Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

radiotv10by radiotv10
31/01/2026
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bakozi bo mu bigo bitandukanye byo mu Rwanda basoje amahugurwa ajyanye n’ikusanyamibare hakoreshejwe ikoranabuhanga, bavuze ko bungukiyemo ubumenyi buzabafasha kunoza akazi basanzwe bakora ko gukusanya imibare.

Ibi byagarutsweho kuri uyu wa Gatanu ubwo hasozwaga amahugurwa amaze amezi atandatu ahabwa abashinzwe ikusanyamibare mu bigo 17 bya Leta, hagamijwe kubongererera ubumenyi mu kazi k’ikusanyamibare basanzwe bakora, by’umwihariko bifashishije ikoranabuhanga rigezweho ry’ubwenge buhangano (rizwi nka AI). Abahawe ayo masomo bavuze ko azabafasha kunoza akazi kabo.

Iyamuremye Charles ukora muri Minisiteri y’Ubutabera yagize ati “Twari dusanzwe akenshi muri za raporo dukora tugikoresha uburyo bwa kera (traditional approaches), cyangwa tugikenera ko hagomba kuba hari umuntu kugira ngo dutange serivisi, ariko aya mahugurwa twabonye azadufasha gushyira serivisi dutanga mu buryo bw’ikoranabuhanga, ku buryo nubwo umuntu yaba adahari, serivisi zizajya zitangwa buri gihe.”

Naho Umuhoza Marie Ange ukora mu Kigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare we yagize ati “Baduhaye ubushobozi, turi abantu basanzwe mu kazi. Icyo bigiye kutumarira ni ukuvugurura uburyo twakoragamo; nk’abantu bakora mu Kigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare, tuzajya twihutisha ibyo dukora. Niba hari igikorwa twakoraga mu gihe cy’icyumweru, ubu kirahinduka iminsi itatu.”

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ikoranabuhanga mu Itumanaho n’Inovasiyo, Yves Iradukunda, yabwiye aba basoje amahugurwa ko umurimo w’ikusanyamibare ugira uruhare runini mu buzima bw’igihugu, bityo ko ubumenyi bahawe bakwiye kubukoresha mu gutanga serivisi nziza muri ako kazi kabo.

Yagize ati “Uko amakuru agenda arushaho kugira uruhare runini mu itegurwa rya politiki zitandukanye no mu guhanga udushya mu gihugu, dukeneye ko ubunararibonye mu gukusanya amakuru hashingiwe ku mibare bushyirwa mu itangwa rya serivisi zose, ndetse no mu bigo byose bya Leta bitanga serivisi zitandukanye. Ni yo mpamvu ibigo bya Leta bigera kuri 17 byarahawe amasomo. Nk’uko twabibonye, abo mu Kigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro batangiye gukoresha ubumenyi bahawe mu gukora imishinga itandukanye. Twizeye rero ko mugiye gukoresha ubushobozi n’ubumenyi mwahawe mu gukusanya amakuru hifashishijwe imibare mukoresheje ikoranabuhanga, mufate ibyemezo binoze bigamije gutanga serivisi nziza kurushaho zishingiye ku bumenyi mufite.”

Aba bashinzwe ikusanyamibare mu bigo bitandukanye bya Leta basoje amahugurwa bagize icyiciro cya mbere cy’abazayahabwa. Bose hamwe bakaba ari 50, muri bo abahungu ni 35 naho abakobwa ni 15. Aya mahugurwa yatanzwe ku bufatanye bwa Minisiteri y’Ikoranabuhanga mu Itumanaho n’Inovasiyo ndetse n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare.

Yves Iradukunda, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ikoranabuhanga na Inovasiyo yasabye aba bakozi kuzabyaza umusaruro aya mahugurwa

Emelyne MBABAZI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + eleven =

Previous Post

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

Next Post

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

Related Posts

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

by radiotv10
31/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 21 y’amavuko wo mu Murenge wa Save mu Karere ka Gisaga, ukurikiranyweho kwica umugore we w’imyaka 20, yavuze...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

Mugisha David Gakuba uba muri Leta Zunze Ubumwe za America ukurikiranyweho kwica mugenzi we amugongeye ku kabari ko mu Mujyi...

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

by radiotv10
30/01/2026
0

Ubushakashatsi bw’Umuryango urwanya ruswa n’akarengane, Transparency International Rwanda, bwakorewe mu mashuri makuru na za kaminuza, bwagaragaje ko abantu 8% batanze...

IZIHERUKA

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina
MU RWANDA

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

by radiotv10
31/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

31/01/2026
Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

31/01/2026
The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.