• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Iran yavuze akaga gashobora kwaduka ku Isi mu gihe America yashyira mu bikorwa umugambi iyifiteho

radiotv10by radiotv10
02/02/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Iran yavuze akaga gashobora kwaduka ku Isi mu gihe America yashyira mu bikorwa umugambi iyifiteho
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bwa Iran bwaburiye ko mu Burasirazuba bwo Hagati hashobora kwaduka intambara mu gihe Leta Zunze Ubumwe za America yashyira mu bikorwa umugambi ziyifiteho wo kuyigabaho igitero, kuko iki Gihugu na cyo cyiteguye guhita kinjira mu ntambara ikomeye.

Iran yatangaje ibi mu gihe Leta Zunze Ubumwe za Amerika zakajije umutekano wo mu nyanja mu Burasirazuba bwo Hagati, nyuma y’uko Perezida Donald Trump yakomeje gutera Iran ubwoba bwo kuyigabaho igitero mu gihe yaba itumvikanye na Amerika ku masezerano ajyanye n’intwaro za kirimbuzi, cyangwa igakomeza kwica abigaragambya.

Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, Ayatollah Ali Khamenei, kuri iki Cyumweru tariki ya 1 Gashyantare 2026, yatangaje ko n’ubwo Perezida Trump avuga ko yohereje amato y’intambara muri ako karere, abaturage ba Iran batazaterwa ubwoba n’ibyo.

Yagize ati: “Igihugu cya Iran ntikizaterwa ubwoba n’ibi bintu, kandi abaturage bacyo ntibazahungabanywa n’iryo terabwoba.”

Yakomeje agira ati: “Ntabwo turi bo batangije imirwano, kandi nta gihugu na kimwe dushaka gutera, ariko igihugu cya Iran kizihimura bikomeye ku muntu uwo ari we wese uzagitera cyangwa ukakibuza amahoro.”

Ayatollah Ali Khamenei yaburiye America

Ingabo za Amerika zirwanira mu mazi (U.S. Navy) kuri ubu mu karere zifite amato atandatu y’intambara azwi nka destroyers, n’ubwato bunini butwara indege z’intambara buzwi nka aircraft carrier, ndetse n’andi mato atatu y’intambara azwi nka littoral combat ships.

Amerika yohereje aya mato y’intambara mu Burasirazuba bwo Hagati nyuma y’uko muri Mutarama Iran igabye igitero gikomeye cyahitanye abantu benshi mu guhosha imyigaragambyo yadutse hirya no hino mu gihugu irwanya ubuyobozi bwayo, ibintu byazamuye ubwoba bw’intambara muri aka karere.

Gusa ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize, Perezida Trump yatangarije abanyamakuru ko Iran iri kugirana ibiganiro bikomeye n’intumwa za Amerika, ndetse ko yizeye ko bazagera ku masezerano yo guhagarika ikorwa ry’intwaro za kirimbuzi.

Trump yagize ati: “Ndizera ko bazaganira bakagira ibyo bemeranyaho, ndetse hashobora kugerwaho amasezerano yaganiriweho kandi anyuze impande zombi, atarimo intwaro za kirimbuzi.”

Icyakora Tehran ivuga ko yiteguye ibiganiro biboneye kandi bitabogamye, bitagamije kugabanya cyangwa guhagarika ubushobozi bwayo bwo kwirindira umutekano.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 8 =

Previous Post

Amakuru mashya agezweho ku munyamakuru wa Siporo uzwi mu Rwanda

Next Post

Eng.-Rwanda delivers humanitarian assistance to Mozambique

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Eng.-Rwanda delivers humanitarian assistance to Mozambique

Eng.-Rwanda delivers humanitarian assistance to Mozambique

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.