• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

radiotv10by radiotv10
27/01/2026
in MU RWANDA
0
Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) ku bufatanye n’Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta, bari mu bukangurambaga bwo gukumira indwara zititaweho, zirimo n’ibisazi by’imbwa biterwa no kurumwa n’imbwa, aho hagaragajwe ko mu mwaka wa 2025 gusa, abariwe na zo mu Rwanda bageze mu 3 200.

Abagera kuri 40% by’abahitanwa n’indwara y’ibisazi by’imbwa ni abana bari munsi y’imyaka 15. Ari yo mpamvu Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC), ku bufatanye na Rwanda NGOs Forum, bari mu bukangurambaga bugamije gukumira indwara zititaweho, zirimo n’ibisazi by’imbwa, hasobanurirwa abaturage uburyo bakwirinda kurumwa n’imbwa, cyane cyane hibandwa ku bana bakiri bato.

Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Ngoma, mu Murenge wa Remera, bavuga ko igitiza umurindi iki kibazo ari imbwa zizerera mu baturage, zititabwaho n’abazifite, bigatuma ziruma abantu hirya no hino.

Mukamana Chantal avuga ko iki kibazo kibahangayikishije, ati “Hari imbwa usanga zirirwa zitembera mu ngo z’abantu. Aha zijya ziruma abaturage, hari n’abahasiga ubuzima, kuko hari uherutse kwitaba Imana mu Murenge wacu wa Remera azize kurumwa n’imbwa.”

Nsengiyumva Jean Claude, na we avuga ko imbwa zizerera zibangamira umutekano w’abaturage, ati “Hari imbwa ziba zitagira ba nyirazo zigenda mu mihanda, zikajya no mu ngo. Zigeze kuruma umuturanyi wanjye, biraduhangayikishije. Hagize igikorwa gifatwa ku mbwa zizerera byadufasha.”

Umuyobozi Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu mu Karere ka Ngoma, Mapambano Nyiridandi Cyriaque, yatangaje ko hafashwe ingamba zo gukumira kurumwa n’imbwa.

Ati “Zimwe mu ngamba twafashe harimo kubarura imbwa zose, zigakingirwa, izidafite ba nyirazo zikamenyekana, ndetse no guhana abatita ku mbwa zabo.”

Umukozi mu gashami gashinzwe kurwanya indwara zititaweho mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC), Hitiyaremye Nathan, asaba buri wese kubigira ibye mu kurwanya indwara y’ibisazi by’imbwa dore ko ihangayikishije.

Yagize ati “Abafite imbwa barasabwa kuzirinda kuzerera no kuzibaruza bakazikingiza, kwirinda gushotora imbwa kugira ngo itakuruma. Igihe irumye umuntu, uwo yarumwe agomba koza igikomere n’amazi meza n’isabune mu gihe cy’iminota 15 no kwihutira kujya kwa muganga mbere y’amasaha 24.”

Imibare iheruka yo mu mwaka ushize wa 2025 igaragaza ko mu Gihugu hose habarurwa abantu barenga 3 000 barumwe n’imbwa.

Akarere ka Nyagatare kaza ku mwanya wa mbere, aho abariwe n’imbwa ari 392, Huye ku mwanya wa kabiri ho habarwa 352, Gasabo ikaza ikurikira aho habarwa 249.

Imbwa zitagira ba nyirazo na zo ziri mu ziteye impungenge

Prince Théogène NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 13 =

Previous Post

Imibare yababanye myinshi ku mibereho yabo nyuma y’iyangirika rikabije ry’igishanga kibafatiye runini

Next Post

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.