kiba gikwiye. Ati “Gutanga service nziza biri mu nshingano ze ntabwo agomba kubishimirwa.”

Ingingo yo gutanga serivisi nziza ku Baturarwanda ikunze kugarukwaho na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame anenga abatanga serivisi mbi, abasaba kubikosora kuko bidakwiye.

Umukuru w’Igihugu aheruka kugaruka kuri iki kibazo mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru tariki 27 Ugushyingo 2025, aho yasabye abantu kujya banga sevisi mbi bahawe n’uwo ari we wese, kandi bakanabivuga.

Yagize ati “Abanyarwanda muri rusange, mukwiye kwanga serivisi mbi muhabwa mukayishyurira, ukagenda utanavuze, mukwiye kubyanga. Aho baguhaye serivisi mbi ukwiye kuhavuga, uwayiguhaye ni nde? Vuga uti ahangaha batanga serivisi mbi, nawe nk’umunyamakuru ukwiye kubatanga.”

Mu nama y’Inteko Rusange ya 17 y’Umuryango FPR-Inkotanyi yabaye tariki 19 Ukuboza 2025, Umukuru w’u Rwanda yongeye kugaruka ku kibazo cya serivisi mbi bamwe mu bayobozi batanga, avuga ko iyaba abaturage bazabahagurukira, bagafata inkoni bakabakubita.

Icyo gihe yagize ati “Ugana hariya wajya gusaba serivisi, icya mbere ntakwitayeho, ugasanga umukobwa, umuhungu yicaye aho, yibereye kuri telefoni, arakora ibyo akora sinzi ibyo ari byo, akicara aho, ugasaba serivisi akaba yanagutuka rwose, cyangwa ati ‘uwagombaga kubiguha ntahari, genda’.”

Yakomeje agira ati “Ibyo birinda kubaho kubera iki? Byabaho kubera iki? Abayobozi ari abari hano banyumva ndetse aba baturage mugira mutya…uwampa ngo bishyire hamwe baze bagukubite.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 4 =

Previous Post

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Next Post

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.