• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

radiotv10by radiotv10
26/01/2026
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo
Share on FacebookShare on Twitter

Uwamamaye nka PK mu gusobanura filimi mu Rwanda, wari uherutse kwambika impeta y’urukundo umukunzi we, bamaze gukora ubukwe nk’umugore n’umugabo.

Uyu Karemera Hassan uzwi nka PK, mu kwezi k’Ugushyingo 2025, yari yagaragaje yambitse impeta umukunzi we Murekatete Diane amusaba ko bazarushingana, undi na we arabimwemerera.

Kuri iki Cyumweru tariki 25 Mutarama 2026, intego y’urukundo rwabo, bakora ubukwe bwatashywe n’inshuti n’imiryango, bari baje kubashyigikira.

Ubu bukwe bwabereye mu Mujyi wa Kigali mu Karere ka Kicukiro, bwabanjirijwe n’imihango yo gusaba no gukwa, ubundi hakurikiraho gusezerana mu idini ya Islam.

Uyu musobanuzi wa Filimi utaherukaga kumvikana muri uru ruganda, avuga ko umukunzi we asanzwe akunda ibya Sinema, ku buryo byanamuteye inyota yo kongera gusobanura filimi.

PK avuga kandi ko akurikije ubusabe bw’abantu benshi bifuza kureba filimi yasobanuye, azongera gukora uyu mwuga, ndetse ko vuba bidatinze azaba yongeye gusobanura filimi.

Yagize ati “Guhera muri Gashyantare 2026 ndaza kubisubiramo, urumva ko bizaba ari byiza kuko n’umugore wanjye azaba ari muri sinema y’u Rwanda.”

Uyu musobanuzi wa filimi, ni umwe mu bakanyujijeho mu gusobanura filimi, dore ko yabikoze mu gihe mu Rwanda hari hakiri umubare muto w’ababikora, aho ari mu bakozi ku bw’igihe cya nyakwigendera Yanga, witabye Imana muri 2022.

Habanje kuba imihango yo gusaba no gukwa
Umuryango w’Umukunzi wa PK wemeye kumumuha
Bishimiye urukundo rwabo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + 11 =

Previous Post

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

Next Post

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Related Posts

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

by radiotv10
29/05/2026
0

Umuhanzi Super Manager uzwi mu myidagaduro mu Rwanda, nyuma yo gutsinda urubanza yari yarezemo sosiyete y’itumanaho ayisaba indishyi ya Miliyoni...

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

by radiotv10
29/05/2026
0

Everyone wants to be confident because confidence helps us take on challenges, pursue opportunities, and believe in our abilities. However,...

Next Post
Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.