Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

radiotv10by radiotv10
13/01/2026
in AMAHANGA
0
Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi amaze iminsi agirira ingendo i Luanda muri Angola, aho kuva uyu mwaka watangira amaze kujyayo inshuro ebyiri mu minsi itatu gusa. Ni nyuma yuko kiriya Gihugu giteye utwatsi ubusabe bwe bwo kumwoherereza ingabo, kikamwumvisha ko agomba kunyura inzira y’ibiganiro.

Tariki 05 n’iya 08 Mutarama 2026, Tshisekedi yerecyeje i Luanda muri Angola, agenzwa n’ingingo igamije gushaka umuti w’ikibazo kimuremereye cyo mu burasirazuba bw’Igihugu cye.

Izi nshuro zibayeho nyuma yuko mu kwezi k’Ukuboza umwaka ushize, Perezida wa Angola, João Lourenço ateye utwatsi icyifuzo yari yagejejweho na DRC cyo kuba yakohereza ingabo kumufasha mu ruganga Igisirikare cya Leta gihanganyemo n’Ihuriro AFC/M23.

Mu mpera z’umwaka ushize, umwe mu ba hafi ya João Lourenço yari yatangaje ko “Angola ntizohereza abasirikare bayo kurinda Katanga mu gukumira kwinjirwamo n’abarwanyi ba AFC/M23.”

Nyuma y’iki cyemezo cyafashwe na Angola, Perezida Félix Tshisekedi yongeye kwerecyeza muri iki Gihugu, aho amakuru avuga ko yari akomeje gusaba ubufasha.

Amakuru avuga ko Perezida wa Angola, yabwiye Tshisekedi ko hakwiye gukomeza gukoreshwa inzira z’ibiganiro aho kuba iz’intambara nk’uko ari zo akomeje gushyira imbere.

Perezida wa Angola yasabye Tshisekedi ko habaho ibiganiro bihuza Abanyekongo ubwabo, kuko ari byo byazana igisubizo kirambye, ari na byo byatumiwemo Ihuriro AFC/M23.

Nyuma yuko iri Huriro ritumiwe muri ibi biganiro, ryahise risaba ibisobanuro byimbitse, niba ari ibiganiro bishya bivutse, cyangwa ari ibije kunganira ibiriho biba by’i Doha muri Qatar.

Ni ibiganiro bivugwa ko byagutse, bishobora kwitabirwa n’abandi banyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi bwa DRC, aho binavugwa ko Joseph Kabila wigeze kuyobora iki Gihugu ndetse n’abandi banyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi, baherutse kwerecyeza muri Angola.

Ubwo Tshisekedi yerecyeza i Luanda ku nshuro ya kabiri tariki 08 Mutarama, bivugwa ko yamenyesheje mugenzi we João Lourenço, abagomba kuzitabira ibi biganiro.

Perezida Tshisekedi kandi akomeje ingendo zigamije gusaba ubufasha, aho kuri uyu wa Mbere yanerecyeje i Lomé muri Togo, agahura na Faure Gnassingbé wahawe inshingano n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, zo kuba umuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + 7 =

Previous Post

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Next Post

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

Related Posts

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.