Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

radiotv10by radiotv10
28/01/2026
in MU RWANDA
0
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri
Share on FacebookShare on Twitter

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse ku nshuro ya kabiri bikavugwa ko byamurembeje kugeza ubwo baketse ko yitabye Imana, ariko akaba akiriho ubu akaba arwariye mu Bitaro by’i Kigali. Ubuyobozi bwo burabihakana.

Ni umugore witwa Faida ubana na Se nyuma yuko yari yashatse umugabo ariko bakananiranwa, akaza kubana n’umubyeyi we ariko ngo bakaba bahora mu makimbirane.

Uyu mugabo witwa Venuste na we ngo amaze gushaka abandi bagore babiri nyuma yo gutandukana n’umubyeyi w’uriya mukobwa Faida babana, ariko akaba atarakunze guhuza na ba Mukase.

Abaturanyi b’uyu muryango, babwiye BTN TV dukesha aya makuru, ko uyu mukobwa uhora mu makimbirane na mukase, umunsi umwe bigeze gufatana mu mashati, ndetse se akabizamo, agahita amwadukira akamukanda ubugabo, bagakizwa n’abaturanyi.

Umwe ati “Bakicara bashondana na mukase, noneho umusaza yataha n’ubundi ya nduru yabaye kare ikongera ikabyuka.”

Uyu muturage avuga ko no mu minsi ishize uyu Faida yongeye kurwana n’umubyeyi we akongera akamukanda ubugabo, na bwo bagakizwa n’abaturanyi.

Ati “Ibyo byarabaye, yamukanze ubugabo byo turabizi, ahubwo bikimara kuba, babwiye uwo musaza bati ‘jya gufata umuti unywe’ abifata nk’ikintu cyoroshye.”

Aba baturanyi bavuga ko nyuma yuko uwo musaza akanzwe ubugabo n’umukobwa yibyariye, yakomeje kubisuzugura, ariko akagenda aremba, ku buryo byageze aho ajyanwa kwa muganga, ariko bakabura indwara, bakagenda bamwohereza mu Bitaro byisumbuyeho kugeza ubwo yoherejwe mu Bitaro Bikuru bya Kaminuza bya Kigali CHUK, ari na ho arwariye ubu.

Umuturanyi ati “Ubwo burwayi bwo kumukanda ubugabo, nibwo bwabanje kumuryamisha hasi ajya no kwa muganga babura indwara, agiye i Cyangugu bamwohereza i Gihundwe, na ho babura indwara, bamwohereza i Kibogora.”

Aba baturanyi bavuga ko kandi bari bakiriye amakuru ko uyu musaza yaba yitabye Imana, ariko nyuma bakaza kwakira andi ko agihumeka.

Bavuga ko umuti w’ariya makimbirane, ari uko uriya Faida yakubakirwa inzu ye, akava mu rugo rwa Se bityo ntibahore muri izo ntonganya zituma ajya anyuzamo akamukanda ubugabo.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mururu, Ngirabatware James ahakana ibitangazwa n’aba baturage, ko muri uriya muryango urimo amakimbirane, ndetse ko uwo musaza atakanzwe ubugabo. Ati “Nta makimbirane ahari, ahubwo uriya mugabo arwaye bisanzwe.”

Uyu Muyobozi avuga ko ahubwo Mukase wa Faida ari we ufitanye ikibazo n’uyu mukobwa w’umugabo we, akaba ari na we uzamura ayo makuru yo kubasebya.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 1 =

Previous Post

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Next Post

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.