• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ibyo abarimu bakwiye kugendera kure byabangamira iterambere n’imikurire y’umwana

radiotv10by radiotv10
03/02/2026
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ibyo abarimu bakwiye kugendera kure byabangamira iterambere n’imikurire y’umwana
Share on FacebookShare on Twitter

Abarimu bigisha mu mshuri y’incuke  barasabwa  kwitondera no kugenzura ikoranabuhanga bifashisha mu kwigisha abana bato kuko iyo rikoreshwejwe nabi,  bigira ingaruka mu mikurire n’imitekerereze y’umwana.

Ikoranabuhanga mu myigire n’imyigishirize  mashuri ryashyizwemo imbaraga yaba minisiteri y’uburezi n’ibigo biyishamikiyeho hamwe n’abafatanyabikorwa bayo, Mu mashuri y’incuke, ikoranabuhanga ryigishwa mu buryo bworoshye kandi bujyanye n’imyaka y’abana, bamwe mu barimu bigisha mu mashuri y’incuke  mu Ntara y’Iburasirazuba barabwira Radio10 na TV10 muri ubu buryo.

Umwarumu wigisha mu mashuri y’incuke mu Kigo cy’ishuri cya Kayonza Model witwa Divine Niyomuhoza  ati ”Icyo dukora ni ugu porojeta videwo bakigana ibyo babanye muri videwo baka developing listening skills (ubumenyi mu kumva) kuko basubiramo ibyo bumvise bakavuga ibyo babonye aho bishoboka tugasaba ubufasha…..kugirango n’abandi bana babashe kugira ubumnyi ku bikoresho by’ikoranabuhanga.”

Mugenzi we witwa Alphonsine Utamuriza yunzemo ati ”Tuba twateguye amafoto turibukoreshe bityo umwana agahita avumbura isomo mugiye kwiga bitagusabye umwanya munini. Dufite n’uwudufasha mu myigishirize yacu ukomoka Zimbabwe aradufasha.”

Abana b’incuke bakwiye kugerwaho n’ikoranabuhanga binuze mu mikino,Imikino y’ikoranabuhanga ku bikoresho by’ikoranabuhanga, Kwigisha ubumenyi bw’ibanze bw’ikoranabuhanga, hagamijwe gukoresha ikoranabuhanga mu guteza imbere ubwenge, kumva no gukoresha intoki , ibi ngo iyo bititaweho  bishobora guteza ibyago ku mikurire y’umwana nkuko Tuyishimire Frodouard  ukurikirana ikoreshwa ry’ikoranabuhanga mu bana .mu Kigo gishinzwe imikurire y’abana NCDA abisobanura , hari ku murongo wa Telefoni.

Ati ”Bigira ingaruka ku mitekerereze y’umwana , mu mutwe ku mwana (concentration), bigira ingaruka kukuba byamubata akumva buri gihe nibyo yahora areba. Ababikora n’abakoresha amashusho bigisha bakwiye kubyitondera baba batabisobanukiwe bakagisha inama bahamagara ku murongo wacu utishyurwa 711cyangwa UNICEF cyangwa abandi bantu babegereye ba Ambasaderi b’ikoranabuhanga bakabafasha ibintu bidashobora kugira icyo byangiriza  ku mibereho myiza y’umwana”.

Minisitiri w’Uburezi, Dr Nsengimana Josepf agaragaza ko ikoranabuhanga ridakwiye gusimbura Umwarimu  kandi ko abigisha n’abategurwa kwigisha mu mashuri y’incuke  bakwriye kwita ku buryo bwiza bwo kurikoresha

Ati ”Ikoranabuhanga ubu rirakoreshwa ku isi hose,rero dushaka ko abana bacu bazajya barangiza nabo bazi ibiri hanze aha ngaha. Ntabwo ikoranauhanga rizasimbura abarimu,ni abarimu barikoresha ntabwo ariryo rikoresha abarimu. Ubwo abarimu biga ku mashuri nderabarezi (TTC’s) cyane babandi bazajya gukorana n’amashuri y’incuke (Pre-shools) bareba uburyo bakoresha ikoranabuhanga kugirango rinafashe kwigisha. Ntabwo ari ugufata abana batoya nk’abo ngabo ngo ubashyire imbere y’ikoranabuhanga bgo wigenedera! Oya! Ntabwo aribyo!”.

Ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku mwana UNICEF, rivuga ko umwana ari umuntu wese utaruzuza imyaka 18. Imibare y’Ikigo gushinzwe imikurire y’abana NCDA, igaragaza ko ubu, u Rwanda rufite ibigo by’iterambere ry’abana bato (ECD) 32,205 hirya no hino mu gihugu, bishyigikiwe n’abarezi/abafashamyumvire 101,809,  ni mu gihe igipimo cy’abana bari munsi y’imyaka itandatu bari mu bikorwa by’amashuri y’icuke  kigeze kuri 80.7%.

Hagaragajwe uburyo abana bato bahabwa uburere buboneye

Minisitiri w’Uburezi, avuga ko ikoranabuhanga rikwiye gukoreshwa neza

Abarimu na bo bavuga ko bagiye kwitwararika

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 6 =

Previous Post

MONUSCO tasked with deploying troops to Uvira under a newly signed agreement

Next Post

BREAKING: Hatangajwe ibyavuye mu biganiro byongeye guhuza AFC/M23 na Guverinoma ya Congo

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
BREAKING: Hatangajwe ibyavuye mu biganiro byongeye guhuza AFC/M23 na Guverinoma ya Congo

BREAKING: Hatangajwe ibyavuye mu biganiro byongeye guhuza AFC/M23 na Guverinoma ya Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.