• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

radiotv10by radiotv10
30/01/2026
in IMYIDAGADURO, SINEMA
0
Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya
Share on FacebookShare on Twitter

Muri gahunda nshya yiswe KGL Cine Corner yo kwerekana filimi ziba zigezweho, hagiye kwerekanwa iyitwa The RIP iri kubica bigacika kuri Netflix.

Iyi gahunda yiswe Kgl cine corner, ni igikorwa cyo kwerekana filime kizajya kiba inshuro ebyiri mu kwezi, cyatangiranye n’umwaka wa 2026 ubu kikaba kigiye kuba ku nshuro ya kabiri.

Bwa mbere herekanwe iyitwa ‘One Battle after another’ kuri ubu ku nshuro ya kabiri hakaba hazerekanwa filime yitwa The RIP igaragaramo ibyamamare bitandukanye nka ‘Matt Demon na Ben Affleck’ aba ari abakinnyi b’imena. Abandi bagaragaramo bafite izina harimo Scotty Adkins, Steven Yeun, Teyana Taylor, Sacha Calle n’abandi.

Iyi filime yiganje ubugambanyi cyane no kutagirirana icyizere yasohotse taliki ya 16 Mutarama 2026.

Nsabimana Eddie uri mu bateguye iki gikorwa, avuga ko impamvu bahisemo kwerekana amafilime, ari uko usanga mu Rwanda bigenda bicika kandi wakabaye ari umuco dushyiramo imbaraga nko mu bindi Bihugu.

Ati “Mfite abantu benshi bajyaga bambaza ahantu heza basohokera bareba filime ariko ugasanga mbuze aho nababwira heza kuko usanga ahantu byaberaga benshi bagiye bafunga bakabivamo.”

Akomeza avuga ko aribyo byatumye agira icyo gitekerezo cyo gukora uwo mushinga kugirango abantu bakunda kureba amafilime, Theatre n’ibindi bijyanye nabyo babone aho bazajya babirebera.

Ati “Mu gutangira bizajya biba kabiri mu kwezi gusa nitubona abantu barabikunze twazanabongeza iminsi ku buryo byajya biba na buri cyumweru.”

Kuri iyi nshuro ya kabiri iki gikorwa kizabera ku Gishushu ahitwa Katina’s Kafe, guhera ku isaha ya saa mbiri z’umugoroba. Kwinjira bizaba ari ibihumbi bitandatu (6000Frw).

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 1 =

Previous Post

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Next Post

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Related Posts

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

by radiotv10
29/05/2026
0

Umuhanzi Super Manager uzwi mu myidagaduro mu Rwanda, nyuma yo gutsinda urubanza yari yarezemo sosiyete y’itumanaho ayisaba indishyi ya Miliyoni...

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

by radiotv10
29/05/2026
0

Everyone wants to be confident because confidence helps us take on challenges, pursue opportunities, and believe in our abilities. However,...

Next Post
Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.