Tuesday, February 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusizi: Umugabo aravugwaho gutinga mugenzi we ufite uburwayi bwo mu mutwe umugore watambukaga akamumukuraho

radiotv10by radiotv10
03/02/2026
in MU RWANDA
0
Rusizi: Umugabo aravugwaho gutinga mugenzi we ufite uburwayi bwo mu mutwe umugore watambukaga akamumukuraho

Icyitonderwa: Ifoto ni iyakozwe na AI ntabwo ihuye n'uvugwa mu nkuru

Share on FacebookShare on Twitter

Ngendahimana Jacques wo mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye aravugwaho kwihererana umusore w’imyaka 25 ufite uburwayi bwo mu mutwe akamusambanya kugeza amukuweho n’umugore watambukaga bikaza gutinda kumenyekana n’aho amakuru agiriye hanze ntihagire utanga ikirego ku buryo ukekwa akidegembya.

Raporo ngufi y’inzego z’ibanze ivuga ko ibi byabaye ku ya 1 Gashyantare saa tatu z’ijoro mu mudugudu wa Bugumya aho uyu Ngendahimana usanzwe atuye akabonwa n’uwitwa Nyirahabimana Carine wahise amumuvana hejuru ariko akabanza kubiceceka avuga ko yabonye amahano.

Umukozi ushinzwe iterambere ry’ubukungu mu kagari ka Kamanu (Sedo) Iradukunda Theogene yabwiye radio&Tv10 ko amakuru yamenyekanye kuri uyu wa mbere ku manywa ari uko uyu mugore abiganirije abantu bagahita babibwira ubuyobozi.

Sedo ati “Ni amakuru yatangiye kuvugwa hagati ya saa sita na saa munani aturutse kuri Carine ngo   waraye asanze uwo mugabo ari gukorera ubutinganyi umusore ufite uburwayi bwo mu mutwe . ngo yabonye ari amahano amumukura hejuru , abwira uwo musore ngo yitahire iwabo . ntiyahise abivuga muri uwo mugoroba ahuwo yabiganirije bagenzi we ku manywa bumvise bidasanzwe bajya kubibwira mudugudu”.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Nyakabuye Kimonyo Kamali Innocent avuga ko ubuyobozi bukimara kumenya aya makuru bwihutiye kugira inama umuryango w’uwo musore ngo bajye gutanga ikirego bibe byakurikiranwa ariko nyuma y’uko ntawe ugiye kurega ukekwa akaba akomeje kwidegembya mu mudugudu.

Gitifu Kamali agira ati “Aracyari kwidegembya kuko nta kirego kiratangwa. tukibimenya, icyo twabwiye mudugudu ni ukumenyesha abo mu muryango w’uwo musore ndetse n’uyu mutangabuhamya ko  bakwihutira kugera kuri RIB kugira ngo niba hari icyaha cyakozwe uwabikoze abiryozwe”.

Ibijya gusa n’ibi byaherukaga kwuvugwa mu karere ka Rubavu mu kwezi gushize aho nabwo umugabo yatawe muri yombi n’abaturage bakamushyikiriza polisi bamushinja gusambanya abana mu kibuno.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × five =

Previous Post

BREAKING: Hatangajwe ibyavuye mu biganiro byongeye guhuza AFC/M23 na Guverinoma ya Congo

Related Posts

Nyamasheke: Umugore uherutse guteguzwa kugirirwa nabi n’uwo bapfaga umugabo yishwe ashinyaguriwe

Nyamasheke: Umugore uherutse guteguzwa kugirirwa nabi n’uwo bapfaga umugabo yishwe ashinyaguriwe

by radiotv10
03/02/2026
0

Nzabamwita Foromina wo mu kagari ka Mpumbu mu murenge wa Bushekeri uherutse kubwirwa n’uwo abereye nyina wabo  bapfaga umugabo ko ukwezi...

Rusizi: Old mutual iravugwaho amananiza yatumye uwagonzwe n’imodoka yishingiye ahera ku kirago

Rusizi: Old mutual iravugwaho amananiza yatumye uwagonzwe n’imodoka yishingiye ahera ku kirago

by radiotv10
02/02/2026
0

Nyuma y’uko hashize imyaka 2 hari umwana wo mu murenge wa Muganza waheze mu buriri bitewe no kugongwa n’imodoka ya...

Bizihije Umunsi w’Intwari bibukiranya ibisabwa kugira ngo umuntu agaragareho ibikorwa by’ubutwari

Bizihije Umunsi w’Intwari bibukiranya ibisabwa kugira ngo umuntu agaragareho ibikorwa by’ubutwari

by radiotv10
02/02/2026
0

Mu kwizihiza umunzi w'Intwari z'u Rwanda ku rwego rw'Akarere ka Ruhango, abagatuye bibukijwe kugira umuco w'ubutwari, barangwa no gukunda Igihugu,...

Iby’ingenzi wamenya ku mateka y’intwari twizihiza none n’ibyiciro byazo

Iby’ingenzi wamenya ku mateka y’intwari twizihiza none n’ibyiciro byazo

by radiotv10
01/02/2026
1

Umunyarwanda aho yicaye hose uyu munsi, ntakindi kimuri mu bitekerezo uretse Intwari z'u Rwanda n'ubutwari bwaziranze, dukesha umusingi w'ibyo Abanyarwanda...

Umuyobozi mu Karere ka Nyamasheke yirukaniwe impamvu yumvikanamo kunyuranya n’imyitwarire mbonezamurimo

Nyamasheke: Akurikiranyweho kwica umwana we wari ufite uburwayi bwo mu mutwe

by radiotv10
01/02/2026
0

Kayiranga Azalie wo mu kagari Gitwa mu murenge wa Gihombo akurikiranyweho kwica umuhungu we witwaga Habyalimana Michel wari umaze igihe...

IZIHERUKA

Rusizi: Umugabo aravugwaho gutinga mugenzi we ufite uburwayi bwo mu mutwe umugore watambukaga akamumukuraho
MU RWANDA

Rusizi: Umugabo aravugwaho gutinga mugenzi we ufite uburwayi bwo mu mutwe umugore watambukaga akamumukuraho

by radiotv10
03/02/2026
0

BREAKING: Hatangajwe ibyavuye mu biganiro byongeye guhuza AFC/M23 na Guverinoma ya Congo

BREAKING: Hatangajwe ibyavuye mu biganiro byongeye guhuza AFC/M23 na Guverinoma ya Congo

03/02/2026
Nyamasheke: Umugore uherutse guteguzwa kugirirwa nabi n’uwo bapfaga umugabo yishwe ashinyaguriwe

Nyamasheke: Umugore uherutse guteguzwa kugirirwa nabi n’uwo bapfaga umugabo yishwe ashinyaguriwe

03/02/2026
Iran yavuze akaga gashobora kwaduka ku Isi mu gihe America yashyira mu bikorwa umugambi iyifiteho

Iran yavuze akaga gashobora kwaduka ku Isi mu gihe America yashyira mu bikorwa umugambi iyifiteho

02/02/2026
Byemejwe abanyamakuru babiri ba siporo bimukiye kuri radio nshya mu Rwanda

Amakuru mashya agezweho ku munyamakuru wa Siporo uzwi mu Rwanda

03/02/2026
Rusizi: Old mutual iravugwaho amananiza yatumye uwagonzwe n’imodoka yishingiye ahera ku kirago

Rusizi: Old mutual iravugwaho amananiza yatumye uwagonzwe n’imodoka yishingiye ahera ku kirago

02/02/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rusizi: Umugabo aravugwaho gutinga mugenzi we ufite uburwayi bwo mu mutwe umugore watambukaga akamumukuraho

BREAKING: Hatangajwe ibyavuye mu biganiro byongeye guhuza AFC/M23 na Guverinoma ya Congo

Nyamasheke: Umugore uherutse guteguzwa kugirirwa nabi n’uwo bapfaga umugabo yishwe ashinyaguriwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.