Tuesday, February 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyamasheke: Umugore uherutse guteguzwa kugirirwa nabi n’uwo bapfaga umugabo yishwe ashinyaguriwe

radiotv10by radiotv10
03/02/2026
in MU RWANDA
0
Nyamasheke: Umugore uherutse guteguzwa kugirirwa nabi n’uwo bapfaga umugabo yishwe ashinyaguriwe
Share on FacebookShare on Twitter

Nzabamwita Foromina wo mu kagari ka Mpumbu mu murenge wa Bushekeri uherutse kubwirwa n’uwo abereye nyina wabo  bapfaga umugabo ko ukwezi kwa kabiri kutazamusiga yishwe atewe imyumba ndeste anashinyaguriwe abarimo umugabo we n’uwo mugore bagiranaga ibibazo batabwa muri yombi mu gihe ubuyobozi busaba abaturage kujya batangira amakuru ku gihe  kuko ngo iyo buza kumenya ko yabwiwe atyo bwari gukumira icyaha kitaraba.

Byabereye mu mudugudu wa Gahundo mu ma saa yine z’ijoro ryo ku cyumweru tariki ya 1 Gahyantare, ubwo uyu mubyeyi w’imyaka 45 yari avuye mu kabari yari yasanzemo umugabo we n’umugore yari abereye nyina wabo yashinjaga kumutwarira umugabo.

Bivugwa ko umugabo wa nyakwigendera Nsengumuremyi Francois na Kanyamibwa Bertha yari abereye nyina wabo  bari basanzwe bari mu kabari, Nzabamwita abasangamo haba ugushyamirana kudakabije, umubo ataha mu rugo nyuma uyu mugore nawe atashye yicirwa mu nzira.

Umwana we witwa Rukundo Vedaste yabwiye Radio&tv10 ko yageze aho umubyeyi we yiciwe agasanga yishwe atewe ibyuma yakubiswe amabuye ku mutwe ndeste yanashinyaguriwe.

Ati “Nasanze bamwambuye ubusa, ku myanya ndangagitsina bahateraguye ibiti ari kuvirirana. Bari bamuteraguye ibyuma ndeste n’umutwe bawuhondaguye amabuye”.

Yakomeje avuga ko amakuru bahawe na nyiri akabari ari uko uyu mubyeyi agisohoka hari abantu bamusohotse inyuma barimo abasore babiri basanzwe bazwiho imyitwarire iteye inkeke ndeste n’uwo kanyamibwa yari abereye nyina wabo.

Umuyobozi w’umudugudu wa Gahundo Ngirinshuti Isaie avuga ko hari harishe igihe gito nyakwigendera abwiwe n’uwo Kanyamibwa Berutha wari nk’umwana we ko atazarenza ukwezi kwa kabiri atamweretse biturutse kugushyamirana bapfa ko uwo yatwaraga umugabo wa nyina wabo.

Mudugudu ati “Uwo bari bafitanye ikibazo ni uwo yari abereye nyina wabo wamubwiye ko bitazarenza itariki 15 z’ukwa kabiri ngo ataramwereka. Bari batonganye bapfa udutiku tw’uko ngo yaba atwara imitungo y’umugabo we, undi amubwira ko amuhaye ukwezi kwa kabiri ko hari igihe ashobora kutakurangiza”.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Bushekeri Harindintwali Jean Paul wemeje ko abagera kuri batatu barimo umugabo wa nyakwigendera n’uwo mugore wavuze ayo magambo bahise batabwa muri yombi, asaba abaturage kujya batanga amakuru kare mu gihe bumvise ibishobora kuganisha ku bwicanyi.

Gitifu Jean Paul ati “ Hashingiwe ku makuru yatanzwe n’abaturage hari abafashwe ariko iperereza riracyakorwa ubugenzacyaha buzatubwira ibyo ari byo. Ariya magambo yabwiwe ntayo bigeze batubwira. Turagira inama abaturage kujya batanga amakuru ku gihe kugira ngo ibyaha bikumirwe bitaraba”.

Abantu batatu barimo umugabo wa Nyakwigendera n’uwo mugore yari abereye nyina wabo wari uherutse kumuteguza  gupfa ndeste n’umusore umwe witwa Nteziryayo Jean Bosco wari muri babiri basohotse mu kabari inyuma ya Nzabamwita Foromina bahise bajyanwa gufungirwa kuri station ya Ntendezi, mu gihe undi musore muri abo babiri we kuva ejo ninjoro atarongera kugaragara.

Umurambo wa nyakwigendera wahise ujyanwa gukorerwa isuzuma

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − 3 =

Previous Post

Iran yavuze akaga gashobora kwaduka ku Isi mu gihe America yashyira mu bikorwa umugambi iyifiteho

Related Posts

Rusizi: Old mutual iravugwaho amananiza yatumye uwagonzwe n’imodoka yishingiye ahera ku kirago

Rusizi: Old mutual iravugwaho amananiza yatumye uwagonzwe n’imodoka yishingiye ahera ku kirago

by radiotv10
02/02/2026
0

Nyuma y’uko hashize imyaka 2 hari umwana wo mu murenge wa Muganza waheze mu buriri bitewe no kugongwa n’imodoka ya...

Bizihije Umunsi w’Intwari bibukiranya ibisabwa kugira ngo umuntu agaragareho ibikorwa by’ubutwari

Bizihije Umunsi w’Intwari bibukiranya ibisabwa kugira ngo umuntu agaragareho ibikorwa by’ubutwari

by radiotv10
02/02/2026
0

Mu kwizihiza umunzi w'Intwari z'u Rwanda ku rwego rw'Akarere ka Ruhango, abagatuye bibukijwe kugira umuco w'ubutwari, barangwa no gukunda Igihugu,...

Iby’ingenzi wamenya ku mateka y’intwari twizihiza none n’ibyiciro byazo

Iby’ingenzi wamenya ku mateka y’intwari twizihiza none n’ibyiciro byazo

by radiotv10
01/02/2026
1

Umunyarwanda aho yicaye hose uyu munsi, ntakindi kimuri mu bitekerezo uretse Intwari z'u Rwanda n'ubutwari bwaziranze, dukesha umusingi w'ibyo Abanyarwanda...

Umuyobozi mu Karere ka Nyamasheke yirukaniwe impamvu yumvikanamo kunyuranya n’imyitwarire mbonezamurimo

Nyamasheke: Akurikiranyweho kwica umwana we wari ufite uburwayi bwo mu mutwe

by radiotv10
01/02/2026
0

Kayiranga Azalie wo mu kagari Gitwa mu murenge wa Gihombo akurikiranyweho kwica umuhungu we witwaga Habyalimana Michel wari umaze igihe...

Ruhango: Hakozwe ibikorwa byihariye bibinjiza mu kwizihiza Umunsi w’Intwari z’u Rwanda

Ruhango: Hakozwe ibikorwa byihariye bibinjiza mu kwizihiza Umunsi w’Intwari z’u Rwanda

by radiotv10
01/02/2026
0

Ku mugoroba ubanziriza umunsi wo kwizihiza Intwari z'u Rwanda, mu Karere ka Ruhango habereye igitaramo cyihariye cyari kigamije gusingiza no...

IZIHERUKA

Nyamasheke: Umugore uherutse guteguzwa kugirirwa nabi n’uwo bapfaga umugabo yishwe ashinyaguriwe
MU RWANDA

Nyamasheke: Umugore uherutse guteguzwa kugirirwa nabi n’uwo bapfaga umugabo yishwe ashinyaguriwe

by radiotv10
03/02/2026
0

Iran yavuze akaga gashobora kwaduka ku Isi mu gihe America yashyira mu bikorwa umugambi iyifiteho

Iran yavuze akaga gashobora kwaduka ku Isi mu gihe America yashyira mu bikorwa umugambi iyifiteho

02/02/2026
Byemejwe abanyamakuru babiri ba siporo bimukiye kuri radio nshya mu Rwanda

Amakuru mashya ku munyamakuru wa Siporo uzwi mu Rwanda

02/02/2026
Rusizi: Old mutual iravugwaho amananiza yatumye uwagonzwe n’imodoka yishingiye ahera ku kirago

Rusizi: Old mutual iravugwaho amananiza yatumye uwagonzwe n’imodoka yishingiye ahera ku kirago

02/02/2026
Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku makuru agoretse yatanzwe n’ubutegetsi bwa Congo bwuririye ku byago byishe abarenga 200

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku makuru agoretse yatanzwe n’ubutegetsi bwa Congo bwuririye ku byago byishe abarenga 200

02/02/2026
Mu nkambi y’impunzi z’Abanyekongo i Burundi imibereho mibi n’ingaruka zayo byafashe urundi rwego

Mu nkambi y’impunzi z’Abanyekongo i Burundi imibereho mibi n’ingaruka zayo byafashe urundi rwego

02/02/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyamasheke: Umugore uherutse guteguzwa kugirirwa nabi n’uwo bapfaga umugabo yishwe ashinyaguriwe

Iran yavuze akaga gashobora kwaduka ku Isi mu gihe America yashyira mu bikorwa umugambi iyifiteho

Amakuru mashya ku munyamakuru wa Siporo uzwi mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.