Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

radiotv10by radiotv10
13/01/2026
in AMAHANGA
0
Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi amaze iminsi agirira ingendo i Luanda muri Angola, aho kuva uyu mwaka watangira amaze kujyayo inshuro ebyiri mu minsi itatu gusa. Ni nyuma yuko kiriya Gihugu giteye utwatsi ubusabe bwe bwo kumwoherereza ingabo, kikamwumvisha ko agomba kunyura inzira y’ibiganiro.

Tariki 05 n’iya 08 Mutarama 2026, Tshisekedi yerecyeje i Luanda muri Angola, agenzwa n’ingingo igamije gushaka umuti w’ikibazo kimuremereye cyo mu burasirazuba bw’Igihugu cye.

Izi nshuro zibayeho nyuma yuko mu kwezi k’Ukuboza umwaka ushize, Perezida wa Angola, João Lourenço ateye utwatsi icyifuzo yari yagejejweho na DRC cyo kuba yakohereza ingabo kumufasha mu ruganga Igisirikare cya Leta gihanganyemo n’Ihuriro AFC/M23.

Mu mpera z’umwaka ushize, umwe mu ba hafi ya João Lourenço yari yatangaje ko “Angola ntizohereza abasirikare bayo kurinda Katanga mu gukumira kwinjirwamo n’abarwanyi ba AFC/M23.”

Nyuma y’iki cyemezo cyafashwe na Angola, Perezida Félix Tshisekedi yongeye kwerecyeza muri iki Gihugu, aho amakuru avuga ko yari akomeje gusaba ubufasha.

Amakuru avuga ko Perezida wa Angola, yabwiye Tshisekedi ko hakwiye gukomeza gukoreshwa inzira z’ibiganiro aho kuba iz’intambara nk’uko ari zo akomeje gushyira imbere.

Perezida wa Angola yasabye Tshisekedi ko habaho ibiganiro bihuza Abanyekongo ubwabo, kuko ari byo byazana igisubizo kirambye, ari na byo byatumiwemo Ihuriro AFC/M23.

Nyuma yuko iri Huriro ritumiwe muri ibi biganiro, ryahise risaba ibisobanuro byimbitse, niba ari ibiganiro bishya bivutse, cyangwa ari ibije kunganira ibiriho biba by’i Doha muri Qatar.

Ni ibiganiro bivugwa ko byagutse, bishobora kwitabirwa n’abandi banyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi bwa DRC, aho binavugwa ko Joseph Kabila wigeze kuyobora iki Gihugu ndetse n’abandi banyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi, baherutse kwerecyeza muri Angola.

Ubwo Tshisekedi yerecyeza i Luanda ku nshuro ya kabiri tariki 08 Mutarama, bivugwa ko yamenyesheje mugenzi we João Lourenço, abagomba kuzitabira ibi biganiro.

Perezida Tshisekedi kandi akomeje ingendo zigamije gusaba ubufasha, aho kuri uyu wa Mbere yanerecyeje i Lomé muri Togo, agahura na Faure Gnassingbé wahawe inshingano n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, zo kuba umuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 1 =

Previous Post

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Related Posts

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

by radiotv10
13/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Abarwanyi ba AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga, yongeye gushimangira ko iri Huriro rizaruhuka ari uko ribohoye Igihugu cya...

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

by radiotv10
13/01/2026
0

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi mu bice binyuranye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, guha imbaraga abasanzweyo...

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko Igihugu icyo ari cyo cyose kizakomeza gukorana ubucuruzi na...

Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri

Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri

by radiotv10
13/01/2026
0

Muri Uganda ubu intero n’inyikirizo ntayindi uretse amatora y’Umukuru w’Igihugu azaba kuri uyu wa Kane tariki 15 Mutarama 2026, yabanjirijwe...

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

by radiotv10
12/01/2026
0

Umutwe w'inyeshyamba uzwi nka Bakata Katanga wakozanyijeho n'igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), mu mirwano yabereye mu gace...

IZIHERUKA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23
AMAHANGA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

13/01/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.