Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

radiotv10by radiotv10
06/01/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America, nyuma yuko yohereje abakomando bagafata Perezida wa Venezuela kubera kumushinja ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge, yabaye nk’utera ubwoba mugenzi we wa Colombia ko na we igikorwa nka kiriya akimukozeho byamugwa neza.

Mu mpera z’icyumweru gishize, ntayindi nkuru yari igezweho ku Isi uretse ifatwa rya Perezida Nicolas Maduro wa Venezuela, wafashwe muri operasiyo ikomeye y’umutwe udasanzwe w’igisirikare cya America, wamusanze iwe.

Ni igikorwa cyamaganiwe kure n’amahanga, mu gihe Perezida Trump we avuga ko cyari ngombwa mu rwego rwo guca intege ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge bushinjwa Maduro.

Trump kandi yabaye nk’utera ubwoba Perezida Gustavo Petro wa Colombia, avuga ko nyuma y’ifatwa rya Maduro, na Guverinoma ya Cuba na yo ishobora gukorerwa nka biriya.

Ni mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru kuri iki Cyumweru ubwo yari mu ndege ye ya Air Force One, ubwo yasubizaga ku kwamaganwa akomeje gukorerwa n’Ibihugu byo muri America y’Amajyepfo, birimo Brazil, Chile, Colombia, Mexico, Uruguay kimwe na Spain, bivuga ko kiriya gikorwa “giteye impungenge cyane ku mahoro n’umutekano byo muri kariya karere.”

Trump yavuze ko Colombia kimwe na Venezuela byari Ibihugu “by’ibirwayi” ndetse anavuga ko Guverinoma ya Bogota “iyobowe n’umurwayi washyize imbere gukora Cocaine no kuyicuruza muri Leta Zunze Ubumwe za America.” Ati “Kandi ntabwo azabikora igihe kinini, ndababwiza ukuri.”

Abajijwe niba ibyo yakoze muri Venezuela azabikora no muri Colombia, Trump yavuze ko “Byanshimisha cyane.”

Perezida Gustavo Petro wa Colombia yamaganiye kure ibi yatangajweho na Trump, avuga ko akwiye “guhagarika kumusebya” anasaba Ibihugu byo muri America y’Amajyepfo guhagurukira hamwe “kwamagana ubu bwibone n’ubucakara.”

Mu butumwa burebure yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, Perezida Petro yavuze ko “Leta Zunze Ubumwe za America ari cyo Gihugu cya mbere ku Isi, cyarashe ibisasu mu murwa mukuru wa America y’Amajyepfo mu mateka y’Isi.” Ariko ko kwihorera ari cyo gisubizo cyiza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × four =

Previous Post

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Next Post

Simple Ways to Control Your Spending After the Festive Season

Related Posts

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Simple Ways to Control Your Spending After the Festive Season

Simple Ways to Control Your Spending After the Festive Season

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.