• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

radiotv10by radiotv10
28/01/2026
in MU RWANDA
0
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri
Share on FacebookShare on Twitter

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse ku nshuro ya kabiri bikavugwa ko byamurembeje kugeza ubwo baketse ko yitabye Imana, ariko akaba akiriho ubu akaba arwariye mu Bitaro by’i Kigali. Ubuyobozi bwo burabihakana.

Ni umugore witwa Faida ubana na Se nyuma yuko yari yashatse umugabo ariko bakananiranwa, akaza kubana n’umubyeyi we ariko ngo bakaba bahora mu makimbirane.

Uyu mugabo witwa Venuste na we ngo amaze gushaka abandi bagore babiri nyuma yo gutandukana n’umubyeyi w’uriya mukobwa Faida babana, ariko akaba atarakunze guhuza na ba Mukase.

Abaturanyi b’uyu muryango, babwiye BTN TV dukesha aya makuru, ko uyu mukobwa uhora mu makimbirane na mukase, umunsi umwe bigeze gufatana mu mashati, ndetse se akabizamo, agahita amwadukira akamukanda ubugabo, bagakizwa n’abaturanyi.

Umwe ati “Bakicara bashondana na mukase, noneho umusaza yataha n’ubundi ya nduru yabaye kare ikongera ikabyuka.”

Uyu muturage avuga ko no mu minsi ishize uyu Faida yongeye kurwana n’umubyeyi we akongera akamukanda ubugabo, na bwo bagakizwa n’abaturanyi.

Ati “Ibyo byarabaye, yamukanze ubugabo byo turabizi, ahubwo bikimara kuba, babwiye uwo musaza bati ‘jya gufata umuti unywe’ abifata nk’ikintu cyoroshye.”

Aba baturanyi bavuga ko nyuma yuko uwo musaza akanzwe ubugabo n’umukobwa yibyariye, yakomeje kubisuzugura, ariko akagenda aremba, ku buryo byageze aho ajyanwa kwa muganga, ariko bakabura indwara, bakagenda bamwohereza mu Bitaro byisumbuyeho kugeza ubwo yoherejwe mu Bitaro Bikuru bya Kaminuza bya Kigali CHUK, ari na ho arwariye ubu.

Umuturanyi ati “Ubwo burwayi bwo kumukanda ubugabo, nibwo bwabanje kumuryamisha hasi ajya no kwa muganga babura indwara, agiye i Cyangugu bamwohereza i Gihundwe, na ho babura indwara, bamwohereza i Kibogora.”

Aba baturanyi bavuga ko kandi bari bakiriye amakuru ko uyu musaza yaba yitabye Imana, ariko nyuma bakaza kwakira andi ko agihumeka.

Bavuga ko umuti w’ariya makimbirane, ari uko uriya Faida yakubakirwa inzu ye, akava mu rugo rwa Se bityo ntibahore muri izo ntonganya zituma ajya anyuzamo akamukanda ubugabo.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mururu, Ngirabatware James ahakana ibitangazwa n’aba baturage, ko muri uriya muryango urimo amakimbirane, ndetse ko uwo musaza atakanzwe ubugabo. Ati “Nta makimbirane ahari, ahubwo uriya mugabo arwaye bisanzwe.”

Uyu Muyobozi avuga ko ahubwo Mukase wa Faida ari we ufitanye ikibazo n’uyu mukobwa w’umugabo we, akaba ari na we uzamura ayo makuru yo kubasebya.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + twelve =

Previous Post

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Next Post

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.