• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mu minsi ibiri ikurikirana inkuba zishe abantu mu Ntara ebyiri z’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
29/01/2026
in MU RWANDA
0
Mu minsi ibiri ikurikirana inkuba zishe abantu mu Ntara ebyiri z’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu babiri bo mu Ntara y’Iburengerazuba n’iy’Amajyepfo, bitabye Imana bakubiswe n’inkuba, barimo umwana w’imyaka itandatu, mu gihe hari abandi bahungabanye bakagwa igihumure.

Aba bantu bakubiswe n’inkuba barimo uyu mwana w’imyaka itandatu w’umuryango utuye mu Mudugudu wa Kibuburo, Akagari ka Gisovu, Umurenge wa Twumba ku wa 27 Mutarama 2026.

Ubwo hakubitaga iyi nkuba yahitanye uyu mwana, ababyeyi be bombi, na bo baguye igihumure, mu gihe hari n’abaturanyi b’uyu muryango na bo bagizweho ingaruka n’ibi biza by’inkuba.

Ubwo muri kariya gace hagwaga imvura nyinshi yari ivanzemo n’inkuba, yanakubise mu rundi rugo, na ho abana baho babiri bagwa igihumure.

Uwimana Phanüel uyobora Umurenge wa Twumba, yatangaje ko aka gace gasanzwe kari mu dukunze kwibasirwa n’inkuba, aboneraho kugira inama imiryango igatuyemo.

Yagize ati “Turashishikariza abahatuye kugura imirindankuba kuko nubwo batekereza ko ihenze ntabwo ihenze kurusha ubuzima bwabo.”

Mu Ntara y’Amajyepfo kandi, kuri uyu wa Gatatu tariki 28 Mutarama mu Karere ka Huye mu Murenge wa Kinazi, na ho inkuba yahitanye umuntu, w’umugabo w’imyaka 32, na ho undi w’umugore na we wo muri uyu Murenge arakomereka.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Kamanzi Hassan, atangaza ko izi nkuba zakubise ubwo ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu mu Karere ka Huye hagwaga imvura nyinshi.

Yavuze ko ubwo hagwaga iyi mvura ivanzemo n’umuyaga n’inkuba “umugabo wari iwe yugamye hafi y’igikoni inkuba iramukubita arapfa.”

CIP Kamanzi Hassan yagize ati “Polisi yahise ihabwa amakuru n’abaturage ihita itabara, maze umurambo ujyanwa ku Bitaro bya Kaminuza bya Butare, CHUB.”

Izi nkuba zikubise mu gihe ikigo gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere mu Karere k’Iburasirazuba bwa Afurika (ICPAC) cyatanze umuburo ko hagati y’ukwezi kwa Weruwe n’ukwa Gicurasi, hateganyijwe imvura nyinshi mu Bihugu birimo n’u Rwanda n’ibindi birukikije nk’u Burundi, Tanzania, na Uganda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 15 =

Previous Post

6 Fruits you should eat after every meal

Next Post

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.