Ngendahimana Jacques wo mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye aravugwaho kwihererana umusore w’imyaka 25 ufite uburwayi bwo mu mutwe akamusambanya kugeza amukuweho n’umugore watambukaga bikaza gutinda kumenyekana n’aho amakuru agiriye hanze ntihagire utanga ikirego ku buryo ukekwa akidegembya.
Raporo ngufi y’inzego z’ibanze ivuga ko ibi byabaye ku ya 1 Gashyantare saa tatu z’ijoro mu mudugudu wa Bugumya aho uyu Ngendahimana usanzwe atuye akabonwa n’uwitwa Nyirahabimana Carine wahise amumuvana hejuru ariko akabanza kubiceceka avuga ko yabonye amahano.
Umukozi ushinzwe iterambere ry’ubukungu mu kagari ka Kamanu (Sedo) Iradukunda Theogene yabwiye radio&Tv10 ko amakuru yamenyekanye kuri uyu wa mbere ku manywa ari uko uyu mugore abiganirije abantu bagahita babibwira ubuyobozi.
Sedo ati “Ni amakuru yatangiye kuvugwa hagati ya saa sita na saa munani aturutse kuri Carine ngo waraye asanze uwo mugabo ari gukorera ubutinganyi umusore ufite uburwayi bwo mu mutwe . ngo yabonye ari amahano amumukura hejuru , abwira uwo musore ngo yitahire iwabo . ntiyahise abivuga muri uwo mugoroba ahuwo yabiganirije bagenzi we ku manywa bumvise bidasanzwe bajya kubibwira mudugudu”.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Nyakabuye Kimonyo Kamali Innocent avuga ko ubuyobozi bukimara kumenya aya makuru bwihutiye kugira inama umuryango w’uwo musore ngo bajye gutanga ikirego bibe byakurikiranwa ariko nyuma y’uko ntawe ugiye kurega ukekwa akaba akomeje kwidegembya mu mudugudu.
Gitifu Kamali agira ati “Aracyari kwidegembya kuko nta kirego kiratangwa. tukibimenya, icyo twabwiye mudugudu ni ukumenyesha abo mu muryango w’uwo musore ndetse n’uyu mutangabuhamya ko bakwihutira kugera kuri RIB kugira ngo niba hari icyaha cyakozwe uwabikoze abiryozwe”.
Ibijya gusa n’ibi byaherukaga kwuvugwa mu karere ka Rubavu mu kwezi gushize aho nabwo umugabo yatawe muri yombi n’abaturage bakamushyikiriza polisi bamushinja gusambanya abana mu kibuno.
Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10









