U Buhindi bwizihije umunsi w’ubwigenge uzwi nka ‘Republic Day’ waranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo akarasisi kamukiwemo n’intwaro zirimo izikomeye.
Ni ibirori byabaye kuri uyu wa Mbere tariki 26 Mutarama 2026, ahizizwaga uyu munsi wo kubona Repubulika mu Buhindi, no kugira Itegeko Nshinga, aho iki Gihugu cyabibonye tariki 26 Mutarama 1950.
Mu bikorwa byaranze ibi birori, harimo akarasisi k’inzego z’umutekano mu Buhindi, zamuritse intwaro za rutura, aho ibi birori byayobowe na Minisitiri w’Intebe w’iki Gihugu, Narendra Damodardas Modi.
Narendra Modi yavuze ko mu “kwizihiza uyu munsi mukuru wa Repubulika hagaragajwe ibikoresho bikomeye by’umutekano by’u Buhinde, bigaragaza uburyo Igihugu cyiteguye, ubushobozi bwacyo mu ikoranabuhanga ndetse n’umurava uhoraho wo kurinda abaturage bacyo.”
Yavuze kandi ko aka karasisi ko kwizihiza umunsi wa Repubulika, kerekanye ishusho ry’ubushobozi bw’ingabo n’izindi nzego z’umutekano mu Buhindei. Ati “Ingabo zacu ni ishema ryacu koko!”
Ibi birori kandi, byarimo abatumirwa barimo Perezida w’Inama y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, António Costa na Perezida wa Komisiyo y’uyu Muryango, Ursula von der Leyen.



RADIOTV10










