• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
26/01/2026
in MU RWANDA
0
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko abashoferi b’imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy’ibyapa by’imodoka by’ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi, bigatuma bandikirwa na Polisi, hemejwe ko ubu hari gushakwa umuti urambye w’iki kibazo.

Umwaka ushize abashoferi b’imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange babwiye RADIOTV10 ko batazi impamvu Polisi yo mu Karere ka Rwamagana yakuyeho ibyapa bya Ntunga byo guhagarara akanya gato imbere y’isoko, ahubwo bagategekwa kujya mu isoko ryaho, none bikaba byarazanye kubangamira abahacururiza.

Ni ibyapa bibiri biri kuri kaburimbo imbere y’Isoko rya Ntunga, kimwe kiri ibumoso bw’umuhanda, ikindi kikaba iburyo bwawo.

Uwitwa Nduwayo yagiraga ati “Urumva uraza ugakatira hano mu isoko ushobora no kugonga umunyesoko kandi hariya hari ibyapa. Baca ibihumbi mirongo itanu bayakuba kabiri kandi ari makumyabiri na bitanu.”

Abacururiza muri iri soko na bo binubira ko nyuma ya kiriya cyemezo, abashoferi baje kubatezaho akavuyo n’ivumbi riterwa n’ibi binyabiziga bazaniwe.

Masengesho Gilbert ati: “Iyo imodoka ije hano mu isoko igakata ni nk’aho akazi gahita gahagarara, kuko buri wese arwana no gukiza amaso ye kugira ngo ataza kujyamo ivumbi.”

Mu gisubizo cy’Ubuyobozi bw’Akarere ka Rwamagana harimo ko biriya byapa byakuweho kuko babonaga aho biri ari hato hashobora guteza ibibazo bitewe n’urujya n’uruza rw’abakoresha uyu muhanda.

Kuri ubu, Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface, yasobanuye RADIOTV10 impamvu yatumye Akarere gakuraho ibyo byapa, ariko kandi ko hari gushakwa ubutaka buzashyirwamo gare nto izafasha abagenzi ndetse n’abashoferi muri aka gace.

Ati:“Kubera ubwinshi bw’abantu bahahurira n’ubugari bw’umuhanda n’ikorosi rihari, mu rwego rw’umutekano basabye ko bajya iruhande rw’ahari isoko, habe ari ho hantu bururukiriza abantu. Ibyo ku rwego rw’umutekano byari bikwiriye. Ni iby’agateganyo. Akarere kariho gashakisha ahantu hashakwa ubutaka hafi aho hakubakwa gare nziza imeze neza ituma abo mu isoko batagirana n’abari muri gare. Ubuyobozi bw’Akarere burabizi ko bibangamiye isoko, ariko n’abagenzi babangamiwe kuko hari umuntu udashaka kuba yakururukira mu isoko. Ntabwo bambwiye igihe igiye kuboneraho, ariko igisubizo kirambye bafite muri gahunda ni ukubaka gare.”

Abakoresha ibinyabiziga bitandukanye basaba inzego bireba gukemura iki kibazo mu buryo burambye, kugira ngo bareke kubangamirana ku mpande zombi, yaba abakoresha Isoko rya Ntunga n’abagenzi.

Hari gushakwa umuti urambye

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × one =

Previous Post

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

Next Post

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n'impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.