Imibereho mibi yibasiye impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi ya Busuma mu Ntara ya Buhumuza mu Gihugu cy’u Burundi, ikomeje gutuma benshi batakaza ubuzima, aho hari umunsi umwe gusa hapfuye abagera kuri 22.
Izi mpunzi 22 z’Abanyekongo zatakaje ubuzima bwazo mu munsi umwe, ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, tariki ya 30 Mutarama 2026, nk’uko amakuru aturuka muri aka gace abivuga. Abenshi mu babuze ubuzima ni abana, abagore n’abageze mu zabukuru.
Aba bapfuye baje biyongera ku bandi bamaze kubura ubuzima bitrutse ku mibereho mibi, dore ko kuva iyi nkambi yafungurwa, impunzi 426 zapfiriye muri Busuma.
Izi mpunzi ziganjemo abakomoka mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zugaruijwe n’ibibazo birimo kubura ibiryo, iamazi yo kunywa, kutagira ubuvuzi buhagije, n’isuku nke, ari na byo bitera impfu z’aba bantu
Umwe muri izi mpunzi y’Umunyekongo, yavuze adashaka ko izina rye ritangazwa, yavuze ku kibazo cy’ihungabana rikomeye.
Ati “Twaje hano kugira ngo dukize ubuzima bwacu, ariko uyu munsi turimo gupfa buhoro buhoro. Abana n’abageze mu zabukuru ni bo ba mbere bakomeje gupfa. Buri gitondo, tubyuka dufite impungenge ko hari umuturanyi waraye apfuye. Dushyingura abantu buri munsi.”
Izi mpunzi zahunze ibibazo by’umutekano byariho bigenda birushaho kuba bibi mu bice bitandukanye mu Ntara ya Kivu y’epfo, mu burasirazuba bwa DRC, nyuma y’imirwano yabaye mu kwezi k’Uuboza 2025 hagati ya AFC/M23 n’ingabo zacongo (FARDC), zifashijwe n’imitwe y’ingabo zishyigikiye Kinshasa, Wazalendo, ndetse n’ingabo z’u Burundi.


RADIOTV10










