• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Bruce Melodie nyuma y’amasaha macye yerecyeje muri Kenya yahise atangira gukora icyamujyanye

radiotv10by radiotv10
23/01/2026
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Bruce Melodie nyuma y’amasaha macye yerecyeje muri Kenya yahise atangira gukora icyamujyanye
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Bruce Melodie ukunze kwiyita ‘Munyakazi’, nyuma y’amasaha macye ahagurutse i Kigali akerecyeza i Nairobi muri Kenya mu bikorwa byo kuganira n’itangazamakuru ryo mu Bihugu byo mu karere, yahise agirana ikiganiro n’imwe muri radio yo muri kiriya Gihugu.

Uyu muhanzi uri mu bahagaze neza mu Rwanda no mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, yafashe rutemikirere mu rucyerera rwo kuri uyu wa Gatanu, yerecyeje i Nairobi.

Amakuru yatangajwe na Label ya 1:55 AM isanzwe imufasha, avuga ko uyu muhanzi agiye kumenyekanisha ibikorwa bye muri aka karere byumwihariko indirimbo aherutse gushyira hanze ‘Pom Pom’, abinyujije mu biganiro azagirana n’ibitangazamakuru binyuranye.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 23 Mutarama 2026, Bruce Melodie yahise agirana ikiganiro na Radio ya Kiss FM yo muri Kenya, aho yari umutumirwa mu kiganiro gisanzwe gitambuka kuri iyi radio kizwi nka ‘Kiss Morning’.

Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, uyu muhanzi yagaragaje ko ubwo yaganiraga n’umunyamakuru w’iyi Radio, yabanje no kumwigisha kubyina indirimbo Pom Pom iherutse gushyirwa hanze n’uyu muhanzi yakoranye n’abandi b’ibirangirire barimo Diamond Platnmuz.

Yagize ati “Nyuma yo kumwigisha kubyina Pom Pom, twatangije ku mugaragaro Pom Pom muri Kenya.”🇰🇪

Uyu muhanzi wo mu Rwanda kandi yahise asaba abakunzi b’umuziki, na bo kugaragaza uburyo babyina iyi ndirimbo iri mu zigezweho muri aka karere, mu bizwi nka Challenge, asaba ababikora kubisangiza abandi ku mbuga nkoranyambaga.

Biteganyijwe ko Bruce Melodie kandi azakomereza mu Bihugu nka Uganda na Tanzania, ubundi akazahita yerecyeza mu Bihugu byo ku Mugabane w’u Burayi.

Bruce Melodie muri studio za Radio muri Kenya

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 12 =

Previous Post

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Next Post

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Related Posts

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

by radiotv10
29/05/2026
0

Umuhanzi Super Manager uzwi mu myidagaduro mu Rwanda, nyuma yo gutsinda urubanza yari yarezemo sosiyete y’itumanaho ayisaba indishyi ya Miliyoni...

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

by radiotv10
29/05/2026
0

Everyone wants to be confident because confidence helps us take on challenges, pursue opportunities, and believe in our abilities. However,...

Next Post
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.